• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Editorial 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Amajwi y’ibanze angana na 80% y’abatoye mu itora rya Perezida wa Repubulika, arerekana ko Paul Kagame ari imbere y’abo bari bahanganye aho mu majwi y’abanyarwanda 5.498.414 amaze kubarurwa, yagize 98.66%.

Abandi bari bahanganye na Paul Kagame, Mpayimana Philippe yagize 0.72% naho Habineza Frank agira 0.45%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, nyuma yo kuvuga aya majwi y’ibanze yagize ati “Twavuga ko afite [Paul Kagame] amahirwe yo kuzakomeza kuba uwa mbere akaba azatsindira uyu mwanya wa Perezida wa Repubulika muri manda itaha. Ibyo rero tukaba tuzabihamya ejo.”

Paul Kagame umaze imyaka 17 ayobora u Rwanda, ni nawe wahabwaga amahirwe ugereranyije n’uburyo ibihumbi by’abanyarwanda bagiye bitabira ibikorwa bye mu gihe cyo kwiyamamaza.

Paul Kagame wamaze gutsinda amatora ubu ari gushimira abamuherekeje mu rugendo rwo kwiyamamaza

Ashimiye abikorera batanze umusanzu watumye amatora ashoboka akagenda neza ndetse n’umuryango we wamubaye hafi.
Ashimiye kandi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bagize uruhare kumwamamaza no kumutora, by’umwihariko itsinda ry’urubyiruko ryari mu bikorwa byo kumwamamaza mu gihugu hose.

Mu bandi bagize uruhare muri aya matora harimo abahanzi basusurutsaga abitabiriye ibikorwa byo kumwamamaza, ndetse n’abanyamakuru bamenyekanishaga ibyo bikorwa bakoresheje uburyo bwose burimo n’imbuga nkoranyambaga.
Ati” Ndi hano kuko nubahirije ibyo nasabwe namwe, ndetse uyu munsi bikaba bigaragara ko mwabyemeje muri aya matora.”

Yakomeje agira ati” Iyi myaka irindwi ni iyo gukomeza kwita ku Banyarwanda no gukemura ibibazo byabo cyane cyane ko duharanira kutaba ikindi kintu usibye kuba Abanyarwanda ba nyabo, bagana mu iterambere”.

Ni intsinzi yari yarahanuwe

Mu kwiyamamaza, Perezida Kagame yakunze kugaragaza ko nta cyatuma ategukana intsinzi, anashingiye ko ku kwiyamamaza kwe kuri iyi manda ya gatatu byatewe n’abaturage babanje gusaba guhindura Itegeko Nshinga mu Ukuboza 2015.

Hari nk’aho yagize ati “Abajya gutega muri aya matora ngo babaze ngo ariko ninde uzatsinda, byo mwabirangije kera. Abajya gutega bakanyuranya n’ibyo bakwiriye kuba babona, abo amafaranga yabo aragiye.”

Perezida Kagame ashimwa kubera umusanzu we mu kubohora igihugu aho yemeraga kureka amashuri ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akagaruka mu Rwanda kugira ngo arwanire gukura igihugu mu maboko y’ubutegetsi bubi.

Kuva mu 2000 yajya ku butegetsi mu gihe cy’inzibacyuho cyarangiye mu 2003, na nyuma yaho muri manda ebyiri yatorewe, yashyize u Rwanda ku rundi rwego mpuzamahanga ku buryo kugeza ubu ruza ku isonga mu bintu bitandukanye uhereye ku kuba ari igihugu gitekanye, gifite isuku, kizamura imibereho myiza y’abaturage umunsi ku wundi.

Kuva mu 2013, ibihumbi by’abanyarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu batangiye kuvuga urukundo bakunda Perezida Paul Kagame bitari urwo umuntu akunda undi ahubwo rushingiye ku iterambere amaze kugeza ku gihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Itegeko Nshinga ryagenaga ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi ishobora kongerwa rimwe. Bisobanuye ko nta muntu washoboraga kuyobora u Rwanda imyaka irenze 14. Gusa nyuma y’ubusabe bw’abaturage basabye ko iyo ngingo ya 101 ivugururwa kugira ngo Kagame yongere kwiyamamaza, mu 2015 habaye amatora ya referendumu birangira abangana 98.3% batoye ‘YEGO’.

-7474.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-08-05
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Editorial 22 Feb 2017
Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Editorial 27 Nov 2021
Kigali: Perezida Kagame azaganira n’abaminisitiri 54 ba Afurika ku ivugururwa rya AU

Kigali: Perezida Kagame azaganira n’abaminisitiri 54 ba Afurika ku ivugururwa rya AU

Editorial 05 May 2017
Burundi :  Abandi  basirikare 11 bakomeye  bongeye  gutoroka

Burundi : Abandi basirikare 11 bakomeye bongeye gutoroka

Editorial 20 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame
POLITIKI

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Editorial 13 Mar 2017
Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga
ITOHOZA

Isaha y’Abahanga irerekana ko hasigaye Iminota 2,30 ngo Isi ihinduke Umuyonga

Editorial 27 Jan 2017
‘ Amarira ‘ ya Jean Daniel Mbanda yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook
ITOHOZA

‘ Amarira ‘ ya Jean Daniel Mbanda yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook

Editorial 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru