• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Editorial 24 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Rwanda

Maze iminsi mbona ku mbuga zitandukanye cyane cyane urwa Twitter, abantu basubiza umuntu witwa Ntwali John William yandika atabariza abanyamkuru ko bari kwicwa cyangwa baburiwe irengero abandi bakamusubiza ko ari ibinyoma , ngira amatsiko yo kumenya ni iki kibyihishe inyuma? Ese Ntwali William afite nyungu ki mu gukwirakwiza ibinyoma, ubundi ni muntu ki?

Ku rukuta rwe rwa Twitter, John Ntwali William avuga ko akora imirimo itatu: 1) Aharanira uburenganzira bwa Muntu 2) Umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru 3) Umu “Consultant” ariko nta mwuga (domaine) akoramo iyo Consultance yashyizeho. Akaba n’umuyobozi wa group ya whatsapp Smart Talk yashinze ubwe, ashyiraho abanyamakuru basaga 100 bafatanya gucengeza amatwara ye no gusesengura ibyo yita ko bitagenda mu gihugu. Igitangaje ariko ni urwo rukuta rwe rwa twitter, akoresha nk’intabaza, aho guhera tariki ya 18 Nyakanga, yakwirakwijeho inkuru zitabaza zivuga ko abanyamakuru n’abandi bantu batandukanye baburiwe irengero.

Kuri iyo tariki ya 18 Nyakanga, Ntwali John William yanditse ubutumwa kuri Twitter butabaza bugira buti “Mu minsi icumi ishize gusa, umunyamakuru w’umunyarwanda yazize urupfu rudasobanutse muri Kenya, undi aburirwa irengero mu Rwanda, undi arakubitwa n’ibikoresho bye birafatirwa”.

Ntwali yongeyeho ko afite amakuru yizewe. Uwo munsi Ntwali yongeye gutangaza ko umunyamakuru wa TV1, Constantin Tuyishimire yaburiwe irengero guhera tariki ya 16 Nyakanga 2019. Ubwo butumwa bwose Ntwali yabutanze mu cyongereza n’igifaransa ngo bugere kure; Muri iyo ntabaza ye, yihutiraga kumenyesha inzego zihuza abanyamakuru  ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ku isi, aho abarwanya u Rwanda basamiye ubutumwa hejuru nkubwizewe buturutse imbere mu gihugu.

Umunyamakuru Constantin Tuyishimire ari mu gihugu cya Uganda

Nyuma y’iperereza ryimbitse ry’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwagaragaje ko Constantin Tuyishimire ari mu gihugu cya Uganda aho yahunze kubera amafaranga yunguka yarimo abantu, azwi nka Bank Lambert itemewe na Leta yugarije cyane cyane mu majyaruguru izwi nk’urunguzwe, aho n’abacuruzi bakomeye bataye ingo zabo, bigahagurutsa Guverineri w’amajyaruguru wabyamaganiye kure.

Naho ku munyamakuru Ndorimana Semana yitabye Imana azize uburwayi muri Kenya aho yari amaze iminsi yivuza.

Ndorimana Semana wiyitaga Christophe Kanumba kuri facebook, yaguye mu bitaro i Nairobi

Intabaza ya Ntwali yo kuvuga ko hari uwambuwe ibikoresho, yashaka gukurura abantu ngo bibaze icyo yazize, abone uko akwirakwiza ikiganiro n’abanyamakuru cya Diane Rwigara. Avuga ko umuntu wese wagiye muri icyo kiganiro bamwatse ibyuma  bifata amajwi n’amashusho, kandi ikiganiro cya Diane cyarageze kuri internet akikirangiza, bigashyirwaho n’abantu batandukanye bakoresha amashusho atandukanye.

Ntwali John William ni muntu ki?

Ntwali William avuga ko aharanira uburenganzira bwa Muntu, akaba n’umunyamakuru ku rwego rw’Umwanditsi mukuru nk’uko abyivugira. Nyamara akazi ke ni mpemuke ndamuke akwirakwiza ibihuha. Byatangiye bite? Ntwali yashatse gushakira amaronko mu bihugu by’iburayi ariko agendeye ku itike yo kuba umunyamakuru wahunze urwego rwa Leta noneho akabona uruvugiro kuko muri kamere ye guceceka ntibyamushobokera.

Nyuma yo kubura amaronko i burayi, Ntwali yakomeje guharabika Leta akora n’ibyaha byinshi kugirango agere ku mugambi we wo kwerekeza mu Bufaransa yitwa ko ahunze. Yakomeje gukwirakwiza ibihuha aho raporo za Human Rights Watch (HRW) akorera zimuvugiye yumva abaye igitangaza.

Kuvugwa na  HRW cyangwa Reporters without Borders, ntabwo bigaburira Ntwali nubwo yirirwa muri ambasade avuga ko nta kazi ashobora kubona, agomba gushaka ikimutunga. Yigize umuvugizi w’abanyapolitiki aho ubu ahembwa na Diane Rwigara n’abandi ngo amuvugire. Waba ushaka guharabika umuntu cyangwa urwego? Ishyura Ntwali John William uzabigeraho.

Ntwali nta nzira atanyuze ngo yangize isura y’iguhugu; yagiye ubwe yihisha yarangiza akavuga ko yashimuswe n’inzego z’umutekano mu rwego rwo kugirango za Ambasade yirirwamo cyangwa imiryango itandukanye bumve ko Leta imuhohotera hanyuma bamufashe kugera ku nzozi ze.

Ntwali abikora ashaka ko amenyekana. Ariko kamere ye kubeshya n’ubutiriganyi ni karande. Yabeshye umwana utarageza imyaka y’ubukure wari ufite imyaka 17, ko azamushakira akazi igihe yasubiye iwabo muri Camerouni kuko amavugisha bwa mbere yamuvugishaga nk’umunyamahanga uvuka muri Camerouni. Umwana tudashatse kuvuga amazina ye, yagiye yitabira ubutumire bwa Ntwali kugeza igihe amujyanye muri Lodge imwe iherereye I Remera, umwana yamenya ubutekamutwe bwe akabibwira inzego za Leta.

Ibi mbivugiye kugaragaza ko Ntwali atari Umunyamakuru cyangwa ari impirimbanyi y’uburenganzira bwa Muntu nkuko abyivugira, ahubwo n’umuntu utunzwe no guharabikana kuko biba muri kamere ye, abeshya aharabika isura y’igihugu ndetse no mubuzima bwite busanzwe nkuko yabeshye uwo mwana.

2019-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Editorial 05 Feb 2020
Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Editorial 21 Jul 2017
Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Editorial 01 Jun 2017
Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Uwahoze ari Umunyamakuru kuri Radio Salus na Radio 10 Henri Jado yahawe akazi na Perezida Kagame muri Minisiteri y’ibikorwaremezo

Editorial 31 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa
INKURU NYAMUKURU

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Editorial 22 Jun 2020
Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC
IMIKINO

Umusore  Farouk Ruhinda Saifi akomeje gukora udushya mu ikipe ya Bugesera FC

Editorial 08 Mar 2018
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije
Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kamonyi basabwe gukangurira abaturage kurengera ibidukikije

Editorial 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru