• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri politiki yayo iciriritse, CNDD FDD iyoboye u Burundi yitwaza u Rwanda mu itangazamakuru ko rwafashe bugwate impunzi z’Abarundi , kandi rufungira  amarembo n’abatahuka; abo bangiwe baratabaza abagiraneza

Muri politiki yayo iciriritse, CNDD FDD iyoboye u Burundi yitwaza u Rwanda mu itangazamakuru ko rwafashe bugwate impunzi z’Abarundi , kandi rufungira  amarembo n’abatahuka; abo bangiwe baratabaza abagiraneza

Editorial 21 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuva Perezida Nkurunziza akora yiyamamariza manda ya gatatu atabyemerewe n’amasezerano y’Arusha mu mwaka wa 2015, Abarundi benshi bigabije imihanda bamagana icyo cyemezo, ubwo imbonerakure na polisi ya Nkurunziza yahohoteye abo baturage, abenshi bahungiye mu bihugu bitandukanye mu bihugu bituranye n’U Burundi ndetse nibidahana imbibe n’u Burundi nka Uganda, Kenya , Malawi na Zambiya ndetse abifite babashije guhungira iburayi n’Amerika.

Iyo urebye ku mibare ya HCR yerekana imibare y’Abarundi mu bihugu bitatu bikije u Burundi aribyo u Rwanda, Tanzaniya an Kongo-Kinshasa, ukongeraho na Uganda kuko nayo ifite impunzi nyinshi, usanga umubare munini uri muri Tanzaniya ifite impunzi zingana na 162.859, impunzi ziri mu Rwanda ni 72.007, ziri muri Kongo Kinshasa, 48.586 naho iziri muri Uganda ni 48.274. Izi mpunzi zose hamwe ni 331,726 nkuko dubikesha HCR ku makuru yatanzwe mu mpera z’ukwezi kwa karindwi 2020. Imibare itangwa buri kwezi.

Impunzi z’Abarundi ziri muri Tanzaniya zikubye inshuro ebyiri zirenga impunzi ziri mu Rwanda, kandi no muri iyi minsi baracyahungira muri Tanzaniya; ntibaza mu Rwanda kuko imipaka ifunzwe kandi bahita bicwa bafashwe bahungira mu Rwanda. Iyi mibare, igaragaza politiki igwingiye ya Leta y’u Burundi iyobowe na CNDD FDD kubera impamvu zirenga eshatu:

Impamvu yambere ni uko u Burundi/CNDD FDD ivuga nkishaka kugaragaza ko ikibazo cy’ impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda cyatewe nicyo gihugu cyabakiriye no gushaka kugaragaza ikibazo cy’u Burundi nyirizina ko cyatewe n’u Rwanda.

Impamvu ya kabiri, umubare munini w’impunzi z’Abarundi nkuko twabivuze haruguru uri mu gihugu cya Tanzaniya, igihugu u Burundi bufata nk’umubyeyi ubonsa; nonese Tanzaniya nayo yafashe bugwate impunzi z’Abarundi? Si mu Burundi gusa kuko impunzi z’Abarundi ziri hirya no hino ku isi. Vuba aha, hari abasore bane barihiwe na Maggy Barankitse bashikishijwe udufaranga n’urwego rushinzwe iperereza mu Burundi, maze bajya ku rutonde ubundi bashyiraho abenshi bapfuye (babashyiriraho n’umukono) abanda ni abatahutse mu Burundi kera.

Impamvu ya gatatu ni ikibazo cy’Abarundi bangiwe gusubira muri icyo gihugu baturutse mu Rwanda aho bari baje kwivuza. Umubare wabo uri  hagati y’ 130 na 150. Bangiwe gutaha nyuma y’ifungwa ry’imipaka  y’ibihugu bibiri  muri Werurwe uyu mwaka ku ruhande rw’igihugu cy’u Rwanda mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Covid-19. Aba Burundi kandi bavuga ko bitabaje ambasade yabo i Kigali kugira ngo babafashe gutaha bakava mu mu mahanga. Gusa Leta ya Nkurunziza yabimye  uruhushya rwihariye rwo kwambuka umupaka w’ Burundi. Nuko bamwe basaba ubuhungiro mu Rwanda.

Abenshi muri bo bari bageze mu Rwanda muri Mutarama  na  Gashyantare 2020. Bari baje mu Rwanda kumpamvu zitandukanye zirimo gusura imiryango yabo isanzwe iba mu Rwanda n’impamvu z’ubuvuzi, ndetse  n’ibindi. Hari n’abandi, bari mu butumwa bw’akazi cyangwa baguma mu Rwanda  by’agateganyo bava mu bindi bihugu, mbere yo kugera mu Burundi.

Umwe mu bavuganye n’igitangazamakuru SOS Burundi yagize ati“Muri Kamena, twagiye kuri ambasade dukora urutonde rw’abantu barenga 130. Ambasade yemeye kudusabira ko u Burundi bwadukingurira umupaka. Twiyishyuriye amafaranga y’urugendo. Nyuma yaho, u Rwanda rwaduhaye uruhushya rwihariye rwo kwambuka umupaka, ariko igihugu cyacu cyanga ko twinjira. Ambasade yaduhaye amafaranga 8000 y’u Rwanda kuri buri muntu, ivuga ko tugomba gutegereza kugeza umunsi umupaka wongeye gufungura kugira ngo dushobore gutahuka. ” Muri Kigali, ayo mafaranga ntiyakumaza iminsi nibura ibiri.

Yongeyeho Ati: “Ntabwo tugifite uburyo bwo kwishyura ubukode no kugura ibiryo. Abaje kwivuza baragowe cyane. Ntamafaranga bafite kuri bo kugirango babeho. Abenshi bajyanywe n’imiryango yinshuti. Ariko nayo  Ntikibasha kubitaho “, ndetse barabyinubira.

Bamwe muri aba Burundi bagize ubwoba kandi batangiye gusaba ubuhungiro mu Rwanda. Umwe  Ati: “Nyuma y’amezi arenga atandatu, nzi neza ko namaze gutakaza akazi ko kuba umukozi wa Leta mu Burundi. Nkuko u Burundi bumaze kwerekana ko butatuzi, umutekano wacu ushobora guhungabana rimwe mu gihugu. Uretse ibyo kandi ubu abategetsi bo mu Burundi batubona nk’abagambanyi kuko ducumbikiwe nabo bafata  nk’abanzi b’igihugu cy’u Burundi, niyo mpamvu bamwe muri twe tumaze kwegera abayobozi babishinzwe mu Rwanda kugirango tubashe gusaba ubuhungiro. Ubu dosiye zacu zisaba ubuhungiro ziri kwigwaho”, benshi muri abo bantu. Leta y’u Rwanda  ivuga ko yiteguye guherekeza abo Burundi kugera ku  mupaka w’igihugu cyabo.

Nkuko byatangajwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta yagize ati: “Twiteguye gufasha abo bantu kwambuka umupaka w’igihugu cyabo. Niba bagishaka kuguma hano, bazahora bafashwe neza nkuko bisanzwe. Gusa icyo tutumva nuko igihugu cyabo cyanze kubakira. Kugira ngo u Burundi butazakomeza kudushinja ko twabujije impunzi zabwo gutaha mu gihe iki gihugu cyanze no gukingurira umupaka abo cyahaye uburenganzira bwo kuza kwivuriza mu Rwanda”.

Ingaruka ku miryango i Bujumbura

Imiryango itandukanye ihura n’ingorane nyinshi. Umwe yagize  Ati: “Umugore wanjye amaze amezi umunani mu Rwanda. Yari yagiye kwivuza. Igihe Covid-19 yagaragaye bwa mbere mu Rwanda, yajyanywe mu bitaro nyuma yo kubagwa nyuma yo kubisuzuma byinshi bya MRI (ibyo tudafite mu Burundi). Ari kumwe na mushiki wanjye uhari nk’umuforomo. Ingaruka ntizitabarika, zituma baba mu Rwanda mubishyurira ibiryo no gukodesha inzu nto. Usibye imyenda yatanzwe yo kwivuza, umuryango n’inshuti bari baramfashije cyane. Ariko uyumunsi, nagize ikibazo cyo kwibeshaho. Sinkibasha gukenera ibikenewe mu Burundi kuko ibyo ni nko gutunga imiryango ibiri. ”Rugira wavuganye n’ikinyamakuru SOS Media Burundi.

Yongeyeho ati “Sinshobora kongera kwaka inguzanyo. Abamfashije imbaraga zabo zarashije .  Abana banjye bombi bararira iyo bari bonyine murugo. Bakomeje kumbwira ko bakeneye mama wabo. Ntibashobora no kubona ko natakaje ibiro 10 kubera guhangayika. Sinshobora gusinzira neza. Nanga kujya mucyumba cyacu kuko nkumbuye umugore wanjye cyane. Byabaye ngombwa ko nirukana umukozi wo mu rugo kubera kubura amafaranga yo kumwishyura mugihe abana banjye bari munsi y’imyaka itanu. Banze kwakirwa n’indi miryango kuko bategereje ko umubyeyi wabo agaruka”.

Asoza agira ati: “Mu gihe cy’amezi ane, ntabwo nishyuye ubukode kandi nyir’inzu akangisha ko azanyirukana. Njye mbona ari ubugome kuba leta yanze kwakira abantu bari mu Rwanda mu bihe nk’ibi “. hari undi umusore witwa Bugingo ugiye gushyingirwa muriyi mpeshyi arahungabanye rwose.

Ati: “Nagize amahirwe yo kubona umuntu nashakaga gusangira ubuzima bwanjye. Twakoranye iyi gahunda yubukwe tuyishyira mu mpeshyi 2020. Namanutse kwitegura kandi nawe abikora arangije. Kuva Covid-19 yahatira ibihugu byacu gufunga imipaka, nakomeje imyiteguro ariko ntabasha kubona uwo nahisemo kumutima wanjye. Umubano muremure, biragoye cyane kubana no kuyobora. Umunsi ukomeye wari wegereje ariko ntacyahindutse ”. Kubantu bagombaga gusubika  “byatumye hagira ibyangirika cyane, haba mubintu ndetse no mubitekerezo, ndetse no mubucuti bwacu. Twari tumaze kwishyura igice cya salle kandi amafaranga ntasubizwa. Iri hinduka ryatumye habaho imyitwarire mike kuri ubu. ”

Indi miryango ivuga ko itumva uburyo guverinoma yanga Abarundi bari mu Rwanda gutaha mu gihe abo muri Uganda basubira mu gihugu cyabo bisanzwe. U Burundi bwari bukwiye kureka Politiki igwingiye aho abaturage bicyo gihugu aribo bahura n’ingaruka.

 

2020-08-21
Editorial

IZINDI NKURU

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Editorial 05 Jul 2020
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Editorial 22 Nov 2019
Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Editorial 20 Jul 2019
Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Editorial 23 Jun 2019
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Editorial 05 Jul 2020
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Editorial 22 Nov 2019
Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Kuki Ibaruwa ya Diane Rwigara yitwa ko ivugira abarokotse Jenoside yakiriwe neza n’abayikoze ikamaganwa nabo yita ko avugira?

Editorial 20 Jul 2019
Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Editorial 23 Jun 2019
Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Agahuru k’abajenosideri mu Bufaransa kahiye, naho abatwereye Kabuga baricuza kubera urutonde rwabo rwashyikirijwe Polisi

Editorial 05 Jul 2020
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Editorial 22 Nov 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru