• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Nyanza: Nyiri Hoteli yaguyemo Abanyeshuri arafunze, uwigisha koga aracyashakishwa

Ubwanditsi 26 Jul 2017 Mu Rwanda

Kuwa Mbere abanyeshuri babiri bo Ishuri ryisumbuye Igihozo Saint Peter barohamye muri piscine ya hoteli Dayenu iherereye mu Murenge wa Busasamana ho mu Karere ka Nyanza nkuko Polisi ibitangaza.

Abo baguye muri piscine ni Ngirinshuti Yves w’imyaka 15 na Rwabukayire Bryant w’imyaka 14 bombi biganaga mu mwaka wa gatatu muri iki kigo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel yabwiye Izuba Rirashe dukesha iyi nkuru ko kuwa Mbere abanyeshuri batandukanye muri iki kigo batse uruhushya ubuyobozi ngo bajye mu mujyi wa Nyanza ariko ntawavuze ko yatse uruhushya rwo kujya koga kuri iyi hoteli iherereye hafi y’iki kigo.

-7357.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, IP Kayigi Emmanuel

Aba ngo batse uruhushya mu gihe bari kwitegura gutangira ibiruhuko dore ko nta masomo bari bafite ku mugoroba.

IP Kayigi yagize ati “Ahagana saa cyenda n’igice basabye uruhushya ngo bajye mu mujyi ariko ntawavuze ko ajya koga. Bagiye muri iyo hoteli rero ariko amakuru dufite ni uko umwe ashobora kuba atari azi koga cyangwe se ashobora kuba yarafashwe n’imbwa mu gihe ari koga maze mugenzi we yajya kumutabara bikanga ahubwo akamufatira bityo bombi bagahera umwuka bakiri mu mazi.”

Nyiri hoteli arafunze hamwe n’umucungamutungo wayo

Umuvugizi wa Polisi akomeza avuga ko nyiri hoteli witwa Gasana Gaspard hamwe n’umucungamutungo wayo Kabendera André bari mu maboko ya Polisi kugira ngo bafashe mu iperereza, ariko ngo ushinzwe kwigisha abantu koga witwa Shumbusho Jean-Claude we yatorotse aracyashakishwa na Polisi.

Kayigi ati “Iyo ushinzwe gufasha abantu koga iyo aba ahari ntabwo abana baba bapfuye nubwo ba nyiri hoteli bavuga ko ngo yari yahawe izindi nshingano muri icyo gihe. Ikindi ni uko abacunga iyi hoteli bahaye uburenganzira abana ngo boge kandi nta mwambaro ubarinda kurohama bambaye.”

Ngo “abandi bana bari bajyanye mu uru rugomo ni bo bavugije induru ngo batabaze nubwo ntacyo byatanze”.

-7356.jpg

IP Kayigi avuga ko Polisi yabonanye n’imiryango y’aba bana ituye i Kimironko mu mujyi wa Kigali kandi ngo habayeho kuganira hagati y’imiryango yabo n’ubuyobozi bw’ishuri bwemeye ubufasha mu gushyingura aba bana mu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Gatatu.

Source :Izubarirashe

2017-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Buriya n’abanga u Rwanda, n’abavuga ko bafite ibindi bemera, bagaruka kuri Demokarasi, Ubumwe n’Amajyambere “Chairman Paul Kagame”

Ubwanditsi 23 Jun 2024
Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ingabo za Congo Kinshasa zimaze kwirukanwa mu butumwa bw’amahoro bwa Loni

Ubwanditsi 11 Jan 2016
Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Perezida Kagame yujuje imyaka 60 y’amavuko amaze igihe gito arahiriye kuyobora u Rwanda muri manda ya gatatu

Ubwanditsi 23 Oct 2017
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Ubwanditsi 13 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017
IMIKINO

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Ubwanditsi 15 Mar 2017
U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

U Rwanda rwibukije Uganda ibikorwa byayo bikomeje kubiba umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi

Ubwanditsi 07 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru