• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ibyo kwerekeza mu gihugu cya Polonge kuri uyu mukinnyi ukina asatira izamu muri APR FC, Nsanzimfura Keddy waguzwe umwaka ushize avuye mu ikipe ya Kiyovu Sport ngo arifuzwa cyane n’ikipe yitwa Jagiellonia Białystok yo mu cyiciro cya mbere muri Pologne bivugwa ko ishobora kumutangaho agera kuri miliyoni 200 Frw.

Ibyo kwerekeza mu gihugu cya Polonge kuri uyu mukinnyi ukina asatira izamu muri APR FC, Nsanzimfura Keddy waguzwe umwaka ushize avuye mu ikipe ya Kiyovu Sport ngo arifuzwa cyane n’ikipe yitwa Jagiellonia Białystok yo mu cyiciro cya mbere muri Pologne bivugwa ko ishobora kumutangaho agera kuri miliyoni 200 Frw

Amakuru yerekeza Keddy muri Pologne aje nyuma yaho uyu mukinnyi yitwaye neza mu mukino ikipe ye ya APR FC yakinnye byumwihariko akaba yarabashije gutsinda igitego kimwe ubwo hari mu mukino bakinnye na Gor Mahia mu ijonjora ribanza rya CAF Champions League mu mukino wabereye mu gihugu cya Kenya.

Nkuko ikinyamakuru IGIHE cyabyanditse ngo ku makuru bamenye ni uko iyi kipe yatangiye kuvugana na APR FC ndetse nta gihindutse yiteguye kwishyura ibihumbi 200€ (miliyoni 200 Frw) kuri Nsanzimfura Keddy, ndetse kandi bikaba bivugwa ko Mupenzi Eto’o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri APR FC ari ku mugabane w’i Burayi ndetse ari we ushakira amakipe aba bakinnyi.

Nsanzimfura yari Kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 17 yitabiriye imikino yo gushaka igikombe cya Afurika cya 2019, yabereye muri Tanzania mu 2018 ndetse ari mu bakinnyi bagaragaza ko bafite impano yihariye.

Siwe mukinnyi wifujwe n’ikipe yo hanze y’u Rwanda muri uyu mwaka akinira ikipe ya APR FC, kuko mu minsi ishize nibwo rutahizamu Byiringiro Lague yohererejwe ubutumire n’ikipe yo mu gihugu cy’u Busuwisi ya FC Zürich yo mu cyiciro cya mbere aha akaba ashobora kuzajyayo hagati ya tariki ya 9 n’iya 19 Mata 2021.

Ikipe ya Jagiellonia yo mu gace ka Białystok muri Pologne yifuza umukinnyi Nsanzimfura Keddy w’imyaka 19 , imaze imyaka 100 ishinzwe ndetse iri mu makipe akomeye muri icyo gihugu kuko ijya ikina imikino ihuza amakipe yo ku mugabane w’i Burayi ya Europa League, muri uyu mwaka w’imikino wa 2019/20, ikipe ya Jagiellonia iri ku mwanya wa 12 mu makipe 16 ikaba ifite amanota 28 mu mikino 22 imaze gukinwa.

2021-03-25
Editorial

IZINDI NKURU

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Kenneth Roth watotezaga u Rwanda cyane ntakiri umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch 

Editorial 02 Sep 2022
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Editorial 28 Jun 2024
Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Champions League: Bayern Munich yatanze isomo rya ruhago, Messi yandika amateka mashya (Amafoto)

Editorial 21 Feb 2018
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Editorial 13 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo
POLITIKI

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Editorial 07 Apr 2020
Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Editorial 29 Jul 2019
Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC
Mu Mahanga

Abanyarwanda baba i Kinshasa basabwe kwitwararika mu gihe cy’amatora yo muri RDC

Editorial 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru