• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»ACP Twahirwa yabwiye Abanyabugesera ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo

ACP Twahirwa yabwiye Abanyabugesera ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigira ibyabo

Ubwanditsi 09 Sep 2016 Mu Mahanga

Komiseri ushinzwe imikoranire ya Polisi n’ibijyanye n’itangazamakuru muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yabwiye abaturage b’akarere ka Bugesera ko guhanahana amakuru ku muntu wese ushaka kwangiza umutekano wa mugenzi we cyangwa kumuhohotera ari inshingano za buri wese.

ACP Twahirwa ari nawe muvugizi wa Polisi y’u Rwanda yatanze izi mpanuro ku italiki ya 8 Nzeli, ku baturage bagera ku 3000 bo mu mirenge ya Nyarugenge, Ruhuha na Shyara yo mu karere ka Bugesera, bose bari bitabiriye ubukangurambaga ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ irikorerwa abana .

Ubu bukangurambaga bufite intego nyamukuru ijyanye no kwerekana ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana rikaba rishishikariza abaturage gutanga amakuru igihe babonye umuntu wese ugerageza guhohotera undi.

ACP Twahirwa yagize ati:”Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rirahari ariko ni inshingano za buri wese gukoresha imbaraga zose zishoboka mu kurirwanya. Nta muntu wemerewe kuvuga ko uru rugamba rutamureba ngo arebere igihe hari umuntu uhohoterwa, tugomba guhuriza imbaraga hamwe mu kurirwanya,……mwibuke ko twashoboye guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi mu w’1994 , ntabwo rero twananirwa guhagarika ihohoterwa rishingiye ku gitsina”.

Yababwiye ko hariho itegeko rihana ihohotera rishingiye ku gitsina anabibutsa ko rivuga ko umuntu wese ugerageza kurihishira nawe afatwa nk’umufatanyacyaha.

Aha ACP Twahirwa akaba yagize ati:”Guhanahana amakuru nk’aya ni umusanzu mu kubaka iterambere ry’igihugu kuko bituma tugira abanyagihugu batekanye bazira ihohotera iryo ari ryo ryose. Twibuke ko iyo abanyagihugu bafite umutekano batera imbere ku buryo bwihuse kurusha uko bata umwanya bari mu makimbirane”.

Mbere yo kubonana n’abaturage ACP Twahirwa yabanje kubonana n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abavuga rikumvikana bagera kuri 200 abashishikariza gukangurira abaturage bayobora guhanahana amakuru ku bahohotera bagenzi babo.

ACP Twahirwa yababwiye ati:”Guceceka ni uguha icyuho abahohotera abandi, umuti wo guca iri hohoterwa ni uguca umuco wo guceceka.. Polisi y’u Rwanda yiteguye gutanga ubufasha bwose ku buryo dufatanyije twagera ku ntego yacu yo kugira imiryango izira ihohoterwa iryo ari ryo ryose”.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yasobanuriye aba baturage ko muri serivisi zitangwa na Polisi hashyizweho ikigo cya Isange One Stop Center cyakira kikanakemura ibibazo byose bijyanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, ubu iki kigo kikaba gikorera mu turere 28 tw’igihugu kandi kikaba gikora ibikorwa by’indashyikirwa ku rwego mpuzamahanga kuko ubufasha gitanga bwose kibutanga nta kiguzi giciwe uwahohotewe.

Iki kigo cyafunguwe n’umufasha wa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame muri Nzeri 2009 , kikaba gifasha mu bujyanama mu by’amategeko n’isanamitima ku bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, kikanabaha ubutabazi bw’ibanze.

Muri iyo nama, abaturage bafite ibibazo bijyanye n’ihohoterwa babigejeje kuri Isange One Stop Center binyuze ku modoka yayo iba irimo ibikoresho by’ibanze mu buvuzi n’ubujyanama bukenerwa.

Avuga kuri iki gikorwa, umuyobozi w’akarere ka Bugesera Nzansumuhire Emmanuel yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba ikomeje gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa mu ngo ndetse n’irikorerwa abana.

Akaba yagize ati”Turashimira Polisi y’u Rwanda kuba ikomeze gushyira imbere gahunda zo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa mu ngo ndetse n’ irikorerwa abana kimwe n’abaturage n’abayobozi ba Bugesera, dufite ubushake bwo kurwanya ihohoterwa no gufatanya na Polisi uko dushoboye kose kugirango turwanye icyo cyorezo”

Nk’uko imibare ibigaragaza, mu karere ka Bugesera kuva mu kwezi kwa Mutarama kugeza muri Kanama uyu mwaka, hamaze kugaragara ihohoterwa rikorerwa mu ngo inshuro 45 zigabanyije mu byiciro bikurikira; gufatwa ku ngufu 07, ubwicanyi bwo mu miryango 02, gukubita no gukomeretsa 14, gukubita no gukomeretsa bibyara urupfu 02, icurunzwa ry’abantu 02, ibihano bibabaza umubiri ku bana 02, n’ibyaha by’ubuharike
Polisi y’u Rwanda n’abayobozi b’ibanze bavuze ko byinshi muri ibi byaha biba bitarabaye iyo abaturage bakomeza kugenda bahanahana amakuru ku cyaba kigiye kuba mbere y’uko bivamo ihohotera. Ni na cyo ubukangurambaga bwatangiye bwibandaho mu kubashishikariza guhanahana amakuru kugira ngo ibi byaha byirindwe ndetse n’ihohoterwa ryo mungo rirangire burundu.

Muri iyi nama kandi, Supt Shafiga Murebwayire, umuhuzabikorwa wa Isange One Stop Centre akaba yifashishije ingero kugirango asobanurire abaturage ububi bw’ihohoterwa rikorerwa mungo ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abana.

Iyi nama yabereye I Bugesera ikaba yaje ikurikira indi yabereye mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo zikaba zombi zarahuje imbaga y’abaturage. Izi nama ziri mu bukangurambaga buhoraho muri Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo n’ irikorerwa abana, cyane cyane mu gushyira imbaraga mu gutangira amakuru ku gihe.

-4016.jpg


RNP

2016-09-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Ubwanditsi 13 Aug 2021
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Intumwa za UNICEF zo mu gihugu cya Finland zasuye Isange One Stop Center

Intumwa za UNICEF zo mu gihugu cya Finland zasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 27 Feb 2016
Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface  yagize icyo avuga kuri Casimiry  Kayumba witabye Imana

Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose
Amakuru

Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima
IMIKINO

Amakipe azaserukira igihugu mu mikino yose yakuriwe inzira ku murima

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.
Amakuru

Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.

Ubwanditsi 12 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru