• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Editorial 25 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri X (Twitter), Patrick Rugaba agaragara nk’impirimbanyi yo kurengera “Hutu Power”, aho apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, agasebya Itorero ry’Igihugu, akanibasira ubuyobozi bw’u Rwanda. Uko bigaragara, ibyo akora bifite inkomoko mu murage w’urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside yasizwe na Se umubyara, Sibomana Metusera, umujenosideri ruharwa wahanwe n’inkiko Gacaca.

Tariki ya 12 Kamena 2008, Urukiko Gacaca rwa Murangara B mu Karere ka Karongi rwahamije Sibomana Metusera ibyaha bikomeye bya Jenoside, rumukatira igifungo cy’imyaka 19. Mu byaha yahamijwe harimo kuyobora ibitero byagiye kwica Abatutsi ku bitaro bya Mugonero aho yaririmbaga indirimbo “Tubatsembatsembe”, kwitabira ibitero byo kwica Abatutsi ku Ngoma, Kanyabungo, Gitwa, Murambi, Nyabubare, Muyira na Bisesero, gukoresha grenades mu bwicanyi, gusahura ibintu by’Abatutsi harimo n’iby’ibitaro bya Mugonero, gutwara inka n’ibintu by’abishwe no gusenya amazu yabo.

Mu gitero cyo kuri Ngoma, Sibomana Metusera ni we wabanje gutera grenade mu Banyarwanda b’inzirakarengane mbere y’uko abasirikare bakoresha amasasu. Byose hamwe, Sibomana Metusera yamenyekanye mu bitero simusiga 11 byahitanye Abatutsi batabarika.

Uyu munsi, Patrick Rugaba akoresha imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside Se yasize, abihisha inyuma y’amagambo ya demokarasi. Asebeje Itorero ry’Igihugu ryigisha urubyiruko indangagaciro z’umuco nyarwanda n’ubumwe, atuka abarokotse Jenoside akabita abiyitirira Jenoside nyamara bararokotse imihoro n’amasasu ya Se, kandi yibasira abayobozi b’u Rwanda aho kwisuzuma ngo agaruke ibuntu, ahubwo akoresha X mu guharabika no gukwirakwiza urwango.

Patrick Rugaba afatanya n’abandi bahakana Jenoside nka Claude Gatebuke, Diane Shima Rwigara n’abana ba Mbonyumutwa Dominique mu gukomeza umurage mubi wo kurwanya u Rwanda. Urugero rwe rwerekana uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside ishobora kurasirwa mu miryango no gusigasirwa nk’umurage mubi.

U Rwanda rwiyubatse ku bumwe n’ubwiyunge, ibyo abantu nka Rugaba bahora bashaka gusenya. Ni inshingano z’Abanyarwanda bose kumagana abashaka guha isura nshya abajenosideri, no kwigisha urubyiruko ko amateka atagomba kugorekwa cyangwa guhabwa ubundi busobanuro bw’urwango.

2025-08-25
Editorial

IZINDI NKURU

Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 

Mafia m’ubucuruzi bw’ amabuye y’agaciro niryo banga ryo gukomera kw’  ingoma ya Perezida Pierre Nkurunziza 

Editorial 17 Nov 2017
APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Editorial 19 Jul 2024
Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Editorial 21 Jan 2016
Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Editorial 29 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports mu makipe yiyongereye amahirwe yo kurenga 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2023
Amakuru

Police FC, Kiyovu SC na Mukura Victory Sports mu makipe yiyongereye amahirwe yo kurenga 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro 2023

Editorial 02 Mar 2023
Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi
Mu Rwanda

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Editorial 28 Feb 2017
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera
INKURU NYAMUKURU

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Editorial 22 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru