• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi – Amb. Georges Chikoti

Editorial 04 Jun 2018 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU

“Nta biganiro biri hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi”, ibi ni ibyatangajwe n’umudipolomate wo muri Angola nyuma y’aho igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo cyari cyatangaje ko u Bufaransa, Angola n’u Rwanda biri kukigambanira ubwo abakuru b’ibi bihugu uko ari bitatu baheruka guhurira I Paris mu kwezi gushize.

Nyuma yo guhurira I Paris, perezida wa Angola, Joao Lourenco na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bagiye kongera guhurira I Buruseli mu Bubiligi muri iki cyumweru, ariko nta ruzinduko na rumwe ruhuye n’urundi nubwo kubonana kw’aba bakuru b’ibihugu n’u Bubiligi kutazaburamo kuvuga ku bibazo bya Congo nk’uko RFI dukesha iyi nkuru ivuga.

I Buruseli abakuru b’ibihugu byombi bazakirwa n’Umwami w’u Bubiligi.

Ambasaderi wa Angola I Buruseli, Georges Chikoti, yemeje ko ikizaba kijyanye perezida Lourenco cyane cyane ari ibiganiro ku ishoramari. Nyuma yo kubonana n’Umwami w’u Bubiligi, Joao Lourenco ngo araza kubonana na ba rwiyemezamirimo 60 b’Ababiligi kuri uyu wa Mbere, itariki, 04 Kamena, naho kuri uyu wa Kabiri akazaba ari Anvers aho azabonanira n’abacuruzi ba za diamants ndetse asure icyambu.

Ku ruhande rwa perezida Kagame watumiwe mu Bubiligi mu Nama ngarukamwaka yiga ku iterambere ry’u Burayi (Journées européennes de développement), utegerejwe kuri uyu wa Mbere, nawe azakirwa n’Umwami w’u Bubiligi.

Biravugwa ko igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kiri mu bizaganirwaho. Iki kibazo kikaba gihangayikishije ibihugu bya Angola n’u Rwanda nk’abaturanyi ba Congo, aho Ambasaderi wa Angola avuga ko bagiye kwibutsa iki gihugu kubaha ibyo Abanyekongo bemeje nko gutegura amatora bitarenze uyu mwaka.

Uyu mudipolomate yongeyeho ko nta kindi bateganya kirenze kuri ibyo asobanura ko nta bugambanyi buri gukorerwa Congo nk’uko abategetsi bayo babitangaje.

Yagize ati: “Nta biganiro biri kuba hagati ya Angola n’u Rwanda kuri Congo cyangwa ubugambanyi”, aha akaba yari akomoje ku burakari bwagaragajwe na Congo ubwo perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangazaga ko igihugu cye kizashyigikira umugambi w’akarere, uzazanwa na Afurika Yunze Ubumwe ku bufatanye bwa Angola, wo gushakira umuti ibibazo bya Congo.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko kumva ibintu kimwe kw’u Bufaransa, Angola n’u Rwanda noneho hakiyongeraho u Bubiligi, bihangayikishije Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na cyane ko u Rwanda ngo rwagiye rushinjwa gusahura umutungo kamere w’iki gihugu kikaba kibona kiri kugambanirwa.

 

2018-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

General Kazura yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

General Kazura yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

Editorial 05 Nov 2019
Uko Museveni yababariye abo yahemukiye

Uko Museveni yababariye abo yahemukiye

Editorial 04 Jun 2019
Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Editorial 10 Jan 2021
Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Kubera kunuma k’ubukene, Rudasingwa akomeje kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda abuharabika

Editorial 27 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we
INKURU NYAMUKURU

Umuryango wa Mageza wishwe n’iyicarubozo rya Uganda wasabye u Rwanda kuwufasha kugarura umurambo we

Editorial 11 Feb 2020
Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Editorial 15 Feb 2016
Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)
Mu Rwanda

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)

Editorial 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru