• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Editorial 07 Jun 2018 IMIKINO

Golden State Warriors yongeye gushimangira ko uyu mwaka ari ikipe iri hejuru kandi ikomeye ijya gutsindira Cleveland Cavaliers iwayo mu mukino wa gatatu wikurikiranya ikaba ibura intsinzi imwe igahita yisubiza igikombe yari yatwaye umwaka ushize.

Bidashidikanywaho, Cleveland Cavaliers niyo ifite umukinnyi wa mbere muri shampiyona ya Basketball muri Amerika, LeBron James uhabwa n’amahirwe yo kuzatorwa nka MVP gusa kubera kubura abamufasha bari ku rwego rwiza bituma Golden State Warriors yo ikina nk’ikipe, yitwara neza.

Mu mukino wa gatatu mu ya nyuma wahuje aya makipe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 7 Kamena 2018, Cavaliers yatsinzwe imikino ibiri ibanza iri hanze y’ikibuga cyayo, yashakaga gutsinda imbere y’abafana bayo gusa ntibyayihiriye kuko warangiye iri inyuma ku manota 102 ku 110.

Ibifashijwemo na LeBron James, umukinnyi uba witezweho akazi kose, yaba gutsinda, kugarira no gushakira bagenzi be imipira ivamo amanota, Cavaliers yatsinze agace ka mbere ku manota 29 kuri 28, itsinda n’aka kabiri ku manota 29 kuri 24.

Mu gihe amakipe yombi yari avuye kuruhuka, Warriors nibwo yerekanye ingufu zayo Kevin Durant na bagenzi be batsinda agace ka gatatu ku manota 31 kuri 23 ndetse n’aka kane bagatsinda ku manota 27 kuri 21 umukino wose urangira ari 110 kuri 102.

Muri uyu mukino Kevin Durant niwe watsinze amanota menshi kuko yinjije 43 wenyine mu gihe LeBron James yatsinze amanota 33.

Gutsindwa umukino wa gatatu ukurikirana byashyize Cavaliers mu ihurizo rikomeye kuko isabwa byanze bikunze gutsinda umukino utaha uzaba mu rukerera rwo ku itariki 9 Kamena, bitaba ibyo Warriors ikazahita yegukana igikombe, kizaba icya kabiri gikurikirana itwaye Cavaliers kuko n’umwaka ushize yayitsinze ku mikino 4-1.

Cavaliers itabashije gutsinda umukino n’umwe yaba isubiye kwandikirwaho amateka mabi yaherukaga kuyibaho mu myaka 11 ishize ubwo yatwarwaga igikombe na San Antonio Spurs iyitsinze imikino 4-0 kuva icyo gihe bikaba bitarongera kubaho muri NBA.

Kevin Durant na LeBron James nibo batsinze amanota menshi ku ruhande rwa buri kipe

Ibyishimo byari byose ku basore bane b’inkingi za mwamba muri Warriors: Yaba Stephen Curry, Kevin Durant, Draymond Green na Klay Thompson barashaka iki gikombe

2018-06-07
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

Editorial 07 Nov 2024
Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Editorial 18 Mar 2023
APR FC yashyikirijwe igikombe cya 2019-2020 yatwaye idatsinzwe, ikomereza muya 2020-2021 itsinda Gorilla FC, Rayon Sports yo yatsinze Gasogi United.

APR FC yashyikirijwe igikombe cya 2019-2020 yatwaye idatsinzwe, ikomereza muya 2020-2021 itsinda Gorilla FC, Rayon Sports yo yatsinze Gasogi United.

Editorial 03 May 2021
APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

Editorial 04 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )
POLITIKI

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Editorial 10 Jul 2016
Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze
Mu Rwanda

Minisitiri Busingye yabwiye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda ko ibikorwa byayo bikwiriye kujyana n’aho Ikoranabuhanga rigeze

Editorial 27 Mar 2017
Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina
MULTIMEDIA

Muyoboke yamaganiye kure ibivugwa ko agiye gutandukana na Charly na Nina

Editorial 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru