• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Editorial 20 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu Mujyi wa Abidjan muri Côte d’Ivoire kuri uyu wa 19 Ukuboza 2018, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije guteza imbere ubufatanye mu bukungu no kunoza umubano hagati y’ibihugu byombi.

Mu kubitegura, imihanda minini muri uyu mujyi yari yarimbishijwe amagambo amuha ikaze nk’uwazahuye u Rwanda, akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Dramane Ouattara ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Félix Houphouët-Boigny. Biteganyijwe ko bazagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Perezida Kagame azanaganira n’abashoramari bakomeye muri iki gihugu ku bijyanye n’ubuhahirane; azanabasangize uko u Rwanda ruhagaze mu bucuruzi n’imikorere y’inganda.

Kuri uyu mugoroba, Perezida Kagame na Madamu barakirwa na Alassane Ouattara ku meza, ndetse banahabwe amashimwe agenerwa abayobozi b’inkoramutima za Côte d’Ivoire.

Perezida Kagame arahabwa ishimwe ryitwa “Grand-Croix de l’Ordre National de Côte d’Ivoire » mu gihe Madamu Jeannette Kagame ahabwa ‘‘Grade de Commandeur de l’Ordre National de Côte d’Ivoire.»

Ishimwe rikomeye rizwi nka « Ordre national de Côte d’Ivoire’’ ryatangiye gutangwa ku wa 10 Ukuboza 1960. Rihabwa uwagaragaje umwihariko mu mibanire n’iki gihugu na serivisi zigenewe abagituye.

Mu myaka ibiri ishize, ku wa 1 Kamena 2016 iri shimwe ryahawe Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama n’umugore we Lordani Mahama.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame agendereye Côte d’Ivoire mu gihe Perezida Alassane Ouattara aheruka gusura u Rwanda muri Mata 2018, ubwo yitabiraga Inama Ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend.

Perezida Ouattara yaherukaga kwakira Kagame mu gihugu cye ku wa 28 Ugushyingo 2017. Yari yitabiriye inama ya Gatanu yahuje Afurika n’u Burayi, yateraniye Abidjan ku 29-30 Ugushyingo 2017.

Umubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire umaze kwaguka mu ngeri zinyuranye. Ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege. Kuva mu Ukwakira 2016, indege za Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, ikora ingendo zerekeza i Abidjan.

Perezida Ouattara aramukanya na Perezida Kagame ubwo yari ageze i Abidjan mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Perezida Ouattara yahaye ikaze Kagame mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Madamu Jeannette Kagame yakiranywe urugwiro i Abidjan

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kugirana ikiganiro na Perezida Ouattara na Madamu Dominique Ouattara

2018-12-20
Editorial

IZINDI NKURU

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Igikomangoma Mohammed bin Zayed n’abashoramari bakomeye b’i Dubai na Abu Dhabi bategerejwe mu Rwanda

Editorial 18 Jun 2018
‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

Editorial 10 Jul 2017
Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Editorial 28 Mar 2017
Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Editorial 06 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI
ITOHOZA

UKO INTUMWA 12 ZA YESU ZAPFUYE URUPFU RUBI

Editorial 16 Jun 2016
Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe
ITOHOZA

Amabanga yo kwica Kim Jong Un wa Koreya ya Ruguru Amerika yari isangiye na Koreya y’epfo yibwe

Editorial 12 Oct 2017
Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi
UBUKUNGU

Banki y’isi yahaye u Rwanda miliyoni 125 $ yo guteza imbere ingufu z’amashanyarazi

Editorial 04 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru