• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Beijing mu Bushinwa, aho bazitabira Inama y’Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa yiswe ‘FOCAC2018’.

Inama ya FOCAC Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye izatangira ku wa Mbere tariki 3 igasozwa kuwa 4 Nzeri 2018.

Izibanda ku bufatanye bw’u Bushinwa na Afurika mu mugambi wo kugira ahazaza heza binyuze mu bufatanye buri wese yungukiramo.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), azageza ku bitabiriye iyi nama ijambo ryo kuyifungura.

Muri rusange umubano wa Afurika n’u Bushinwa ushingiye ku bijyanye na politiki, ibikorwa remezo, inganda n’ubuhinzi. Urugero ni aho wavuyemo imishinga irimo umuhanda wa gariyamoshi uhuza Djibouti na Ethiopia, ndetse no gutera inkunga imishinga y’ibyanya byahariwe inganda hirya no hino ku mugabane.

By’umwihariko mu Rwanda iyi nama ivuze byinshi. Umubano w’ibihugu byombi urakomeye, buri kimwe gifite Ambasaderi mu kindi. Uretse ibyo, amasosiyete akomeye y’Abashinwa arimo ay’ubwubatsi arakomeye ku isoko ry’u Rwanda mu kubaka ibikorwaremezo nk’imihanda, imiturirwa n’ibindi.

Uretse ibikorwa by’ubucuruzi by’Abashinwa mu Rwanda, bunarutera inkunga mu nzego zitandukanye. Kuri ubu hari kurangizwa inyubako izakoreramo Minisitiri w’Intebe na minisiteri zigera kuri eshanu.

Izuzura itwaye miliyoni 37 z’amadolari ya Amerika, yose yatanzwe n’u Bushinwa. Hari imihanda myinshi bwateye inkunga, ishoramari rikomeye aho ibigo by’ubucuruzi by’Abashinwa byibona cyane mu Rwanda.

Afurika ni umugabane ukeneye cyane ibikorwa remezo kugira ngo ubashe gutera imbere mu bukungu, umubano wawo n’u Bushinwa, uzatuma ubona inkunga n’inguzanyo zo gushora mu mishinga izatuma inganda zitera imbere bigatuma n’iki gihugu kigera ku Isi yose.

Mu 2015 u Bushinwa bwemereye Afurika miliyari 60 z’amadolari mu gihe cy’imyaka itatu, inguzanyo Perezida Xi yavuze ko igamije “ubufatanye mu ishoramari” hagati y’igihugu cye n’ibya Afurika.

Inama ya FOCAC 2018, ni imwe mu zikomeye u Bushinwa bwakiriye muri uyu mwaka, ikaba ari yo ya mbere izitabirwa n’umubare munini w’abayobozi b’ibindi bihugu.

Abakuru b’Ibihugu bya Afurika n’abandi bayobozi bamaze kugera i Beijing, aho bafite ibiganiro na bagenzi babo b’u Bushinwa ndetse hagasinywa n’amasezerano atandukanye. Hari kandi no guhura n’abashoramari.

Mu bandi bategerejweho gutanga ibiganiro muri iri huriro ni Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa, Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo, Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres na Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Mahamat Faki.

Abandi bamaze kugera mu Bushinwa barimo; Mokgweetsi EK Masisi, Perezida wa Botswana, Muhammadu Buhari wa Nigeria, Roch Marc Kaboré wa Burkina Faso, Paul Biya wa Cameroun, Ibrahim Boubacar Keita wa Mali, Alassane Ouattara wa Côte d’Ivoire.

Abandi bageze Beijing barimo; Denis Sassou NGuesso wa Congo Brazzaville, Issoufou Mahammadu wa Niger, Uhuru Kenyatta wa Kenya, Dr Abiy Ahmed, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia n’abandi.

Inama ya FOCAC iba igizwe n’inama z’abaminisitiri, ziba buri myaka itatu, iya mbere ikaba yarabaye mu Ukwakira mu 2000 i Beijing naho iheruka yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ku wa 2015.

Biteganyijwe ko muri iyi nama Perezida Xi Jinping, azagaragaza ibitekerezo bishya byo guteza imbere umubano wa Afurika n’u Bushinwa, anatangaze ingamba nshya z’ubufatanye.

Iyi nama izasozwa hasinywa inyandiko n’igenabikorwa rigaragaza ibizagenderwaho mu mubano wa Afurika n’u Bushinwa mu myaka itatu iri imbere. Ibi bizubakira ku byagezweho mu nama ya Johannesburg yari yiyemeje guteza imbere inganda n’ubuhinzi.

2018-09-01
Editorial

IZINDI NKURU

Ministiri Gatabazi yasabye ko havugururwa inzu ya mushiki wa Rwalinda P. Celestin

Ministiri Gatabazi yasabye ko havugururwa inzu ya mushiki wa Rwalinda P. Celestin

Editorial 16 Apr 2022
Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Ubukeca bwa Rudasingwa ntibwakwirengagizwa-Willis SHALITA

Editorial 11 Mar 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Editorial 12 Jul 2018
Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Umugambi wa Leta y’Uburundi mu biganiro by’amahoro byitabiriwe na Agathon Rwasa ahagarariye abarwanya Leta kandi ayikorera

Editorial 29 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo  ukurikirana
Mu Mahanga

Uko umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Mucyo ukurikirana

Editorial 06 Oct 2016
Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye
Mu Mahanga

Ikipe y’Isonga FC ntaho yagiye irahari kandi irakomeye

Editorial 13 Feb 2016
Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa
Mu Rwanda

Abahoze bayoboye ADEPR basigaye muri gereza bahaye urukiko impamvu na bo bakwiye gufungurwa

Editorial 28 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru