• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Editorial 04 Mar 2017 HIRYA NO HINO

Mu rwego rwo kugishiriza inama abantu batandukanye kuri ubu dufite umugore wangiye umusore ubushobozi ashaka undi amukundiye ubutunzi none yatangiye kwicuza, arashaka ko twamugira inama.

Yateruye agira ati “Ndi umugore w’imyaka 26 mfite ikibazo kinkomereye cyane nifuza ko mwangiraho inama.”

“Nkirangiza amashuri yisumbuye nakundanaga n’umuhungu wakoraga akazi ku buganga, twarakundanaga pe, ariko nkumva gahunda afite iyo kubana izaza nka nyuma y’imyaka itanu.

Ubuzima nakuriyemo ntago twari twifashije iwacu bigatuma mpora numva ntashobora gushaka umusore udafite ubushoboozi bufatika. Ubwo tumaranye imyaka itatu mbona ubuzima bwe budahinduka kandi n’ibyo kubana nawe abishyira mu nzagihe cyane, naje kubona undi musore ufite inzu, ufite imodoka, ufite ubushobozi ku buryo byagaragaraga, ansaba ko twakundana, bityo kubera uburyo nifuzaga umugabo umeze nk’uwo, nawe naramwemereye ntitaye ko mpemukiye wa muganga twakundanaga bya nyabyo.

Ubwo uwo musore yaje mu rugo papa aramukunda cyane abo mu muryango bose bansaba kuba ariwe nakunda kuko yari akize. Nawe ntitwamaranye n’umwaka ahita ansaba dukora ubukwe turabana, gusa ibyo nari niteze byo kuba ngiye kubaho neza siko byagenze!

Mu rugo ntacyo tubuze dufite ubushobozi ariko nta mutuzo, nta mahoro njyewe mfite rwose mbaho nabi kuva kuwa mbere kugeza ku wundi wa mbere! Umugabo aransuzugura cyane, amfata nk’umukozi wo murugo rwe, nyuma y’ukwezi gusa tubana yahise ahinduka nk’ikirere, gukora ku mafaranga ye binsaba inzira ndende cyane, mbese ndahangayitse bikomeye ku buryo nsigaye nicuza icyatumye nirukira uyu mugabo.”

Yakomeje agira ati “Hagati aho mbere yo gushakana nawe wa muganga twakundanaga yarababaye cyane, ambwira amagambo ko ngomba kubigendamo gacye kuko nshobora gushaka uwo mugabo ubuzima ntibugende neza nkuko nari mbyiteze.

Uko yabimbwiye niko byagenze pe, hanze abantu baba babona nishimye ariko imbere muri njye ibibazo ari byose, nabiganirije wa muganga arambwira ngo nzashake uko namwiyenzaho nake gatanya dore ko ntaranasama ngo mbe wenda mfite umwana w’uyu mugabo tubana.

-6015.jpg

Ansaba ngo nzake gatanya ngo nze aracyankunda twibanire, kandi nanjye numva aho bigeze umutima munini umpatiriza kuba nava muri uru rugo none nabuze inzira byacamo, niba naba mfashe icyemezo cya nyacyo bikanyobera”

Uyu mugore akeneye inama zanyu!

2017-03-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Abatwandikiye : ” Je suis UMUHIRIMBIRI “!!!!!!!!

Editorial 30 Nov 2017
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Editorial 29 Nov 2019
RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Editorial 26 Jul 2018
Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Editorial 16 Apr 2019

2 Ibitekerezo

  1. KAYISIRE Belyse
    January 29, 20193:08 pm -

    Njye uko ndikumva uwo mugore biramukomereye pe.gusa icyo namubwira kandi nanamusaba mbere na mbere nabanze yumve icyo umutima namawe umusaba gukora maze yumve nizo tumugira,naho ubundi uyu mugabo niba yatagiye kwitwara uko ntagihe bamaranye nareke kuba umwana areke batandukane ariko yitonde ntasame kuko aramutse abyaye umwana yazahura nibibazo atazi uko byatagiye,ikindi kandi baramutse batandukanye azitonde yokuyita yirukanyira gushaka undi azabanze atuze maze azabe ashaka niba uwo muganga akimukunda azakomeza amutegereze,azamubwireko atarabyakira kandi azashishoze,murakoze cyane.

    Subiza
    • KAYISIRE Belyse
      January 29, 20193:40 pm -

      Njye uko ndikumva uwo mugore biramukomereye pe.gusa icyo namubwira kandi nanamusaba mbere na mbere nabanze yumve icyo umutima namawe umusaba gukora maze yumve nizo tumugira,naho ubundi uyu mugabo niba yatagiye kwitwara uko ntagihe bamaranye nareke kuba umwana areke batandukane ariko yitonde ntasame kuko aramutse abyaye umwana yazahura nibibazo atazi uko byatagiye,ikindi kandi baramutse batandukanye azitonde yokuyita yirukanyira gushaka undi azabanze atuze maze azabe ashaka niba uwo muganga akimukunda azakomeza amutegereze,azamubwireko atarabyakira kandi azashishoze,murakoze cyane.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe
POLITIKI

Burundi: Nkurunziza yakamye ikimasa, Abadiventisiti bari batawe muri yombi barekuwe

Editorial 18 May 2019
‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro
Mu Rwanda

‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

Editorial 25 Jul 2017
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye
Amakuru

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Editorial 20 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru