• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni na Kutesa bongeye kugarukwaho mu rubanza baregwamo ruswa

Museveni na Kutesa bongeye kugarukwaho mu rubanza baregwamo ruswa

Editorial 02 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

M’urubanza nshinjabyaha bya ruswa ruri kubera muri leta zunze ubumwe z’Amerika, ruregwamo abayobozi bakomeye barimo Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga  we Sam Kutesa bahawe buri umwe ruswa igana na 500,000$ na Perezida wa Chad Idriss Deby wahawe miliyoni 2 z’amadolari n’umuherwe wanabaye Ministiri muri Hong Kong Chi Ping Patrick Ho ngo bamworohereze gucukura peteroli; umutangabuhamya wabajijwe yemeje Sam Kutesa, hifashishijwe amafoto, nk’umwe mu bahawe ruswa.

Mu buhamya bwe, Vuk Jeremic,wahoze ari Ministiri w’intebe akaba yaranayoboye inama nkuru y’umuryango w’abibumbye yemeje Sam Kutesa nk’umwe mu bahawe ruswa.  Vuk yayoboye inama nkuru y’umuryango w’abibumbye muri 2012, asimburwa na nyakwigendera John Ashe nawe waje gusimburwa na Sam Kutesa.

Leta zunze ubumwe z’Amerika zishinja Kutesa kuba yarakiriye ruswa bicishijwe mu muryango ufasha imbabare; binongera icyaha cy’iyezandonke (money laundering/blanchiment d’arget) ku muherwe Ho ndetse n’abafatanyacyahe be.

Museveni we avugwa mu rubanza kuba yarakiriye ruswa biciye mu mpano yahawe na Ho ubwo yamutumiraga muri Uganda akaza kwitabira imihango y’irahira ry’umukuru w’igihugu cya Uganda muri 2016.

Soma inkuru bijyanye: Uganda: Ministiri W’ububanyi N’amahanga Sam Kutesa Arasabwa Kwegura Kubera Ruswa – https://rushyashya.net/2017/11/23/uganda-ministiri-wububanyi-namahanga-sam-kutesa-arasabwa-kwegura-kubera-ruswa/

Ho yatanzwe iyo ruswa ngo abone amasoko yo kubaka parike y’ubukerarugendo hafi n’ikiyaga cya Victoria k’ubutaka yari buhabwe na Museveni ndetse akanahabwa ikigo cy’imari Crane Bank. Company ya Ho yitwa CEFC yanagombaga gufungura indi company afatanije n’imiryango ya Museveni hamwe na Kutesa nkuko byagaragajwe n’ubushinjacyaha bw’Amerika.

Mu buhamya bwa Vuk Jeremic, yavuze ko nyuma yaho mandat ye irangira, yasinye amasezerano na CEFC akishyurwa 333,333$ buri mwaka n’iyi company kugirango ajye ayihuza n’abantu bakomeye barimo Perezida wa Chad Idriss Deby na Sam Kutesa. Mu rubanza Jeremic yeretswe amafoto ya Sam Kutesa na Arthur Kafeero wafashaga Kutesa maze yemeza ko aribo koko.

Vuk Jeremic atanga ubuhamya mu rubanza

Vuk Jeremic mu buhamya bwe yakomeje atangaza ko Perezida Deby na Kutesa batangiye kuza muri emails ze na Ho muri Nzeli 2014; icyo gihe nabwo Kutesa yari mu bibazo bya ruswa ikabije yavugagwaho ndetse n’inkubiri yo gushaka ko atayobora inama nkuru y’umuryango w’abibumbye, bicishijwe muri petition yasinywe n’abantu bagera ku 15,695

Vuk Jeremic yatangaje ko ubwe atarazi neza Perezida Deby ariko yaciye kuri Cheikh Tidiane Gaido, wahoze ari Ministiri w’intebe wa Senegal wari  uziranye n’abayobozi bakomeye muri Afurika.

M’Ukuboza 2017, Gaido yafatanywe na Ho barafungwa azira kwakira ruswa ya 400,000$ kugirango ageze Ho kuri Perezida wa Chad. Amerika ikaba yarasubitse ishinja rya Gaido ariko akaba azajya atanga ubuhamya mu rubanza ruregwamo Ho.

2018-12-02
Editorial

IZINDI NKURU

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2019
Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Editorial 20 Mar 2019
Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Editorial 26 Feb 2019
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Editorial 17 Dec 2018
Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2019
Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Editorial 20 Mar 2019
Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Uganda: Ubwoba ni bwose mu nzego z’umutekano kubera amakuru k’uruhare rwa Uganda ari gutangwa na Bazeye hamwe na Abega

Editorial 26 Feb 2019
Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Editorial 17 Dec 2018
Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Urukundo rwa Sarah Kagingo na Salim Saleh rwamuhesheje itike yo gukurira ubukangurambaga mu itangazamakuru rirwanya u Rwanda

Editorial 25 Nov 2019
Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Major Protais Mpiranya umujenosideri wanashyiriweho igihembo cya miliyoni 5 z’amadolari n’America, yahawe  pasiporo ya Uganda

Editorial 20 Mar 2019
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. Kaks
    December 3, 20188:23 am -

    “Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni, Ministiri w’intebe we Sam Kutesa” Oya se kandi Minisitiri w’Intebe wa Uganda ni Ruhakana Rugunda. Ibi bituma n’inkuru umuntu ayibazaho niba ari ukuri

    Subiza
  2. Kirabo Agnes
    December 3, 201810:42 am -

    Ndabona byakosowe ariko. Kandi kwibeshya bibaho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwemarika Félicité yajuririye icyemezo cya Komisiyo y’Amatora ya Ferwafa
IMIKINO

Rwemarika Félicité yajuririye icyemezo cya Komisiyo y’Amatora ya Ferwafa

Editorial 06 Jan 2018
Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro
POLITIKI

Sudani y’Epfo yanze kwitabira ibiganiro byo kugarura amahoro

Editorial 07 Feb 2018
Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13
Amakuru

Mu mukino witabiriwe n’Abayobozi bakuru b’Ingabo, APR FC yatsinze Vision 2-0 ifata umwanya wa 13

Editorial 08 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru