• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Ubwanditsi 26 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuwa Mbere abanyeshuri babiri bo Ishuri ryisumbuye Igihozo Saint Peter barohamye muri piscine ya hoteli Dayenu iherereye mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Nyanza nkuko Polisi ibitangaza.

Abo baguye muri piscine ni Ngirinshuti Yves w’imyaka 15 na Rwabukayire Bryant w’imyaka 14 bombi biganaga mu mwaka wa gatatu muri iki kigo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel yabwiye Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko kuwa Mbere abanyeshuri batandukanye muri iki kigo batse uruhushya ubuyobozi ngo bajye mu mujyi wa Nyanza ariko ntawavuze ko yatse uruhushya rwo kujya koga kuri iyi hoteli iherereye hafi y’iki kigo.

-7357.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel

Aba ngo batse uruhushya mu gihe bari kwitegura gutangira ibiruhuko dore ko nta masomo bari bafite ku mugoroba.

IP Kayigi yagize ati “Ahagana saa cyenda n’igice basabye uruhushya ngo bajye mu mujyi ariko ntawavuze ko ajya koga. Bagiye muri iyo hoteli rero ariko amakuru dufite ni uko umwe ashobora kuba atari azi koga cyangwe se ashobora kuba yarafashwe n’imbwa mu gihe ari koga maze mugenzi we yajya kumutabara bikanga ahubwo akamufatira bityo bombi bagahera umwuka bakiri mu mazi.”

Nyiri hoteli arafunze hamwe n’umucungamutungo wayo

Umuvugizi wa Polisi akomeza avuga ko nyiri hoteli witwa Gasana Gaspard hamwe n’umucungamutungo wayo Kabendera André bari mu maboko ya Polisi kugira ngo bafashe mu iperereza, ariko ngo ushinzwe kwigisha abantu koga witwa Shumbusho Jean-Claude we yatorotse aracyashakishwa na Polisi.

Kayigi ati “Iyo ushinzwe gufasha abantu koga iyo aba ahari ntabwo abana baba bapfuye nubwo ba nyiri hoteli bavuga ko ngo yari yahawe izindi nshingano muri icyo gihe. Ikindi ni uko abacunga iyi hoteli bahaye uburenganzira abana ngo boge kandi nta mwambaro ubarinda kurohama bambaye.”

Ngo “abandi bana bari bajyanye mu uru rugomo ni bo bavugije induru ngo batabaze nubwo ntacyo byatanze”.

-7356.jpg

IP Kayigi avuga ko Polisi yabonanye n’imiryango y’aba bana ituye i Kimironko mu mujyi wa Kigali kandi ngo habayeho kuganira hagati y’imiryango yabo n’ubuyobozi bw’ishuri bwemeye ubufasha mu gushyingura aba bana mu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu.

Source :Izubarirashe

2017-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nairobi : Perezida Kagame  ari mu ba Perezida  bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD  ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Ubwanditsi 27 Aug 2016
Perezida  Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Perezida Mugabe asimbuwe burundu ku butegetsi

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ACP Twahirwa yabwiye Abanyabugesera ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo
Mu Mahanga

ACP Twahirwa yabwiye Abanyabugesera ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Burundi: Haravugwa umusore wishwe agacibwa umutwe umurambo we ugasigwaho ubutumwa buteye ubwoba

Ubwanditsi 09 May 2018
APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo
Amakuru

APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 26 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru