• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Perezida Kagame asanga Afurika itakomeza gutungwa n’inkunga z’amahanga ubuziraherezo

Editorial 15 Oct 2019 UBUKUNGU

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, asanga Afurika idashobora gukomeza kubeshwaho n’inkunga z’amahanga kugirango ishore imari mu mpinduka zayo.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu nama ya 8 y’Impuzamashyirahamwe Nkuru y’ibigo byo muri Cote d’Ivoire (CGECI), inama ya mbere yagutse ngarukamwaka y’abikorera muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika.

Ni inama ihuriza hamwe urwego rw’abikorera rwo mu bihugu byo muri Afurika y’iburengerazuba ikigirwamo uburyo kuzamura guhatana, iterambere n’ibindi.

Perezida Kagame ati: “Tugomba kugera aho ibihugu byacu bifite ubushobozi bwo gushora mu mpinduka zacu ubwacu. Inkunga y’iterambere yagize akamaro kandi ikomeje kugira akamaro, by’umwihariko iyo dukora dushaka kubyaza umusaruro buri giceri twakira. Ariko ikigamijwe ntikigeze kiba gukomeza gutungwa ubuziraherezo mu gihe buri gihe twari dufite ubushobozi bwo kwikungahaza ubwacu.”

Ngo aho guhora ihanze amaso ibindi bihugu ngo biyifashe, Perezida Kagame yavuze ko hari uburyo bwinshi bwabyarira umusaruro Afurika mu gukorana n’ibindi bihugu n’imiryango y’akarere ku nyungu rusange.

Iyi nama y’uyu mwaka ikaba ikaba ifite insanganyamatsiko yo kurema umwuka mwiza wo gukoreramo business. Kugirango bigerweho, Perezida Kagame akaba asanga hakwiye imikoranire hagati ya leta n’abikorera bagasangira ubunararibonye.

Ibi kandi ngo bigomba gukorwa binyuze mu nama nk’iyi, bagahura , bakarushaho kumenyana, bagasangira ubunararibonye, ndetse bamwe bakigira ku bandi.

Ati: “Icyo dushaka ni ukureshya no kugumana ku rwego rwo hejuru ishoramari uko dushoboye, ryaba iry’imbere n’iryo hanze, ngo tuzamure ubukungu bwacu kandi dushakire ubukire abaturage bacu”

Akomoza ku bunararibonye bw’u Rwanda mu guteza imbere umwuka mwiza wo gukoreramo business, Kagame yavuze ko igihugu cyashishikarije ibigo bya leta byose n’abagize urwego rw’abikorera ngo bagire uruhare mu mpinduka.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ibi byagize akamaro kubw’ibyo, “ nta mpamvu yo kudakora ibiri mu bushobozi bwacu. Twese tuzumva inyungu yo kubikora,”

Ku kijyanye n’Isoko Rusange rya Afurika (African Continental Free Trade Area), perezida Kagame yavuze ko buri gihugu n’akarere bigomba gukora ibyo bisabwa kugirango kwihuza mu by’ubukungu kwa Afurika kwifuzwa kuzagerweho.

Perezida Kagame kandi yasabye Guverinoma zo muri Afurika gufasha urwego rw’abikorera no gukorana nabo mu gukuraho imbogamizi zikibangamira gukora business.

Za guverinoma kandi yavuze ko zifite inshingano zo guha urubyiruko ubumenyi n’amahugurwa bizajya birufasha kujyana n’amahirwe abonetse.

Ibi kandi ngo bikwiye kujyana no gushora mu kubaka imyimvire y’urubyiruko rwo muri Afurika, mu bijyanye no kwihangira imirimo no guhanga udushya

Iyi nama ya 08 ya CGECI yahuriyemo abikorera baturutse muri Afurika y’uburengerazuba, mu gihe u Rwanda rwari rwatumiwe nk’umushyitsi ngo rusangize abitabiriye iyi nama amasomo ajyanye ajyanye no guteza imbere ibijyanye no gukora business no gufasha abikorera kugera ku rwego rwiza.

Abantu bagera kuri 50 baturutse mu rwego rw’abikorera mu Rwanda baturutse mu nzego zitandukanye nk’ubuhinzi, inganda, ikoranabuhanga, nabo bitabiriye iyi nama kandi bateganya kugirana inama na bagenzi babo bo mu rwego rw’abikorera rwo muri Cote d’Ivoire.

Iyi nama ngarukamwaka yatangiye kuba mu 2012, itangijwe na CGECI. Iya 2019, yitezwemo abasaga 6000 barimo abayobozi b’ibigo bikomeye bagera ku 1000.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-10-15
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Editorial 11 Oct 2019
Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Ingengo y’imari y’igihugu igiye kongerwaho miliyari 141 Frw

Editorial 29 Jan 2019
U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

U Buhinde bwagurije u Rwanda miliyari 56 Frw zo kubaka umuhanda Base – Butaro – Kidaho

Editorial 16 May 2018
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Editorial 17 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RD- Congo:  Perezida Tshisekedi  yashyizeho Minisitiri w’intebe mushya Sylvestre Ilunga Ilunkamba
HIRYA NO HINO

RD- Congo: Perezida Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’intebe mushya Sylvestre Ilunga Ilunkamba

Editorial 20 May 2019
Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc
Amakuru

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Editorial 01 Aug 2021
Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside
POLITIKI

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Editorial 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru