• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Editorial 20 Dec 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu Mujyi wa Abidjan muri Côte d’Ivoire kuri uyu wa 19 Ukuboza 2018, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije guteza imbere ubufatanye mu bukungu no kunoza umubano hagati y’ibihugu byombi.

Mu kubitegura, imihanda minini muri uyu mujyi yari yarimbishijwe amagambo amuha ikaze nk’uwazahuye u Rwanda, akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Dramane Ouattara ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Félix Houphouët-Boigny. Biteganyijwe ko bazagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Perezida Kagame azanaganira n’abashoramari bakomeye muri iki gihugu ku bijyanye n’ubuhahirane; azanabasangize uko u Rwanda ruhagaze mu bucuruzi n’imikorere y’inganda.

Kuri uyu mugoroba, Perezida Kagame na Madamu barakirwa na Alassane Ouattara ku meza, ndetse banahabwe amashimwe agenerwa abayobozi b’inkoramutima za Côte d’Ivoire.

Perezida Kagame arahabwa ishimwe ryitwa “Grand-Croix de l’Ordre National de Côte d’Ivoire » mu gihe Madamu Jeannette Kagame ahabwa ‘‘Grade de Commandeur de l’Ordre National de Côte d’Ivoire.»

Ishimwe rikomeye rizwi nka « Ordre national de Côte d’Ivoire’’ ryatangiye gutangwa ku wa 10 Ukuboza 1960. Rihabwa uwagaragaje umwihariko mu mibanire n’iki gihugu na serivisi zigenewe abagituye.

Mu myaka ibiri ishize, ku wa 1 Kamena 2016 iri shimwe ryahawe Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama n’umugore we Lordani Mahama.

Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame agendereye Côte d’Ivoire mu gihe Perezida Alassane Ouattara aheruka gusura u Rwanda muri Mata 2018, ubwo yitabiraga Inama Ngarukamwaka ya Ibrahim Governance Weekend.

Perezida Ouattara yaherukaga kwakira Kagame mu gihugu cye ku wa 28 Ugushyingo 2017. Yari yitabiriye inama ya Gatanu yahuje Afurika n’u Burayi, yateraniye Abidjan ku 29-30 Ugushyingo 2017.

Umubano w’u Rwanda na Côte d’Ivoire umaze kwaguka mu ngeri zinyuranye. Ibihugu byombi byasinye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege. Kuva mu Ukwakira 2016, indege za Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, ikora ingendo zerekeza i Abidjan.

Perezida Ouattara aramukanya na Perezida Kagame ubwo yari ageze i Abidjan mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire

Perezida Ouattara yahaye ikaze Kagame mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Madamu Jeannette Kagame yakiranywe urugwiro i Abidjan

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame babanje kugirana ikiganiro na Perezida Ouattara na Madamu Dominique Ouattara

2018-12-20
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Jammeh wa Gambia yerekanye gukunda igihugu kurusha Nkurunziza w’u Burundi

Perezida Jammeh wa Gambia yerekanye gukunda igihugu kurusha Nkurunziza w’u Burundi

Editorial 06 Dec 2016
Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul

Administrator 08 Nov 2025
Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Umuhungu wa Ingabire mu marira y’ingona asaba ko Trump afungura nyina ufunzwe ku byaha bikomeye

Editorial 22 Aug 2025
U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

U Rwanda rugiye kuyobora impinduka ku rujya n’uruza rw’abantu muri Afurika

Editorial 20 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya
Amakuru

AMAFOTO: Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yasuye Amavubi yitegura kwerekeza muri Libya

Editorial 30 Aug 2024
Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Editorial 18 Nov 2016
Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA
ITOHOZA

Trump agiye gushyira ahagaragra iby’iraswa rya John Kennedy wayoboye USA

Editorial 23 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru