• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Paul Rusesabagina arashinjwa uburiganya n’abahoze muri FLN

Paul Rusesabagina arashinjwa uburiganya n’abahoze muri FLN

Ubwanditsi 08 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu taliki ya 10 Mata 2019 n’ibyo byatangiye guhwihwiswa ko Maj.Nsabimana Callixte Sankara yatawe muri yombi mu birwa bya Comore,kandi ko Leta ya Comore irikuvugana n’uRwanda ngo yoherezwe aho yakoreye ibyaha.

Paul Rusesabagina wari Perezida wa MRCD muri icyo gihe yahise asaba impuzamashyaka gukusanya ibihumbi 50$ ngo afunguze Sankara ndetse yihutira ku ma radio Mpuzamahanga yishingora cyane ko yafunguje Sankara yagize ati:Umwanzi wacu Leta y’uRwanda yakamye ikimasa, kuko inshuti za FLN na MRCD zabashije kwihagararaho zikora hirya no hino Leta y’uRwanda ntiyabashya guhabwa Sankara wacu.

Kugeza ubu Maj.Callixte Sankara ari ahantu harinzwe cyane arindiwe umutekano nyuma yahoo tuzabagezaho gahunda ikurikiyeho.

Umwe mu bari abarwanyi ba FLN akaba ari mu kigo cy’ingando I Mutobo yatangarije Rwandatribune dukesha iyi nkuru ko Rusesabagina yabakinze igikarito mu maso cy’umudari yambitswe na Perezida George w.Bush wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, ababwira ko kurwego rwa Dipolomasi ntakibazo bazagira ndetse na Leta ya Congo itazigera ibatera kuko azavuga ari impunzi.

Uhereye mu mataliki ya 12 ugushyingo 2019 kugeza kuwa 20 ugushyingo inzego z’ubutasi za FLN ngo ntizabuze kugaragaza ikibazo cy’uko bagiye guterwa, ari nako boherezaga intabaza kuri HCR, nayo ikabasubiza ko nta nkambi izi ziba muri Karehe, bitabaje Rusesabagina yabasabye ibihumbi 35$ by’amadorari ngo ayatange mu miryango mpuzamahanga ibyo bitero bikumirirwe.

Abarwanyi ba FLN bagize icyizere kiraza amasinde kuko bakomeje kwishingikiriza Paul Rusesabagina wababwira ko ashingiye k’ubudahangarwa afite agiye kuza kwivuganira na Perezida ubwe Ethienne Kisekedi ko bamuhumura ntacyo FARDC izabatwara.

Kuwa 26 Ugishyingo bashidutse ibirindiro bita(Buevacs) byinshi by’aba ofisiye ba FLN bagoswe na FLN dore ko benshi bari abasaza bageze mu zabukuru abandi bibereye mu myaka yabo bari barahinze yari imaze kwera maze FARDC ibica umusubizo, bamwe batahukanwa ku gahato mu guhugu cy’uRwanda.

Benshi mu barwanyi harimo Capt Kamuntu Alpha bashinja Rusesabagina kuba nyirabayazana w’ibibazo FLN yahuye nabyo, insinzwi ndetse no gusenyuka, gushyira hanze ibintu byabo ku ma radio kandi ubwabo bakiyubaka noneho n’ubuhemu bw’amafaranga yagiye abarya dore ko n’imisanzu yahabwaga n’inshuti za FLN ziri mu mahanga yabagezagaho kimwe cya kabiri andi akayirira.

Paul Rusesabagina ni Perezida w’Ishyaka PDR IHUMURE rikaba umunyamuryango w’impuzamashyaka MRCD,akaba yarayoboye manda y’umwaka wa 2018-2019,ubu iyi mpuzamshyaka ikaba iyobowe na Gen.Wilson Irategeka iyi mpuzamashyaka ikaba ibarizwamo, bamwe mu bakoze jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, urugero n’umugore witwa Mukandutiye Angeline warushinzwe iterambere ry’umugore muri MRCD akaba yari yarakatiwe n’inkiko gacaca zo mu Rwanda kubera ibyaha bya jenoside yakoreye mu mujyi wa Kigali.

Abanyarwanda benshi n’inshuti z’u Rwanda, baherutse kwamagana itumirwa rya Paul Rusesabagina, aho yatumiwe ngo azavuge ijambo mu mujyi wa San Antonio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe amaze kumenyekana nk’umuntu uhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse utera inkunga imitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Kuva tariki 10-26 Mutarama uyu mwaka nibwo ibyo biganiro biteganyijwe mu cyiswe DreamWeek, aho Rusesabagina yatumiwe nk’umuntu ukora ibikorwa by’ubugiraneza, akazavuga ijambo ku wa 10 Mutarama nk’umuyobozi wa Hotel Rwanda Rusesabagina Foundation.

DreamWeek iba igizwe n’uruhurirane rw’ibikorwa byiganjemo ibiganiro, bigaruka ku kuzirikana inzozi za Martin Luther King Jr. zo kubana nta muntu n’umwe uhezwa.

Abamuhaye ubutumire bamushimagiza ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yagize uruhare mu kurokora Abahutu n’Abatutsi 1,268 bahigwaga n’Interahamwe, akabahungishiriza muri Hôtel des Mille Collines i Kigali, ntihagire n’umwe upfa.

Ni ibikorwa nyamara ubuhamya bwinshi ku byabereye muri Hotel des Milles Collines bugaragaza ko atari ukuri, uretse filime yuje amakabyankuru yamugize igitangaza, kuko nta cy’ubuntu bahawe, ibyo yakoze byari ubucuruzi aho kuba ubutabazi.

2020-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Ubwanditsi 10 May 2019
Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ni igiki cyihishe inyuma y’ingendo Perezida Nkurunziza yatangiye gukora hirya no hino mu gihugu?

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Gen.Maj Muganga wagizwe Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara ni muntu ki ?

Ubwanditsi 21 Nov 2018
Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Ubwanditsi 28 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika
SHOWBIZ

Samputu yitabiriye iserukiramuco rya “World Culture Open 2017 “ ahagarariye umugabane wa Afurika

Ubwanditsi 09 Nov 2017
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe
HIRYA NO HINO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Umwami Kigeli V Ndahindurwa  ashobora  gutabarizwa muri Amerika
ITOHOZA

Umwami Kigeli V Ndahindurwa ashobora gutabarizwa muri Amerika

Ubwanditsi 03 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru