• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Editorial 14 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu mahugurwa yateguwe n’umuryango nyarwanda ushinzwe guteza imbere ururimi rw’amarenga (Media for Deaf Rwanda), abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga barihanangiriza abanyarwanda ko badakeneye umuntu ubabona akabagirira impuhwe ko byo ntacyo bibafasha ko ahubwo bakeneye kugira uburenganzira nk’ubw’abandi banyarwanda, bagashyirirwaho amashuri, bakagira uburyo bwo kubona amakuru afasha mu iterambere ry’abanyarwanda ndetse bakabigiramo uruhare ngo kuko kuba batumva cyangwa ntibavuge bashobora kureba, bamwe barize bafite ubushobozi nk’ubw’abandi kandi bafite ururumi rwabo(ururimi rw’amarenga) rushobora kuvugwa n’abanyarwanda benshi mu gihe hari ubushake, bityo urwo rurimi bo bemeza ko rworoshye kwiga rukaba rwabahuza n’abadafite ubwo bumuga.

Ibyo byatangajwe na Madame Jeanne d’Arc Ntigurirwa ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga akaba ari umukozi wa Handicap international akaba n’umuyobozi wungirije muri Media for Deaf Rwanda yateguye aya mahugurwa.

Jeanne d’Arc yabwiye abanyamakuru ko bakwiye gusobanurira neza abanyarwanda kuko aribo babageraho kenshi bakumva ko kuba utumva utanavuga atari uburwayi ko ahubwo ari ibintu bishobora kuba kuri buri wese ariko ko icy’ingenzi aruko abantu babafata nk’abandi muri sosiyete.

Ibyo byagarutsweho kandi na Jule Rutayisire umwarimu w’ururimi rw’amarenga nawe afite ubwo bumuga, akaba akorera umuryango ubumwe nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga RNUD, aho yatanze ubuhamya bw’ukuntu yagiye kwivuza bakamuha imiti itajyanye n’uburwayi bwe kubera ko atashoboye kumvikana n’umuganga, bityo akaba asanga hakwiye gushyirwaho uburyo byibuze muri buri kigo gifasha abantu mu buzima ubwo aribwo bwose, wize urwo rurimi rw’amarenga kugira ngo niba hari ibibazo nk’ibyo umuntu ahabwe ubufasha atagombye kujurajuzwa.

Jule akomeza avuga ko mu nzego z’ubutabera, amavuriro, ibigo bya Leta n’abikorera biganwa n’abantu buri munsi bakwiye guha agaciro ururimi rw’amarenga kandi bakagana amashyirahamwe nyarwanda y’abafite ubwo bumuga kugira ngo bahuze uburyo n’ibimenyetso bumvikanaho bw’ayo marenga kubera ko kuyigira ahantu hatazwi nabyo bituma basobanya ibimenyetso ngo kuko ku isi buri gihugu kigira uburyo bwacyo bw’amarenga.

Uwiragiye Kellya umuyobozi wa Media for Deaf Rwanda, we avuga ko aya mahugurwa bayateguye kubera ko babonaga mu Rwanda itangazamakuru ritarasobanukirwa ko bantu batumva ntibanavuge bashobora kubona amakuru binyuze mu buryo butandukanye, bityo agasanga icyo gice cy’abanyarwanda kititabwaho kuko bikwiye kandi nyamara ngo mu masezerano mpuzamahanga u Rwanda rwasinye arengera abafite ubumuga mu ngingo yayo ya 9 na 21 asobanura neza uburenganzira bakwiye guhabwa cyane cyane bwo kubona amakuru kugira ngo nabo ntibasigare inyuma mu iterambere.

-7599.jpg

Uwiragiye Kellya umuyobozi wa Media for Deaf Rwanda

Kellya akomeza avuga ko abanyamakuru n’abafite aho bahuriye n’itangazamakuru mu nshingano yabo, bakwiye kumenye imyandikire n’imitangarize ikwiye ku bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu gihe bakora inkuru. Abafite ibitangazamakuru bisakabaza amashusho bashyiremo abasemuzi kugirango ba bandi nabo bagerweho n’ayo makuru.

Avuga ko nubwo hari byinshhi byagezweho, ko byibuze televisiyo imwe yo ifite umusemuzi ngo ariko ntibihagije, akaba asaba RURA ko abisaba mu gutanga ibyangombwa bw’abatangiza ibitangazamakuru bajya banagaragaza uburyo bazafasha abatavuga ntibumve kubona amakuru.

Abanyamakuru bitabiriye aya mahugurwa nabo bemeza ko hakiri icyuho mu gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko bikaba biterwa n’impamvu nyinshi zirimo amikoro ndetse na bamwe mu bayobozi b’ibitangazamakuru batabiha agaciro gahagije, bityo hakaba hakwiye inama yahuza abari mu buyobozi bwose burebwa n’iki kibazo n’abo mu nzego za Leta kugira ngo bashyireho ingamba zihamye aho bishoboka.

M Louise Uwizeyimana

2017-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Editorial 06 Feb 2018
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024
Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Editorial 15 Dec 2017
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Editorial 20 Jan 2020
Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Editorial 06 Feb 2018
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024
Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Editorial 15 Dec 2017
Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Abanyamakuru bahuguwe ku ndwara ya Ebola bahamya ko basobanukiwe ukuri ku rukingo rwayo

Editorial 20 Jan 2020
Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Editorial 06 Feb 2018
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru