• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje

Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje

Editorial 23 Feb 2017 Mu Mahanga

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka avuga ko akarere ka Nyagatare ari kamwe mu turere twananiranye ku bijyanye n’imiyoborere ndetse n’imyitwarire y’abaturage bako bityo bigatuma ari nayo mpamvu kadatera imbere nk’utundi turere ahubwo kagahora mu murongo utukura uko hakozwe ibarura.

-5855.jpg

Minisitiri Francis Kaboneka

Mu nkuru dukesha radio Rwanda, mu kiganiro Minisitiri Kaboneka yagiranye n’aba bayobozi, yagarutse ku myitwarire idahwitse yagaragajwe n’abaturage imbere y’umukuru w’igihugu Paul Kagame mu rugendo aherutse gukorera mu mirenge ya Matimba na Karangazi mu ntangiriro z’uku kwezi.

Min. Kaboneka yavuze ko yamaze kubona abaturage n’imyitwarire bari bafite ubwo basuraga kariya karere akikanga ko abo baturage bari bubasimbukane kubera ikibazo asanzwe abaziho cy’imyitwarire idasanzwe.

Yagize ati”ejobundi twageze aha i Matimba na Perezida Paul Kagame tubonye abaturage baho ndavuga nti baradusimbukana ariko nta kundi twari kubigenza nahise nibuka imiyoborere ya hano i yagatare, nta wundi uyibazwa utari mwe mwicaye aha muri iyi sale. Nimushaka ko igenda neza bizashoboka kandi nimushaka ko bikomeza gutya na bwo niko bizakomeza.”

Minisitiri Kaboneka kandi yashinje ubuyobozi bw’aka karere kugira uruhare mu gutuma gahora kaza mu mutunku mu nzego zitandukanye uko hakozwe ibarura.
Yagize ati”akarere ka Nyagatare kari ku isonga muri ruswa, kari ku isonga mu miyoborere mibi, kari ku isonga mu karengane n’ahandi. Nimbe no mu tundi turere hari ubwo usanga tuvanga wenda hamwe ugasanga nta mutuku urimo ariko mwe mu igenzura rimaze gukorwa mu myaka 3 ikurikirana muri mu mutuku mu nzego zose.”

Minisitiri kaboneya yasabye ubuyobozi kugira ibyo bukosora kuko n’imyitwarire mibi igaragazwa n’abaturage bo muri aka karere iterwa n’imiyoborere ikarimo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare, George Mupenzi yageragaje no gusaba imbabazi ku myitwarire mibi y’abaturage bo mu karere ke bagaragarije umukuru w’igihugu ubwo yabasuraga ariko biba iby’ubusa kuko Minisitiri Kaboneka we yagaragaje ko bipfira mu buyobozi.

Yakomeje agira ati” ntitwahera muri iyo muzunga tuzungurukaaa, birakwiye ko bigera aho bihagarara, ariko mwe bayobozi mwakabaye mubidufasha mukabyanga, mukanabirwanya, ntacyo murimo mukora, murasaba imbabazi ngo abantu barasimbutse, nimudahinduka mwebwe muri muri iyi salle, igikurikiyeho barabakubita.

Mwigeza abaturage aho babahindukirana nimufashe abaturage banyu, mubayobore , mufatanye kuyobora.”

-5856.jpg

Perezida Kagame ubwo yasuraga Akarere ka Nyagatare

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasuye imirenge ya Matimba na Karangazi ku itariki ya 13 Gashyantare 2017, aho yasanganijwe akavuyo kadasanzwe mu baturage haba mu kubaza ibibazo bimwe muri byo yanavuze ko byakabaye bikemurirwa mu midugudu no mu zindi nzego z’ibanze ndetse no kuba abaturage bararanzwe no gushaka kuvugira rimwe mu kavuyo nk’abataratojwe.

Bitewe n’ubwinshi bw’ibibazo aba baurage bri bafite, byabaye ngombwa ko bimwe bisigirwa abandi bayobozi babifite mu nshingano ngo bazabikurikirane ariko buri muturage akaba yarashakaga kwibariza Perezida wa Repubulika, bigaragaza ko basaga n’aho babuze uwo batura ibibazo byabo kubera imiyoborere.

2017-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Kigali : Perezida Kagame yasabye abanyenganda gukora ibigurishwa ku giciro Abanyarwanda bibonamo

Editorial 07 Feb 2017
Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Editorial 08 Jan 2016
Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Editorial 25 Jan 2017
IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

IBUKA irasaba ko Padiri Nahimana Thomas nagera mu Rwanda ashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igitima kiradiha kuri  Kayumba Nyamwasa kubera uruzinduko Perezida Kagame agiye kugirira I Paris
INKURU NYAMUKURU

Igitima kiradiha kuri Kayumba Nyamwasa kubera uruzinduko Perezida Kagame agiye kugirira I Paris

Editorial 15 May 2018
Kwigamba ubusambanyi kwa Miss Vanessa, bigiye kumukoraho bitanasize Miss Sandra Teta
IMIKINO

Kwigamba ubusambanyi kwa Miss Vanessa, bigiye kumukoraho bitanasize Miss Sandra Teta

Editorial 01 Jul 2016
Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi
POLITIKI

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Editorial 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru