• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Ngoma: Umusore w’imyaka 21 yishwe arashwe nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye

Editorial 24 Nov 2016 Mu Mahanga

Polisi y’igihugu mu Karere ka Ngoma, yishe Nzabonimana Jean de Dieu w’imyaka 21 nyuma yo gufatanwa mudasobwa 7 yari yibye mu modoka ya minisiteri y’uburezi.

Uyu Nzabonimana Jean de Dieu warashwe nyuma yo gufatanwa izi mudasobwa, ngo agifatwa yatangiye gutera ibyuma abapolisi bari baje kumufata, nk’uko polisi muri aka gace yabitangarije.

Umuvugizi wa Polisi muri iyi Ntara, avuga ko Nzabonimana Jean de Dieu yishwe kuri uyu wa Kane mu Mujyi wa Ngoma.

IP Kayigize yagize ati “Yabaga mu mitwe y’abajura ariko babandi ba ruharwa ndetse we yari umwe mu bayobozi, yabaga mu bantu batobora amazu mu Mujyi wa Kibungo, gupakurura amadomoka agenda, amafumbire, kuvoma za mazutu z’imodoka ziparitse , mbese yari afite amateka maremare.”

Yakomeje agira ati “Ejo hari imodoka rero ya MINEDUC yari ipakiye mudasobwa ziregera kuri 260 igenda izitanga ku bigo by’amashuri, bari bamaze gutanga 100 bari mu nzira bajya mu mujyi wa Kibungo, ntibamenye uko byagenze mudasobwa 7 barazibura, aba bajura bo bafite ukuntu burira imodoka igenda, kuva ako kanya amakuru yaje gutangwa yuko uyu Nzabonimana Jean de Dieu ashobora kuba ari we uzifite, baje kuzisanga iwe kandi koko.”

IP Kayigi avuga ko uyu musore ngo yajyaga ahora yigamba ko azazihatana abayobozi ngo bamuvuga mbere y’uko afatwa.

Yakomeje agira ati “Yahise yigira intakorera afata icyuma ariko aragihisha, mu gihe bari bamujyanye ngo ajye kwerekana aho abandi bari, kuko asanzwe afite n’andi madosiye muri za parike we yahise yumva ko bikomeye, icyo yakoze yatangiye kurwanya inzego z’umutekano atangira guterana icyuma no kwiruka, baramurasa arapfa.”

Polisi ivuga ko aba bajura ngo bakunze gukoresha uburyo bwo kurira imodoka igenda cyane cyane igeze ahazamuka, ku buryo ngo iyo babonye hari umuntu ubaturutse inyuma nk’indi modoka bayitera amabuye kugira ngo badakomwa mu nkokora.

Yabajije impamvu bamurashe mu cyico aho kurasa ahandi , polisi y’u Rwanda ivuga ko umuntu nk’uwo ufite icyuma kandi urimo kurwanya inzego z’umutekano, ku mbunda nta kindi yakora.

IP Kayigi ati “Umuntu nk’uwo ukomerekeje abapolisi, asanzwe ari umujura ukomeye, noneho arirutse muramubuze, harya umuntu ukomerekeje abapolisi wavuga gusa ngo yarirutse arabura, iyo umuntu akoresheje ibyuma, intwaro na we ufite uyirwanisha nk’intwaro, ntabwo wavuga ngo reka nshake icyuma mutere nk’uko nanjye yakinteye, niba urwanyije umuntu ufite imbunda wigize nk’umuntu wasaze kandi utari umusazi, ntabwo nategereza ko unyica, iyo ntwaro ishinzwe kurinda abantu ariko mbere na mbere nanjye ngomba kubanza nkirinda.”

-4790.jpg

Polisi y’igihugu yongeye kuvuga ko nta muntu uri hejuru y’amategeko, ku buryo yakumva ko yateza umutekano muke abantu bakarara bicaye.

Ivuga ko u Rwanda rugomba gufatwa nk’igihugu gifite umutekano, ku buryo nta muntu wakumva ko adatuje kubera abajura cyangwa abandi bashaka kuwuhungabanya. Gusa abaturage basabwa gutanga amakuru ku bantu nk’aba.

2016-11-24
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Editorial 23 Oct 2018
Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza

Amafoto – Mugisha Gilbert na Bizimana Djihad bafashije Amavubi gutsinda Madagascar 2-0, u Rwanda ruhembwa nk’ikipe yitwaye neza

Editorial 25 Mar 2024
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Editorial 10 Nov 2016
Polisi y’u Rwanda yasubije umunyarwanda imodoka ye yari yaribwe ikajyanwa Uganda

Polisi y’u Rwanda yasubije umunyarwanda imodoka ye yari yaribwe ikajyanwa Uganda

Editorial 14 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa
Amakuru

Imitwe igize Wazalendo yakozanyijeho mu marembo ya Goma bapfa amafaranga bane barahagwa

Editorial 25 Oct 2023
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!
Amakuru

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Editorial 21 Jan 2021
RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema
INKURU NYAMUKURU

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema

Editorial 26 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru