• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Nyaruguru: Umutekano warakajijwe hirindwa abakongera kubaca mu rihumye

Editorial 12 Jul 2018 Mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko nyuma y’ibitero byahagabwe bikibasira abaturage mu minsi ishize, hafashwe ingamba zikomeye zirimo gukaza umutekano mu gihe hagishakishwa abakoze ubwo bugizi wa nabi.

Mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018, abantu bataramenyekana bitwaje imbunda, barashe abantu mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bicamo babiri abandi barakomereka. Icyo gihe bakomerekeje n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge batwika n’imodoka ye.

Nyuma yaho ku Cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2018, mu Mudugudu wa Cyumuzi, Akagari ka Ruhinga, abaturage bongeye guterwa n’abitwaje imbunda babasahura imitungo irimo ibiribwa, amatungo magufi, imyenda n’amafaranga.

Ibyo bitero bibiri byabaye nyuma y’uko tariki ya 10 Kamena 2018 amabandi yitwaje intwaro yari yateye mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru akomeretsa abaturage abatwara n’imitungo irimo amafaranga, televiziyo, inkweto n’ibindi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko François, avuga ko nyuma y’ibyo bitero hafashwe ingamba zikomeye zijyanye n’umutekano, birinda ko byazasubira kandi hashakishwa n’ababigizemo uruhare.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nyakanga 2018, Habitegeko yagize ati “Uko ubu bihagaze, ku bufatanye bw’Ingabo z’Igihugu n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, abo bantu twarabahashyije turabirukana baragenda basubira iyo bavuye.

“Bitwazaga ririya shyamba rya Nyungwe kuko muzi ko rihana umupaka n’igihugu cy’i Burundi bashobora kuba ari naho bazaga baturuka muri ariya mashyamba y’i Burundi kubera ko umutekano waho hafite ibibazo byaho bishobora guha icyuho n’abo bagizi ba nabi, bakitwaza ishyamba nijoro bagahungabanya umutekano wacu”.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru yakomeje avuga ko abagabye ibyo bitero bataramenyekana neza, ariko bikekwako ari abasize bakoze ibyaha mu Rwanda birimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yakomeje agira ati “Ntabwo bamenyekanye kuko ni abantu baza basesera, abo dukeka bavuye muri iki gihugu bakoze ibyaha bitandukanye, hari abagiye bahunga kubazwa Jenoside yakorewe abatutsi bakoze, murabizi ko hari abagiye bahunga bagatorongera muri ayo mashyamba ya za Congo.”

“Abo rero batashejwe gukomeza kwica abantu, hari abagiye bakoze ibyaha bitandukanye barimo abagiye bahunga ubutabera bakatiwe n’inkiko gacaca, hari abagiye ari abajura. Abo bose nibo dukeka ko bafite uwo mutima wo kuba bagaruka bagahungabanya umutekano”.

Habitegeko akomeza avuga ko bagikurikirana kugira ngo hamenyekane abo bantu kuko iyo bateye baza bihishahisha.

Abaturage ubu baratuje

Meya Habitegeko avuga ko nyuma yo gucibwa mu rihumye n’abagizi ba nabi inshuro zirenga ebyiri bagatera abaturage, hafashwe ingamba ku buryo ubu hari umutuzo ndetse n’ibikorwa by’iterambere bikomeje.

Yagize ati “Uko umutekano uhagaze, umeze neza abaturage baratuje, Ingabo z’Igihugu zirinze imipaka kandi ziryamiye amajanja ku buryo nta kindi gishobora kuba cyaduca mu rihumye ngo cyongere gihungabanye umutekano w’abaturage bacu. Abaturage nabo bahagaze neza bahagurukiye kwirindira umutekano no gutanga amakuru kugira ngo uwahirahira akaba yagaruka kubahungabanya babe bamugaragaza”.

Polisi y’u Rwanda, ku wa 2 Nyakanga 2018, yatangaje ko abari baraye bagabye igitero cyo gusahura abaturage mu Karere ka Nyaruguru baturutse mu Burundi, bakanyura mu ishyamba rya Nyungwe riri hagati y’ibihugu byombi, ari na yo nzira baciye basubira mu gihugu cyabo.

Muri iryo tangazo hari ahagira hati “Abo bagizi ba nabi bateye baturutse mu gihugu cy’u Burundi banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, ari nayo nzira banyuze basubirayo. Ibi bikaba bibaye nta n’ibyumweru bibiri bishize mu karere kamwe habaye igitero nk’iki”.

Polisi yasabye abaturage gukomeza ubufatanye n’Inzego z’Umutekano bahanahana amakuru kugira ngo abo bagizi ba nabi bamenyekane.

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Editorial 02 Mar 2017
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Editorial 22 Oct 2017
Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Editorial 14 Jan 2019
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Editorial 08 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?
UBUKUNGU

Ese Imyanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yaba yarashyizwe mu bikorwa?

Editorial 08 Mar 2019
Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka
IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Editorial 07 May 2018
Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda
Mu Mahanga

Ubwoba ni bwose mu nkambi y’impunzi z’Abarundi ya Lusenda

Editorial 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru