• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Perezida Kagame yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga muri Tanzania, abacuruzi arabahanura

Editorial 01 Jul 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Tanzania, yafunguye imurikagurisha mpuzamahanga rya Dar es Salaam rya 40, asaba abacuruzi kutaba nyamwigendaho, bagakora mu nyungu z’akarere bahuriyemo.

Perezida Kagame wakiranwe icyubahiro muri Tanzania kuri uyu wa Gatanu, mu gufungura iri murikagurisha, yerekanye ko ibihugu byombi bigomba gukorana neza, kuko bifite byinshi bibihuje.

Yagarutse ku kuvuga ko u Rwanda na Tanzania bihujwe n’imbibi n’amateka, byongeye bikaba ari n’ibihugu byombi binyamuryango mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba, bikanahurira mu Muhora wa Ruguru.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko itahwa ry’ikiraro cya Rusumo n’ibiro bikoreramo abashinzwe za gasutamo n’abinjira n’abasohoka muri Mata 2016, bigaragaza ko ibihugu byombi bishobora gukorera hamwe, bigirira abaturage babyo.

Yanaboneyeho no gushima umubare munini w’abamurika bitabiriye, harimo n’amasosiyete nyarwanda abarirwa muri 15 yitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya Dar es Salaam.

Avuga ko ibyo bishimangira ko abanyatanzaniya bafite ubushake bwo gukora ubucuruzi, kandi bakaba bakora ibishoboka byose mu guteza imbere akarere.

Agaruka ku ruzinduko rwe, Perezida Kagame ati «Urugendo rwacu hano ni umwanya mwiza wo kwiga uko twakorana ubucuruzi, tugateza imbere ibihugu byacu.»

Ku bacuruzi na bo, Perezida w’u Rwanda yabasabye ko ubucuruzi bwabo mu Karere ka Afurika bugomba gushikama kutajenjeka, ati «Abacuruzi bari aha bagomba gukorana neza nk’abavandimwe bo mu karere, bakereka abanyamahanga ko imiryango yacu ifunguye.»

Agaragaza ko bagomba kudahuga ku kazi, yagize ati «Hapa ni kazi tu! Tuendelee na kazi! », bisobanuye ngo « dukore gusa (hakenewe ibikorwa, si amagambo), dukomeze imirimo.»

-3152.jpg

-112.png

Perezida Kagame, Perezida Magufuli n’abadamu babo bitiranwa (Jeannette Kagame na Jeannette Magufuli) mu imurikagurisha rya Dar es Salaam

2016-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Editorial 07 Feb 2018
Mukomeze kurangwa n’imyitwarire myiza ishingiye Ku mahame ngenderwaho agenga akazi mugiyemo-IGP Gasana

Mukomeze kurangwa n’imyitwarire myiza ishingiye Ku mahame ngenderwaho agenga akazi mugiyemo-IGP Gasana

Editorial 19 Oct 2016
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Editorial 12 Feb 2016
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Editorial 28 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade
Mu Mahanga

Mu rugo rwa Depite Bobi Wine hatewe grenade

Editorial 03 Oct 2017
CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu
ITOHOZA

CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

Editorial 30 Oct 2018
Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League
IMIKINO

Ibitego bibiri bya Kagere byafashije Simba SC gutangira neza amatsinda ya CAF Champions League

Editorial 13 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru