• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Editorial 20 Jul 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame na Filipe Jacinto Nyusi wa Mozambique uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, basobanuye ko bafitiye icyizere ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu y’ubufatanye yashyizweho umukono n’ibihugu byombi kuko bo ubwabo bazabyikurikiranira.

Kuri uyu wa 20 Nyakanga nibwo hashyizwe umukono ku masezerano arimo ayo gukuraho visa ku ba diplomate n’abandi bafite passport z’akazi, ay’ubufatanye mu birebana no gutwara abantu n’ibintu mu kirere, ajyanye n’ubumenyi n’ikoranabuhanga, ay’imikoranire ya kaminuza n’amashuri makuru ndetse n’andi yasinywe hagati y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere, RDB n’Igishinzwe guteza imbere ishoramari muri Mozambique. Ni igikorwa cyabereye muri Village Urugwiro.

Nyuma y’isinywa ry’aya masezerano, Perezida Kagame yavuze ko afite icyizere mu ishyirwa mu bikorwa ryayo agishingiye ku buryo Nyusi ari umuntu ukunda kugera ku cyo yiyemeje, kandi iteka aharanira ko ibintu bikorwa ku gihe.

Ati “Guharanira ko ibintu bikorwa vuba tubihuriyeho, yego gushyira mu bikorwa rimwe na rimwe bishobora kugenda buhoro bitewe n’inzego binyuramo; ndavuga ibi kubera ko nzi neza ko twembi tuzashyiramo imbaraga ngo ibintu byinshi bikorwe.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko u Rwanda na Mozambique bihuriye kuri byinshi birimo n’urugamba rwo kubohora igihugu, by’umwihariko urujyanye n’impinduka mu mibereho n’ubukungu binyuze mu gushyiraho politiki nziza no gushyigikira inzego z’abikorera.

Ku rundi ruhande, Perezida Nyusi wishimira uburyo yakiriwe mu Rwanda, yavuze ko mu myaka ibiri ishize hari byinshi byagezweho mu mibanire y’ibihugu byombi, amasezerano yashyizweho umukono akaba ari umusaruro w’akazi kakozwe na komisiyo yari yashyizweho, kandi ibihugu byombi byiteguye gusangira ubunararibonye.

Ati “Igifitiye akamaro ibihugu byacu ni ugukoresha uburyo n’umutungo kamera bihari bigirira akamaro abaturage. Ntabwo dutewe ubwoba n’abashaka kutuvangira, tugirana ubutwererane n’uwo ariwe wese bitewe n’inyungu dusangiye.”

Nyusi kandi yagaragaje ko n’ubwo u Rwanda ari igihugu gito, byinshi cyabashije kugeraho kibikesha kugira abaturage bakora cyane ndetse iki akaba ari kimwe mu bigize amasomo azasubirana mu gihugu cye.

Perezida Nyusi wageze mu Rwanda ku wa 19 Nyakanga azahava ku itariki 21, uretse gusura ibikorwa bitandukanye by’ikoranabuhanga n’inganda ndetse akunamira inzirakarengane za Jenoside zishyinguwe mu Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi, arateganya gusura Ingoro y’Umwami mu Rukali mu Karere ka Nyanza n’inyubako itangirwamo serivisi zihuriweho ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izwi nka ’La Corniche One Stop Border Post’ mu Karere ka Rubavu.

2018-07-20
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Editorial 06 Dec 2018
Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Editorial 05 Apr 2020
Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Zigama CSS yungutse miliyari 3Frw zirenga ku yari ateganyijwe

Editorial 29 Mar 2018
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Nigeria mu gushaka itike Afrobasket 2021
IMIKINO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Nigeria mu gushaka itike Afrobasket 2021

Editorial 21 Dec 2019
Uganda: Igipolisi cyafunze  ibiro  by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Igipolisi cyafunze ibiro by’ ikinyamakuru Red Pepper nyuma yo gutangaza amabanga ya leta

Editorial 21 Nov 2017
Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka
Amakuru

Ntihazagire uwizera amareshyamugeni ya Perezida Yoweri K. Museveni , asaba guhagarika iyicarubozo rikorerwa Abanyarwanda, Burya abeshya kurusha uko ahumeka

Editorial 19 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru