• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Ntabwo dukeneye abatugirira impuhwe, dukeneye uburenganzira- Jeanne d’Arc Ntigurirwa

Editorial 14 Aug 2017 Mu Rwanda

Mu mahugurwa yateguwe n’umuryango nyarwanda ushinzwe guteza imbere ururimi rw’amarenga (Media for Deaf Rwanda), abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga barihanangiriza abanyarwanda ko badakeneye umuntu ubabona akabagirira impuhwe ko byo ntacyo bibafasha ko ahubwo bakeneye kugira uburenganzira nk’ubw’abandi banyarwanda, bagashyirirwaho amashuri, bakagira uburyo bwo kubona amakuru afasha mu iterambere ry’abanyarwanda ndetse bakabigiramo uruhare ngo kuko kuba batumva cyangwa ntibavuge bashobora kureba, bamwe barize bafite ubushobozi nk’ubw’abandi kandi bafite ururumi rwabo(ururimi rw’amarenga) rushobora kuvugwa n’abanyarwanda benshi mu gihe hari ubushake, bityo urwo rurimi bo bemeza ko rworoshye kwiga rukaba rwabahuza n’abadafite ubwo bumuga.

Ibyo byatangajwe na Madame Jeanne d’Arc Ntigurirwa ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga akaba ari umukozi wa Handicap international akaba n’umuyobozi wungirije muri Media for Deaf Rwanda yateguye aya mahugurwa.

Jeanne d’Arc yabwiye abanyamakuru ko bakwiye gusobanurira neza abanyarwanda kuko aribo babageraho kenshi bakumva ko kuba utumva utanavuga atari uburwayi ko ahubwo ari ibintu bishobora kuba kuri buri wese ariko ko icy’ingenzi aruko abantu babafata nk’abandi muri sosiyete.

Ibyo byagarutsweho kandi na Jule Rutayisire umwarimu w’ururimi rw’amarenga nawe afite ubwo bumuga, akaba akorera umuryango ubumwe nyarwanda bw’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga RNUD, aho yatanze ubuhamya bw’ukuntu yagiye kwivuza bakamuha imiti itajyanye n’uburwayi bwe kubera ko atashoboye kumvikana n’umuganga, bityo akaba asanga hakwiye gushyirwaho uburyo byibuze muri buri kigo gifasha abantu mu buzima ubwo aribwo bwose, wize urwo rurimi rw’amarenga kugira ngo niba hari ibibazo nk’ibyo umuntu ahabwe ubufasha atagombye kujurajuzwa.

Jule akomeza avuga ko mu nzego z’ubutabera, amavuriro, ibigo bya Leta n’abikorera biganwa n’abantu buri munsi bakwiye guha agaciro ururimi rw’amarenga kandi bakagana amashyirahamwe nyarwanda y’abafite ubwo bumuga kugira ngo bahuze uburyo n’ibimenyetso bumvikanaho bw’ayo marenga kubera ko kuyigira ahantu hatazwi nabyo bituma basobanya ibimenyetso ngo kuko ku isi buri gihugu kigira uburyo bwacyo bw’amarenga.

Uwiragiye Kellya umuyobozi wa Media for Deaf Rwanda, we avuga ko aya mahugurwa bayateguye kubera ko babonaga mu Rwanda itangazamakuru ritarasobanukirwa ko bantu batumva ntibanavuge bashobora kubona amakuru binyuze mu buryo butandukanye, bityo agasanga icyo gice cy’abanyarwanda kititabwaho kuko bikwiye kandi nyamara ngo mu masezerano mpuzamahanga u Rwanda rwasinye arengera abafite ubumuga mu ngingo yayo ya 9 na 21 asobanura neza uburenganzira bakwiye guhabwa cyane cyane bwo kubona amakuru kugira ngo nabo ntibasigare inyuma mu iterambere.

-7599.jpg

Uwiragiye Kellya umuyobozi wa Media for Deaf Rwanda

Kellya akomeza avuga ko abanyamakuru n’abafite aho bahuriye n’itangazamakuru mu nshingano yabo, bakwiye kumenye imyandikire n’imitangarize ikwiye ku bantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu gihe bakora inkuru. Abafite ibitangazamakuru bisakabaza amashusho bashyiremo abasemuzi kugirango ba bandi nabo bagerweho n’ayo makuru.

Avuga ko nubwo hari byinshhi byagezweho, ko byibuze televisiyo imwe yo ifite umusemuzi ngo ariko ntibihagije, akaba asaba RURA ko abisaba mu gutanga ibyangombwa bw’abatangiza ibitangazamakuru bajya banagaragaza uburyo bazafasha abatavuga ntibumve kubona amakuru.

Abanyamakuru bitabiriye aya mahugurwa nabo bemeza ko hakiri icyuho mu gufasha abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko bikaba biterwa n’impamvu nyinshi zirimo amikoro ndetse na bamwe mu bayobozi b’ibitangazamakuru batabiha agaciro gahagije, bityo hakaba hakwiye inama yahuza abari mu buyobozi bwose burebwa n’iki kibazo n’abo mu nzego za Leta kugira ngo bashyireho ingamba zihamye aho bishoboka.

M Louise Uwizeyimana

2017-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru Rushyashya  ubu kiraboneka  kuri ‘ rushyashya.net na rushyashya.net ‘

Ikinyamakuru Rushyashya ubu kiraboneka kuri ‘ rushyashya.net na rushyashya.net ‘

Editorial 29 May 2017
Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Muhanga: Haravugwa inka 20 zapfuye zizize uburangare bw’abatekinisiye

Editorial 25 May 2018
Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Editorial 01 May 2021
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Editorial 24 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Editorial 20 Aug 2018
Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?
Amakuru

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Editorial 12 Mar 2025
Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora
IKORANABUHANGA

Ibigo bikomeye mu ikoranabuhanga mu Buyapani bigiye kumurikira i Kigali ibyo bikora

Editorial 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru