• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Perezida Kagame asanga igihe cyo guhitiramo Abanyafurika icyo bakwiriye cyararangiye

Editorial 27 Sep 2019 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame aravuga ko igihe cyo gutegeka Abanyafurika icyo bagomba gukora cyangwa icyo bagomba kuba cyo cyarangiye ubu ari igihe cyo’ibiganiro byiza n’ubufatanye bishobora kugirira inyungu uburengerazuba na Afurika mu buryo bw’ubwubahane.

Ibi Perezida Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane ageza ijambo ku Nama y’Abayobozi b’Isi, ibera buri mwaka muri Kaminuza ya Columbia I New York, yitabirwa n’abanyeshuri ba kaminuza, abarimu n’abagize amashami atandukanye.

Mu ijambo rye muri iyi nama imaze kwakira abakuru ba za leta n’abayobozi b’Isi bagera mu 100 baturutse mu bihugu bisaga 85 kuva yatangira mu 2003, Perezida kagame yavuze ko Abanyarwanda n’Abanyafurika, by’umwihariko, bageze ku rwego rw’aho amahitamo yabo akeneye kubahwa aho kugirango bategekwe.

Yavuze ko hashize ibinyejana byinshi Abanyafurika bafatwa nk’abantu batazi icyo bashaka, mu gihe abandi bagerageza kubatekerereza no kugena icyo bakwiriye.

Yagize ati: “Abayobozi benshi ba Afurika, nanjye ndimo, bagiye bahura no guhatwa ibibazo n’abanyamahanga, kuri buri kimwe gifatwa nk’ikitari cyo ku bihugu byacu,”

Yakomeje avuga ko gira kenshi, kunenga kuba kudashingiye ku kuri cyangwa ibiriho ahubwo ari ivangura ryahawe intebe.

Yakomoje ku kiganiro yagiranye na France 24, avuga ko yagiye agongana n’abantu ku bibazo by’uko ibibazo Afurika ifite byagabanuka, akabasaba kureka Abanyafurika bakagena ahazaza habo.

Ati: “Byarangiye mbwira umwe muri bo, Uri nde? Ukeka ko uri muntu bwoko ki? Abayobozi ba Afurika basubiza abaturage babo. Nta cyumba kigomba kubaho cy’abantu bigomba kubanza gucaho.” 

Ku Bushinwa

Perezida Kagame yatanze urundi rugero rw’u Bushinwa, aho ibihugu byo mu burengerazuba (u Burayi na USA) bikomeje kugaragaza impungenge bifitiye u Bushinwa muri Afurika.

“Twumva ngo u Bushinwa ni bubi kuri Afurika. Ko gukorana business n’u Bushinwa bizaganisha ku myenda n’ubutegetsi bw’igitugu. Biba bitangaje iyo iyi miburo ituruka ahantu, hakomeje ubufatanye mu by’ubucuruzi n’ishoramari n’u Bushinwa, ahubwo Afurika inabereyemo imyenda myinshi yo hanze,”

Perezida Kagame akaba yakomeje yibaza ukuntu gukorana n’u Bushinwa bigira inyungu hamwe bikaba ikibazo ku bandi, agasanga hari ikindi kintu gikomeye kibyihishe inyuma ari ho hava igitekerezo cy’uko Afurika yaba ari igihembo cyo gutsindira cyangwa kubura. (“a prize” to win or lose,”).

Umukuru w’igihugu yavuze ko atari byo kumva ko ibihugu ibindi bihugu byahitiramo Afurika ibyo ishaka aho kugirango Abanyafurika bihitiremo.

Ati: “Kumva ko twe Abanyafurika tutazi icyiza kuri twe. Iyo mitekerereze nta mwanya ifite mu Isi ya none. Dufite izindi business zihutirwa. Afurika ifite inyungu zayo zo gukurikirana, kandi turateganya kubikomeza.”

Perezida Kagame yafashe n’umwanya avuga kuri raporo igaragaza uko abaturage b’ibihugu bishimye (World Happiness Report) ikunze gushyira u Rwanda mu myanya ya nyuma nk’ikindi kimenyetso cy’ukuntu Abanyaburayi bakomeje gushaka gutegeka Abanyafurika, yibaza ukuntu u Rwanda iteka rushyirwa mu kebo kamwe n’ibihugu byugarijwe n’amakimbirane.

Yabajije ukuntu abaturage b’igihugu cyakoze amavugurura adasanzwe mu bukungu mu mateka ya raporo y’ishami rya Loni ryita ku iterambere rya muntu, baza no mu ba mbere babayeho nabi ku Isi.

2019-09-27
Editorial

IZINDI NKURU

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Editorial 18 Dec 2018
Icyo wamenya  k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Icyo wamenya k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Editorial 10 Jun 2017
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Editorial 16 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe  yo mu mujyi umwe  i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza
IMIKINO

Amakipe yo mu mujyi umwe i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza

Editorial 15 Feb 2016
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda
ITOHOZA

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Editorial 09 Jul 2018
Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame araza gusangira na Mark Zuckerberg washinze Facebook nyuma yo kwakirwa na Macron muri Champs-Elysée

Editorial 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru