• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2016 POLITIKI

Kuri uyu wambere tariki ya 19 Nzeli 2016, Abayobozi b’ibihugu 193 kuva ku bami, Abaperezida na ba Minisitiri b’Intebe bakoraniye mu kibaya cya ‘Turtle Bay’ i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye (UN), mu Nteko Rusange irebera mu nguni zose z’ibibazo byugarije Isi birimo amakimbirane, ubukene bukabije n’inzara, iterabwoba, ubuhunzi n’ihindagurika ry’ibihe.

Kuri uyu wambere inama yatangiriye ku kwiga ku rujya n’uruza rw’abimukira, bikaba ari ubwa mbere Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye igiye gukoranya Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma iganira kuri iyi ngingo.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu cyumweru gishize yemeje ko azitabira ibikorwa by’iyi Nteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye, kuri Twitter ye yagize ati “Muri New York muri UNGA. Kizaba icyumweru cy’akazi kenshi!”

-4090.jpg

Perezida Pauk Kagame mu nteko rusange ya Loni

Mu gikorwa gihurirana n’iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, biteganyijwe ko Perezida Kagame nk’umwe mu bakuru b’ibihugu 10 barangaje imbere gahunda yo gukangurira abagabo kuzirikana ihame ry’uburinganire, HeforShe, azagaragaza raporo y’aho iki gikorwa kigeze.

Iby’igenzi mu Nteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Iyi Nteko Rusange ibaye mu gihe Koreya ya Ruguru ikomeje isuzuma ry’ibitwaro bya kirimbuzi, ndetse muri uku kwezi cyanageze ku nkombe z’inyanja ku ruhande rw’u Buyapani.

Intambara ikomeje gufata indi ntera muri Syria nayo imaze guhitana ubuzima bw’abasaga 300 000, binagira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, miliyoni z’impunzi ziva mu byabo zerekeza muri Jordaniya, Turikiya, Libani n’u Burayi.

Hari kandi ibibazo by’iterabwoba ku Isi, aho Imitwe y’Iterabwoba nka Islamic State, al-Qaida na Boko Haram, ikomeje kugarika ingogo ku migabane itandukanye, hakaza n’ibihugu bikomeje guhura n’ihindagurika ry’ikirere n’byugarijwe n’ibibazo by’umutekano na politiki, nka Yemen, u Burundi, Libya, Nigeria, Somalia na Sudani y’Epfo.

Ku kibazo cy’abimukira, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko “Abayobozi b’Isi yose biteganyijwe ko bazatora umwanzuro wa politiki muri iyi nama, aho Loni izabona inyongera mu muryango wayo, urwego rushinzwe gukurikirana abimukira. Abayobozi b’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abimukira (IOM) bazasinya amasezerano azagira IOM ikigo cyita kuri icyo kibazo muri UN.’’

Ejo kuwa Kabiri tariki 20 Nzeri kugeza kuwa Mbere w’Icyumweru gikurikira, tariki 26 Nzeri, aba bayobozi bazitabira ibiganiro ngarukamwaka ku nsanganyamatsiko y’intego zigamije iterambere rirambye (SDGs): imbaraga z’Isi yose mu guhindura Isi yacu’’, harebwa aho ingingo 17 za SDGs zemejwe mu nama ya 70 iheruka zigeze zishyirwa mu bikorwa.

Hazarebwa no kuri gahunda y’icyerekezo 2030, igizwe n’imyaka 15 ibihugu byihaye ngo Isi ibe itakirangwamo ubukene bukabije.

Kuwa Gatatu tariki 21 Nzeri, Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye izaganira ku kibazo cy’udukoko dutera indwara dukomeje kwihagarararo ku miti, bikongera ingorane ku buzima bw’abatuye Isi kandi bikanabangamira ibindi bikorwa birimo iterambere rya muntu.

-4089.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon

Kuri uwo munsi kandi Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, azagaragaza byinshi ku masezerano ya Paris ku ihindagurika ry’ibihe, ibihugu nibura 28 byiharira 16% by’ibyuka byoherezwa mu kirere bikazashyira umukono kuri ayo masezerano yemejwe mu Ukuboza umwaka ushize.

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma bazakira indahiro ya Perezida w’Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye, Umunya-Fuji, Peter Thomson, watowe muri Kamena asimbuye Mogens Lykketoft ukomoka muri Denmark, wayoboye Inteko Rusange ya 70.

-4088.jpg

Perezida w’Amerika Barack Obama

Iyi nama izaba ari iya nyuma kuri Perezida Barack Obama uri gusoza manda ya kabiri nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kuri Ban ki Moon uzasoza imyaka 10 nk’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kuwa 31 Ukuboza.

2016-09-20
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Editorial 23 Jan 2020
Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Amateka yabereye i Kigali: Ibihugu 44 byemeje ishyirwaho ry’isoko rusange rya Afurika

Editorial 24 Mar 2018
Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Editorial 19 Nov 2017
Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Bagaragaza yuko Museveni azatsinda kuri 51 %- Ubushakashatsi

Editorial 21 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore Urutonde rw’ Abagore Muri Afurika Bafite Amafaranga Menshi Kurusha Abandi
HIRYA NO HINO

Dore Urutonde rw’ Abagore Muri Afurika Bafite Amafaranga Menshi Kurusha Abandi

Editorial 15 Jan 2018
Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024
Amakuru

Etoile de l’Est n’Amagaju FC zazamutse mu kiciro cya mbere cy’umwaka w’imikino wa 2023-2024

Editorial 20 May 2023
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba
Mu Mahanga

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru