• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Editorial 29 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Jenerali Ulimwengu, Impuguke mu mategeko ukomoka muri Tanzania yagereranyije Yoweri Museveni uyobora Uganda, n’umusore wayoboye abandi mu rugamba rwo kubohora iki gihugu mu myaka isaga 30 ishize avuga ko bombi bahuye bakozanyaho.

Ulimwengu usanzwe ari umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’ikinyamakuru Raia Mwema, yashingiye ku myitwarire ya Museveni w’iki gihe, n’ibitekerezo yari afite ubwo yatangizaga impinduramatwara yamusize ku butegetsi.

Ibitekerezo bye kuri iyi ngingo yabinyujije mu nyandiko igaragara mu kinyamakuru, The East African.

Ulimwengu yahamije ko benshi mu bamenye Museveni nk’umunyeshuri wari urangaje imbere impinduramatwara ubwo yigaga muri Kaminuza ya Dar es Salaam, iyo bitegereje uwo yaje kuba we batangira kwibaza icyacura aba bombi baramutse bahuye.

Umwe mu bamumenye mu myaka ya 1960 na 70 we ngo ntiyatinye kuvuga ko bahuye ‘Bakozanyaho’.

Uyu mugabo avuga ko mu gihe akomeje kujanjagura imitwe y’abagerageza kugaragaza ko batamushyigikiye ariko, niko ahindukiza amaso akabona inyandiko ku nkuta zimubwira ziti “genda! Ntabwo ugikenewe, kandi n’utabikora ku bushake tuzashakisha uburyo bwose tukwikurira mu nzira”.
Ulimwengu avuga ko bitangaje kuba aho gushakisha umuti urambye, Museveni yahisemo gufunga Bobi Wine mu minsi yashize agakorerwa iyicarubozo ashinjwa ‘ubugambanyi’. Yarekuwe atanze ingwate.

Ni mu gihe nyamara icyaha nk’iki Museveni ubwe yagishinjwe mu 1980, ubwo yafataga umwanzuro wo kwegura intwaro akarwanya guverinoma yari iyobowe na Milton Obote.

Ni igikorwa cyashyigikiwe cyane kuko uretse kuba cyari gifite ishingiro, buri wese yemezaga ko ari ngombwa.

Ulimwengu ati “Sinzi byinshi ku byo Bobi Wine yavuze cyangwa yaririmbye, gusa nkeka ko ibyaha by’ubugambanyi ashinjwa ari ibinyoma, ariko impinduramatwara yatangije ifite ishingiro.”

Nk’uko yakomeje abivuga muri kirya gihe, ngo Museveni ntiyigeze anategereza ko haba amatora ngo byemezwe ko habaye uburiganya ahubwo yavuze ko naramuka adatsinze hazaba intambara.

Museveni ufite ipeti rya Lt.Gen. yafashe ubutegetsi mu mwaka wa 1986 aho yari amaze imyaka itanu mu ishyamba, abugeraho ahiritse Milton Obote.

Ibi kandi ni nako byaje kugenda, maze mu 1986 ajya ku butegetsi, nyuma y’imyaka itandatu y’intambara itoroshye yasize imennye amaraso y’abaturage batari bake.

Ibyishimo n’icyizere yari yarahaye abaturage ariko ngo ntibyarambye kuko yaje gutangira guhinduka no kwigwizaho ubutegetsi binyuze muri ruswa, kubaka akazu n’igisirikare gikoresha imbaraga z’umurengera.
Yacishagamo agategura amatora abeshya ko anyura mu mucyo.

Ulimwengu avuga ko nyuma y’uko Kizza Besigye bahanganye igihe kirekire abaye nk’unaniwe, kuri ubu Museveni ari guhangana n’umugabo ukiri muto unyeganyeza imisozi.

Ngo ni ibintu bitagoye kubera ibibazo biri muri Uganda birimo ubukungu butifashe neza n’ubushomeri mu rubyiruko bugenda bufata indi ntera.

Ati “Mu bigaragara ariko Yoweri nta gitekerezo na kimwe afite ku birebana n’icyo yabikoraho uretse kuvuga ko azaguma ku butegetsi uko byagenda kose.”

Ulimwengu asanga Museveni yagakwiye gufatira urugero kuri Repubulika ya Congo, izwi nka Congo-Brazzaville iherutse gushyira umukono ku masezerano yo guhagarika imvururu z’urudaca zari zarayogoje igihugu, ndetse umutwe wa Ninjas ukemera gushyira intwaro hasi.

Mu Cyumweru gishize umuyobozi w’umutwe wa Ninjas, Frederick Bintsamou, yavuze amagambo y’ubuhanga, Ulimwengu avuga ko yagakwiye kubera Museveni impumeko.

Uyu mugabo uzwi nka Pastor Ntumi, yagize ati “ Umuntu ashobora gushyira intwaro hasi, ariko impamvu zituma twese dufata intwaro zigomba gukemurwa.”

Ulimwengu yemeza ko Museveni aramutse ahaye agaciro “Impamvu ituma twese dufata intwaro”, haboneka umuti usumba gukozanyaho na Bobi Wine.

2018-08-29
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Editorial 24 Jun 2019
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Editorial 01 Aug 2019
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Editorial 24 Jun 2019
Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Editorial 01 Aug 2019
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

U Rwanda ruzongera kwitabira ibiganiro bya Luanda, ari uko Kongo iretse amacenga n’ubushotoranyi

Editorial 16 Dec 2024
Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Editorial 24 Jun 2019
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Btwenge
    August 29, 201811:51 pm -

    MATTHEW. 7: 3 Yesu christ ati;
    Kuki mushimishwa no kureba
    agatotsi kari mujisho rya bagenzi banyu
    Mukirengagiza inkingi nini yitambitse
    Mumaso yanyu?????

    We must buy the Mirror!!! Indorerwamo!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru