• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Beijing mu Bushinwa, aho bazitabira Inama y’Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa yiswe ‘FOCAC2018’.

Inama ya FOCAC Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye izatangira ku wa Mbere tariki 3 igasozwa kuwa 4 Nzeri 2018.

Izibanda ku bufatanye bw’u Bushinwa na Afurika mu mugambi wo kugira ahazaza heza binyuze mu bufatanye buri wese yungukiramo.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), azageza ku bitabiriye iyi nama ijambo ryo kuyifungura.

Muri rusange umubano wa Afurika n’u Bushinwa ushingiye ku bijyanye na politiki, ibikorwa remezo, inganda n’ubuhinzi. Urugero ni aho wavuyemo imishinga irimo umuhanda wa gariyamoshi uhuza Djibouti na Ethiopia, ndetse no gutera inkunga imishinga y’ibyanya byahariwe inganda hirya no hino ku mugabane.

By’umwihariko mu Rwanda iyi nama ivuze byinshi. Umubano w’ibihugu byombi urakomeye, buri kimwe gifite Ambasaderi mu kindi. Uretse ibyo, amasosiyete akomeye y’Abashinwa arimo ay’ubwubatsi arakomeye ku isoko ry’u Rwanda mu kubaka ibikorwaremezo nk’imihanda, imiturirwa n’ibindi.

Uretse ibikorwa by’ubucuruzi by’Abashinwa mu Rwanda, bunarutera inkunga mu nzego zitandukanye. Kuri ubu hari kurangizwa inyubako izakoreramo Minisitiri w’Intebe na minisiteri zigera kuri eshanu.

Izuzura itwaye miliyoni 37 z’amadolari ya Amerika, yose yatanzwe n’u Bushinwa. Hari imihanda myinshi bwateye inkunga, ishoramari rikomeye aho ibigo by’ubucuruzi by’Abashinwa byibona cyane mu Rwanda.

Afurika ni umugabane ukeneye cyane ibikorwa remezo kugira ngo ubashe gutera imbere mu bukungu, umubano wawo n’u Bushinwa, uzatuma ubona inkunga n’inguzanyo zo gushora mu mishinga izatuma inganda zitera imbere bigatuma n’iki gihugu kigera ku Isi yose.

Mu 2015 u Bushinwa bwemereye Afurika miliyari 60 z’amadolari mu gihe cy’imyaka itatu, inguzanyo Perezida Xi yavuze ko igamije “ubufatanye mu ishoramari” hagati y’igihugu cye n’ibya Afurika.

Inama ya FOCAC 2018, ni imwe mu zikomeye u Bushinwa bwakiriye muri uyu mwaka, ikaba ari yo ya mbere izitabirwa n’umubare munini w’abayobozi b’ibindi bihugu.

Abakuru b’Ibihugu bya Afurika n’abandi bayobozi bamaze kugera i Beijing, aho bafite ibiganiro na bagenzi babo b’u Bushinwa ndetse hagasinywa n’amasezerano atandukanye. Hari kandi no guhura n’abashoramari.

Mu bandi bategerejweho gutanga ibiganiro muri iri huriro ni Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres na Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Mahamat Faki.

Abandi bamaze kugera mu Bushinwa barimo; Mokgweetsi EK Masisi, Perezida wa Botswana, Muhammadu Buhari wa Nigeria, Roch Marc Kaboré wa Burkina Faso, Paul Biya wa Cameroun, Ibrahim Boubacar Keita wa Mali, Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire.

Abandi bageze Beijing barimo; Denis Sassou NGuesso wa Congo Brazzaville, Issoufou Mahammadu wa Niger, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Dr Abiy Ahmed, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abandi.

Inama ya FOCAC iba igizwe n’inama z’abaminisitiri, ziba buri myaka itatu, iya mbere ikaba yarabaye mu Ukwakira mu 2000 i Beijing naho iheruka yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ku wa 2015.

Biteganyijwe ko muri iyi nama Perezida Xi Jinping, azagaragaza ibitekerezo bishya byo guteza imbere umubano wa Afurika n’u Bushinwa, anatangaze ingamba nshya z’ubufatanye.

Iyi nama izasozwa hasinywa inyandiko n’igenabikorwa rigaragaza ibizagenderwaho mu mubano wa Afurika n’u Bushinwa mu myaka itatu iri imbere. Ibi bizubakira ku byagezweho mu nama ya Johannesburg yari yiyemeje guteza imbere inganda n’ubuhinzi.

2018-09-01
Editorial

IZINDI NKURU

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Editorial 21 May 2018
Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Editorial 15 Sep 2019
Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.

Editorial 26 Feb 2021
Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Editorial 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame
Mu Mahanga

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

Editorial 11 Sep 2016
Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko
Mu Mahanga

Abacuruzi ba Shisha muri Kenya batwaye leta mu rukiko

Editorial 01 Jan 2018
Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Editorial 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru