• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Editorial 08 Dec 2016 ITOHOZA

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 6 Ukuboza 2016, mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza,i Musanze ahitwa Nyamuremure, hagaragaye imirambo y’abasore babiri bishwe n’abantu bataramenyekana.

Abishwe ni uwitwaga Musonera Samson na Bizabarimana Jean Claude bari mu kigero cy’imyaka 22 na 25 bakaba bakoraga akazi ko gutwara imizigo mu Mujyi wa Musanze.

Aba basore babanaga mu nzu imwe ahitwa muri tête à gauche mu Mudugudu wa Gatorwa mu Kagari ka Cyabararika, ngo batwawe n’abantu batazwi ku mugoroba ahagana saa tanu, hanyuma mu gitondo basanga bishwe mu gihe bari bazi ko babajyanye kuri Sitasiyo ya Polisi ikorera ku Murenge wa Muhoza.

Abaturage baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru batangaza ko aho aba basore biciwe hamaze kuba indiri y’ibiyobyabwenge.

Kagayano Thomas yagize ati “Aha hantu hamaze kuba indiri y’abasore bakoresha ibiyobyabwenge kuko ntawe uhanyura nimugoroba ngo batamuhohotera.”

Umwe mu basore wari kumwe n’aba ba nyakwigendera wanze gutangaza amazina ye yavuze ko aba bantu baje gutwara aba basore baje bakubita uwo bahasanze wese ku buryo nawe yakubiswe cyane.

Banyangiriki Médiatrice utuye mu Mudugugudu wa Nyamuremure ahiciwe aba bantu nawe yagize ati “Twumvishe induru batabaza mu ma saa sita z’ijoro ariko tugeze hanze ntitwongera kuyumva dusubira mu nzu.”

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu akaba n’Umugenzacyaha mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Innocent Gasasira yavuze ko hari abantu bakomeje gukorwaho ipererereza kugira ngo ukuri ku rupfu rw’aba basore kumenyekane.

Yagize ati “Ubu ntituramenya neza amakuru y’urupfu rw’aba basore gusa hari abakobwa bivugwa ko bari baturanye ndetse n’abo basangiraga mu kabari turi gukoraho iperereza ngo hamenyekane ukuri kuri ubu bwicanyi.”

Mu bari gukorwaho iperereza harimo n’Umukuru w’Umudugudu wa Gatorwa, Gahutu Antoine abaturage bavuga ko aba basore ngo bafatwa na we yahagaragaye ari kumwe n’ababatwaye baje bitwaje amapingu bamwe bakibwira ko ari abapolisi.

Muri aka gace ka Nyamuremure haheruka gutoragurwa imirambo y’abandi bantu babiri mu mezi abiri ashize.

-4947.jpg

IP Innocent Gasasira

2016-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Icyizere cya Museveni cyashegeshwe n’Abanyarwanda, ibyahishuwe na William Pike mu gitabo cye- Museveni arakekwa amababa mu rupfu rwa Fred Rwigema 

Icyizere cya Museveni cyashegeshwe n’Abanyarwanda, ibyahishuwe na William Pike mu gitabo cye- Museveni arakekwa amababa mu rupfu rwa Fred Rwigema 

Editorial 06 Aug 2019
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Editorial 04 Jun 2025
Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside

Denmark yohereje mu Rwanda Twangirayezu Wenceslas ukekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 11 Dec 2018
Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Editorial 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amwe mu mafoto Miss wema Sepetu yifotoreje mu Rwanda yatumye benshi bacika uruhondogoro
SHOWBIZ

Amwe mu mafoto Miss wema Sepetu yifotoreje mu Rwanda yatumye benshi bacika uruhondogoro

Editorial 01 Dec 2017
First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill
Mu Rwanda

First Lady Jeannette Kagame mu ruzinduko rw’akazi i Librevill

Editorial 22 Jun 2016
Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa
Mu Mahanga

Inkunga yatanzwe na Kagame ndetse na Museveni igiye gutangira gukoreshwa

Editorial 14 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru