• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Editorial 06 Mar 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ariko se ko ikibyimba cye cyajemo kanseri, kizakira? Abategetsi ba Kongo bari bamenyereye imvugo ya “cira aha nikubite”, nabo si ukwiriza no kwitetesha sinakubwira. Bari bazi ko kugereka ibibazo byabo ku Rwanda bizahoraho, birengagije ko ukuri gutinda kugatsinda.

Ubwo Perezida Tshisekedi yatumiraga muri Kongo Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yibwiraga ko ari undi mwanya abonye wo gusuka amarira ashinja u Rwanda uruhare mu bibazo byamunaniye, ndetse akanarusabira ibihano.

Yumvaga Perezida Macron nawe azaba nka ba Senateri Robert Menendez na bamwe mu badepite bo mu Burayi Tshisekedi yafunze umuba w’amafaranga ngo bazengereze u Rwanda. Ibyo yari yiteze ariko ntibyamuhiriye, kuko Perezida Macron yamubaze ta kinya.

Ubwo yari mu ruzinduko muri Kongo kuwa gatandatu ushize, Perezida Macron yahisemo gukanda ikibyimba kikameneka, agamije kukivura kigakira, aho kugisiga amavuta gusa nk’uko bimenyerewe, kugeza ubwo cyaje no kuvamo kanseri. Ukuri Tshisekedi yabwiwe kwaramutunguye, kuko yari akuzi gusa ku bayobozi b’u Rwanda, dore ko abandi barumaga bagahuha.

Mu mvugo itanyura ku ruhande, Perezida w’Ubufaransa yabwiye Tshisekedi ko nyirabayazana w’ibibazo bya Kongo ari Abanyekongo ubwabo, bikaba ari ubugwari gushaka abandi babyegekaho. Yagize ati:”Kuva muw’1994 mwananiwe kubaka ubusugire bw’igihugu cyanyu, haba mu rwego rw’igisirikari n’umutekano, haba no mu mitegekere y’igihugu.

Mumbabarire kubabwiza ukuri gusharira, ariko ntimugashakire hanze ya Kongo ababateza ibibazo”. Perezida Macron ntiyagarukiye aha, ahubwo yanibukije ko amatora yo muw’2018 yashyize Tshisekedi ku butegetsi, yabayemo uburiganya, mu by’ukuri akaba ari mu mwanya utari uwe.

Muri make mbere yo gushinja u Rwanda n’ibindi bihugu uruhare mu guhungabanya ubusugire bwa Kongo, Tshisekedi n’agatsiko ke bagombye kwibuka ko kwiba amatora ari uguhonyora itegekonshinga, guhungabanya bikomeye ubusugire bw’igihugu. Ku birebana n’ibihano Tshisekedi yasabiraga uRwanda, Emmanuel Macron yamushubijke ko hakwiye kubanza kubahirizwa imyanzuro yafatiwe i Luanda muri Angola, aba amubwiriyemo ko agomba gushaka igisubizo cy’intambara binyuze mu mishyikirano, nk’uko iyo myanzuro ya Luanda ibiteganya. Nguko rero uko uwahigaga yahindutse umuhigo.

Nyuma y’iyo mvugo ikarishye Tshisekedi yananiwe kwihangana, agaragaza ubuswa muri dipolomasi n’indi myitwarire idakwiye umuntu uri ku rwego rwa Perezida w’igihugu. Nyamara uburakari bwa rya tungo ryo mu rugo bushirira mu kuzunguza umurizo.

Ko Tshisekedi se atarakaye ngo yange imfashanyo Perezida Macron yahavuye amwemereye? Tshisekedi nashikame ahangane n’ukuri, kuko ikinyoma ntigihabwa intebe kabiri. Nyuma ya Papa Francis nawe wamubwiye ko umuti w’ibibazo bya Kongo uri mu biganza by’Abanyekongo, akanamwibutsa ko ivangura rishingiye ku moko rizatuma ibintu birushaho kumukomerana, inzira yo kumywa umuti ushaririye igomba kuba itangiye kuri Tshisekedi.

Ibyo gushyikirana n’abamurwanya yari yarateye umugongo ubanza ari yo nzira rukumbi asigaranye yo kwivana mu mazi abira.

2023-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

Editorial 05 Feb 2024
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Editorial 15 Oct 2016
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Editorial 13 Oct 2022
Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Editorial 22 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa
ITOHOZA

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017
Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo  kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa munzira zo gusaba Uburyamo kwa Agatha Kanziga. Ese mama azabumuha ?

Editorial 06 Jun 2017
Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye intiti zirimo kumufasha kuvugurura Komisiyo ya AU

Editorial 13 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru