• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Editorial 26 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuwa Mbere abanyeshuri babiri bo Ishuri ryisumbuye Igihozo Saint Peter barohamye muri piscine ya hoteli Dayenu iherereye mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Nyanza nkuko Polisi ibitangaza.

Abo baguye muri piscine ni Ngirinshuti Yves w’imyaka 15 na Rwabukayire Bryant w’imyaka 14 bombi biganaga mu mwaka wa gatatu muri iki kigo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel yabwiye Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko kuwa Mbere abanyeshuri batandukanye muri iki kigo batse uruhushya ubuyobozi ngo bajye mu mujyi wa Nyanza ariko ntawavuze ko yatse uruhushya rwo kujya koga kuri iyi hoteli iherereye hafi y’iki kigo.

-7357.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel

Aba ngo batse uruhushya mu gihe bari kwitegura gutangira ibiruhuko dore ko nta masomo bari bafite ku mugoroba.

IP Kayigi yagize ati “Ahagana saa cyenda n’igice basabye uruhushya ngo bajye mu mujyi ariko ntawavuze ko ajya koga. Bagiye muri iyo hoteli rero ariko amakuru dufite ni uko umwe ashobora kuba atari azi koga cyangwe se ashobora kuba yarafashwe n’imbwa mu gihe ari koga maze mugenzi we yajya kumutabara bikanga ahubwo akamufatira bityo bombi bagahera umwuka bakiri mu mazi.”

Nyiri hoteli arafunze hamwe n’umucungamutungo wayo

Umuvugizi wa Polisi akomeza avuga ko nyiri hoteli witwa Gasana Gaspard hamwe n’umucungamutungo wayo Kabendera André bari mu maboko ya Polisi kugira ngo bafashe mu iperereza, ariko ngo ushinzwe kwigisha abantu koga witwa Shumbusho Jean-Claude we yatorotse aracyashakishwa na Polisi.

Kayigi ati “Iyo ushinzwe gufasha abantu koga iyo aba ahari ntabwo abana baba bapfuye nubwo ba nyiri hoteli bavuga ko ngo yari yahawe izindi nshingano muri icyo gihe. Ikindi ni uko abacunga iyi hoteli bahaye uburenganzira abana ngo boge kandi nta mwambaro ubarinda kurohama bambaye.”

Ngo “abandi bana bari bajyanye mu uru rugomo ni bo bavugije induru ngo batabaze nubwo ntacyo byatanze”.

-7356.jpg

IP Kayigi avuga ko Polisi yabonanye n’imiryango y’aba bana ituye i Kimironko mu mujyi wa Kigali kandi ngo habayeho kuganira hagati y’imiryango yabo n’ubuyobozi bw’ishuri bwemeye ubufasha mu gushyingura aba bana mu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu.

Source :Izubarirashe

2017-07-26
Editorial

IZINDI NKURU

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Editorial 07 Apr 2017
Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Editorial 03 Sep 2017
Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Editorial 08 May 2021
Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Umupolisi w’u Burundi wafatiwe mu Rwanda yashyikirijwe igihugu cye

Editorial 16 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora
POLITIKI

RDC: Emmanuel Ramazani Shadary yemeye ko yatsinzwe amatora

Editorial 13 Jan 2019
Umunyakenya yajyanye nyina w’imyaka 83 muri Kaminuza ya Havard, impamvu ikaba ari uguha umubyeyi we agaciro
Mu Rwanda

Umunyakenya yajyanye nyina w’imyaka 83 muri Kaminuza ya Havard, impamvu ikaba ari uguha umubyeyi we agaciro

Editorial 02 May 2017
Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Editorial 26 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru