• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Ni amahirwe kugira Perezida Udasanzwe

Editorial 28 Oct 2016 POLITIKI

Umugani w’Ikinyarwanda ugira uti “Agafuni kabagara ubucuti ni akarenge”, undi nawo ukagira uti “Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze”, ndetse undi ukagira uti “Kora ndebe iruta vuga numve”.

Mu gihe cy’umwaka umwe gusa Perezida KAGAME amaze gukora ingendo nyinshi zo kunoza umubano mpuzamahanga mu bihugu nka Benin, Mozambique, Congo Brazaville n’ahandi henshi abantu batakekaga mu rwego rusanzwe cyane cyane ko ari mu bihugu bivuga ururimi rw’igifaransa ariko umuntu akishimira ibigaragara muri izo ngendo “Après tout les faits sont tetus”. Nonese niyo urebye aho avuye gusura bucya Rwandair yahagejeje amajanja itwara abagenzi dore ko yitwa Ishema ry’Afurika.

Iyo urebye indege ikoresha uko bakwakira n’ukuntu yubahiriza igihe n’abagenzi itwara usanga ari ibintu bidasanzwe ni agashya ku mugani w’abanyarwanda.

Muri izi ngendo za Perezida KAGAME tubona ibisubizo byinshi ndetse n’ishema ry’abanyarwanda kuko icyitwa ubwigunge mu Rwanda cyangwa “Pays enclave “ cyagiye nka nyomberi kuko nubwo usanga abanyarwanda bagenda muri izi ndege bagikenewe mu kongera umubare abagenda twishimira nuko “Ikinyarwanda” kivugwa mu ndege haba mu gusobanurira abagenzi iby’ingendo zabo, uko bifata, aho bageze nibyo bifuza kumenya! Yewe habamo n’uturirimbo nyarwanda mu ndege dutuma abagenzi barukumbura iyo bageze iyo bajya.

-4519.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Mvuye ku bijyanye n’ibyo Perezida ageza ku Rwanda n’Inshuti z’u Rwanda muri izo ngendo kuko byinshi bigaragarira mu cyizere nk’Inama y’Abaperezida ba Afrika yabereye mu Rwanda, n’abandi bashyitsi benshi baza mu Rwanda nibyo abahanga n’abasesenguzi bavuga haba mu mubano w’ibihugu n’iterambere hari n’ibijyanye n’indimi kuko ari nabyo jyewe menyereye nahuguriwemo kandi ari nazo zituma abantu basabana, bagahahirana, bagatera imbere no guteza imbere ibyo bakora no kwigisha ibyo bemera.

Nyuma y’ukwezi kumwe gusa Inteko Nshingamategeko y’Umuryango w’Afrika y’iburasirazuba (EALA) yemeje ko ururimi rw’igiswahili rwemezwa nk’ururimi rw’akarere n’uwo muryango. Inama y’Abaminisitiri y’u Rwanda ntabwo yajuyaje mu kubishyira mu bikorwa, yahise mu gihe gito iterana yemeza ko urwo rurimi rw’igiswahili rubaye urwa kane mu Rwanda nka “Official Language”. Inama rero y’Abaminisitiri nanjye ngire nti “Bravo, Bravo, Bravo”!

Ibi ni byiza kuko mu rwego rw’ubuhahirane hagati y’ibihugu by’abaturanyi, Burundi, Uganda, Tanzania, Kenya, Sudan y’epfo, ndetse naza Congo zombi nagiye yo nsanga ari iby’igiciro kinini mu gukoresha urwo rurimi, rugomba kuduhuza nk’umuryango n’abanyafurika muri rusange.

Ibi kandi bitera ishema kuko uwitwa “Samora Machel” wa Mozambique yigeze gufata ijambo mu nama y’umuryango w’ubumwe bw’Afrika, Addis Ababa, yivugira ijambo mu giswahili abatacyumva barabasemurira arinda arangiza ijambo rye. Ibyo ni urugero rwiza mu kwiha agaciro no guteza imbere iby’iwacu, cyane cyane ko igiswahili ari n’ururimi rwiza kandi rworoshye kwiga, kuvuga, kumva, gusoma no kwandika.

Ndangize nkangurira nk’umunyarwanda ukunda kandi uzi neza akamaro k’igiswahili ngire nti “Hongera Sana Mheshimiwa Rais Paul Kagame, Hongereni mawaziri wetu kwa kuhalalisha Kiswahili Rwanda na sisi wanyarwanda TUJIFUNZE NA KUENDELEZA KISWAHILI”.
Shukran,

-4518.jpg

Profesa Pacifique MALONGA
Mkereketwa wa kiswahili

2016-10-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Ushinzwe ububanyi n’amahanga wa Amerika arasura ibihugu bya Afurika

Editorial 06 Mar 2018
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Editorial 12 Mar 2020
Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Perezida Kagame na Madamu bagiriye uruzinduko muri Tanzania

Editorial 01 Jul 2016
Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Uganda: Batangiye inzira yo gukuraho imyaka y’amavuko ntarengwa ku mukuru w’igihugu

Editorial 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”
Amakuru

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Editorial 23 Jun 2024
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.
Amakuru

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Editorial 14 Apr 2021
Igisilikare cy’ u Burundi  kimaze guhakana ko  ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda
ITOHOZA

Igisilikare cy’ u Burundi kimaze guhakana ko ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda

Editorial 13 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru