• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

‘Ntabwo tuzakomeza kwihanganira umuco wo gutanga Serivisi mbi’ – Minisitiri Murekezi

Editorial 01 Feb 2017 Mu Mahanga

Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase aravuga ko Guverinoma itazakomeza kwihanganira abagize umuco imitangire ya serivisi idahwitse.

Ibi yabitangaje ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) cyashyiraga ahagaragara ubushakashatsi ku gipimo cy’imiyoborere cy’umwaka wa 2016 aho imitangire ya serivisi iherekeje ibindi bipimo.

Muri ubu bushakashatsi bagaragaza ko imitangire ya serivisi iri inyuma y’ibindi bipimo byagendeweho aho ije kuri uyu mwanya ku nshuro ya kane mu nshuro eshanu ubu bushakashatsi bumaze gukorwa.

Minisitiri w’Intebe Murekezi yagize ati “mu bipimo byose byagaragajwe, igipimo kiri hasi kuruta ibindi ni imitangire ya serivisi iri kuri 72,93%, iki gipimo kije kuri uyu mwanya ku nshuro ya kane, ni ikibazo gikomeye! Mu nama y’umushyikirano hemejwe ko ingamba zikomeye zigomba kujya zifatirwa inzego zaba iza Leta cyangwa izigenga zikomeza kugenda biguru ntege mu mitangire ya serivisi. Ntabwo twakomeza kwihanganira uyu muco wo gutanga serivisi zitanoze.”

Minisitiri Murekezi yavuze ko Guverinoma igiye gushyira ingufu muri iki kintu, kandi buri wese akumva ko imitangire ya serivisi inoze ari yo ntego ye ya mbere.

Yongera ho ko gutanga serivisi inoze atari ikintu abantu bagomba kwigishwa, ahubwo ko igikenewe ari uko abantu bahindura imyumvire yabo kuko bashoboye kubikora ahubwo bakabyica babizi.

Muri ubu bushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mu bipimo 8, ku isonga hazaho umutekano n’ituze mu gihugu aho iki gipimo gifite amanota 92,62% mu mwaka wa 2016, mu gihe mu mwaka wa 2014 iki gipimo cyari kuri 91,6%.

Kuri ibi Murekezi avuga ko bisobanuye ko inzego z’umutekano mu gihugu zikomeje gukora akazi kazo kandi neza bigatuma abaturage bazigirira icyizere.

Ibyiciro bitatu byonyine ni byo bifite amanota ari hejuru ya 80, birimo Umutekano n’Ituze Rusange, hakiyongeraho kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo gifite 86.56% kivuye kuri 79.04% mu 2014; n’uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage cyagize 81.83% kivuye kuri 77.05%.

Umuyobozi wa RGB Prof Shyaka Anastase yavuze ko mu myaka itanu ishize hari ibipimo byagiye bizamuka ariko hakaba n’ibindi byasubiye inyuma birimo ibijyanye n’imibereho myiza y’abaturage, ati “uburyo dushyira mu bikorwa gahunda z’imibereho myiza yaba iza Girinka n’ibindi hari ibyo Abanyarwanda bakimyoza ko bitanoze natwe tuzi ko hagikenewe imbaraga ngo binozwe, iyo bitameze neza bituma igipimo kimanuka.”

Akomeza avuga ko ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bisuzumwa hagendewe ku bipimo mpuzamahanga ndetse hakifashishwa amakuru atuma byakifashishwa mu gusuzuma imiyoborere no gufasha mu kuzamura imibereho mu baturage.

Abaturage bakomeje kugaragaza ko batagira uruhare mu bibakorerwa…

Muri ibi bipimo uretse imitangire ya serivisi iza ku isonga mu kugira amanota aringaniye, n’uruhare rw’abaturage mu bikorwa bakorerwa rukomeje kuba ruto kuko rufite amanota 76.48%, ruvuye kuri 75.36% mu mwaka wa 2014.

Aha Prof Shayaka avuga ko usibye mu bikorwa by’umuganda abaturage bagaragaza ko bahabwa uruhare, ibindi nko gutegura ingengo y’imari n’igenamigambi usanga badahabwa ijambo, ati “iyo ubabajije uruhare rwabo mu muganda, mu kwikemurira ibibazo, mu gufata ibyemezo abaturage bava hasi bakavuga ko bibanyuze, ariko hari irindi tsinda aho usanga abantu bavuga ngo ni ibintu biri tekiniki abaturage ntabwo bari bubimenye, aho usanga uruhare rw’abaturage mu gutegura ingengo y’imari, mu igenamigambi no mu mihigo, turasanga muri rusange uruhare rwabo ruracyari hasi.”

Prof Shayaka avuga ko ibi bikorwa abo bireba bagomba kubishyira ku rwego rw’umuturage aho kumva ko ari ibintu by’abahanga agasaba ko Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’iy’Igenamigambi babifataho ingamba ihamye.

-5571.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi

-5572.jpg

-5573.jpg

Abitabiriye uyu muhango basoma raporo

Ubu bushakashatsi bwamuritswe na RGB bushingiye ku bipimo 8 birimo ubutegetsi bugendera ku mategeko gifite 79,69%, Uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage bufite 81,83%, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa 76,48%, Umutekano n’ituze rusange 92,62%, imibereho myiza y’abaturage 74,88%, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo 86,56%, Imitangire ya serivisi 72,93% ndetse n’ Iterambere ry’ubukungu 76,82%.

2017-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball yerekeje muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023, basabwe na Minisitiri Aurore guhesha ishema igihugu

Editorial 19 Feb 2022
Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Editorial 16 Nov 2016
Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Editorial 23 Apr 2025
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Editorial 05 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports ifite urugamba rukomeye yerekeje muri Nigeria
IMIKINO

Rayon Sports ifite urugamba rukomeye yerekeje muri Nigeria

Editorial 20 Sep 2018
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5
Amakuru

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Editorial 01 Feb 2024
Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!
Amakuru

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Editorial 30 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru