• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka

Perezida Kagame yagaragaje aho ibibazo by’umubano w’u Rwanda na Uganda bituruka

Editorial 18 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatangaje ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakorera muri Afurika y’Epfo ari bo ntandaro y’agatotsi mu mubano w’u Rwanda na Uganda hashingiwe ku mabwire ya bo ubuyobozi bw’icyo gihugu buha agaciro.

Umubano w’ibihugu byombi wajemo kidobya kuva mu 2017 ubwo Abanyarwanda bakorera n’abatuye muri Uganda batangiraga gufatwa n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda (CMI) binyuranye n’amategeko.

Uganda ishinja abo banyarwanda kuba intasi zigamije guhungabanya umutekano, mu gihe u Rwanda rushinja icyo gihugu gukorana n’abashaka kuruhungabanyiriza umutekano. Ibintu byarushijeho kuzamba ubwo bamwe mu banyarwanda batangiraga gukorerwa iyicarubozo, bikabaviramo kuremara ingingo bakanirukanwa ku butaka bwa Uganda.

Ni ibikorwa byakurikiye amakuru y’uko hari abantu benshi bashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda cyangwa bahamijwe ibyaha n’inkiko zarwo ariko bidegembya muri Uganda, bakarindirwa umutekano n’ibikorwa byabo bigasagamba, barimo nka Kayumba Nyamwasa uba muri Afurika y’Epfo hamwe n’ibikorwa by’umutwe wa RNC.

Iki kibazo cyari kimaze gufata indi ntera, Perezida Kagame yakiganiriyeho na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku wa 25 Werurwe 2018.

Abakuru b’ibihugu byombi batangaje ko bemeranyije ko inzego zishinzwe ubutasi zagirana imikoranire ya bugufi ngo bajye babona ibimenyetso bihagije kuri buri kibazo. Nyamara ntibyatanze umuti wa burundu kuko abanyarwanda bakomeje guhohotererwa muri Uganda, bakirukanwa muri icyo gihugu buri munsi.

Mu kiganiro cyihariye yahaye ikinyamakuru The East African, Perezida Kagame yashimangiye ko amakuru y’impuha ahabwa Uganda n’Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo, ari yo ntandaro y’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi.

Ati “Bimwe mu bintu bituvugwaho kandi Uganda ikabyizera biva muri bariya bantu baba muri Afurika y’Epfo. Iyo ugerageje kubyiyumvisha, abo bantu bo muri Afurika y’Epfo baduteguraho ibikorwa bibi ni nabo baha amakuru Uganda bagamije kuyishakaho ubufasha mu kuturwanya.”

“Byaba byo cyangwa atari byo, ayo makuru aba agamije gutera ibibazo ari nabyo bo bungukiramo. Niba Uganda yizera ibyo bintu, ni uko yahisemo kubizera. Twabwiye Uganda ibi bibazo, ko iyo bahawe amakuru ari uko abo bantu baba bayikeneyeho ubufasha.”

Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda udatera imbere kubera ubushake buke bwo gushakira ibisubizo ibitandukanya impande zombi.

Yagize ati “Twaganiriye kuri iki kibazo mu myaka ibiri ishize, dushobora kugikemura bibaye atari ukwikunda cyangwa umuntu ushaka ko ibintu bizamba.’’ 
Yavuze ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda byatijwe umurindi no kuba iki gihugu gitega amatwi abatavuga rumwe n’ u Rwanda bari muri Afurika y’Epfo.

Yavuze ko uyu mutwe (atavuze mu izina) usaba Uganda ubufasha mu mugambi wawo wo guhungabanya u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Uganda wubakiye ku mateka akomeye

Kayumba Nyamwasa n’abandi bayobozi bari ku ruhembe rw’umutwe w’abarwanyi uzwi nka P5 wisuganyiriza mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo uzahungabanye u Rwanda, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwabashyiriyeho izindi mpapuro zibata muri yombi.

Mu minsi ishize hasohotse amakuru y’uburyo RNC na FDLR bagiye bakorana inama z’urudaca zigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, zikabera muri Uganda ndetse abayobozi bamwe b’icyo gihugu bakazigiramo uruhare.

Gusa Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda wubakiye ku mateka akomeye, akwiye gutuma wongera kumera neza.

Yakomeje ati “Ntibyumvikana urebye ku mateka ibihugu byombi dusangiye n’umusingi mwiza uhari tukaba dufitanye ikibazo nk’iki gikomeza gufata intera n’aka kanya tuvugana. Biragoye kubivuga mu magambo make. Icyo navuga ni uko ari ikibazo gishobora kongera gukemurwa. Kigomba gukemurwa.’’

Umukuru w’Igihugu yavuze ko abayobozi bagenda biguru ntege mu gushaka igisubizo kuri iki kibazo.

Ati “Ku karubanda, ku ndangururamajwi tuvuga ibintu byiza kandi biri mu buryo ariko tugomba kongera imbaraga mu kubikora. Ntawe bibabaza gukomeza kugerageza. Ikibabaza ni uguceceka.’’

Umubano n’abaturanyi ntuzarogoya manda ye muri EAC

Perezida Kagame wabaye muri Uganda nk’impunzi aho yanagize uruhare mu ntambara yo kubohora icyo gihugu, aheruka guhabwa inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), asimbuye Perezida Museveni.

Yavuze ko nta ngaruka agatotsi mu mubano na Uganda n’u Burundi uzagira muri manda ye.

Ati “Niba ari umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda, ni izihe ngaruka byagize ubwo Uganda yari iyoboye EAC? Ushobora gutangirira hariya. Niba ubuyobozi bwa Uganda nta kibazo bwagize, ubwanjye nabwo nta kirogoya buzahura nayo. Ibibazo by’imibanire hagati y’ibihugu byo muri EAC bizakomeza gushyirwamo imbaraga no gushaka uko byakemurwa ngo bireke gukomeza kwitambika mu nzira y’iterambere ry’uyu muryango.’’

Mu mwaka ushize, Perezida w’u Burundi, Nkurunziza Pierre, yavuze ko u Rwanda ari umwanzi wabwo. Yanashinje u Rwanda gutera inkunga umugambi wo kumuhirika ku butegetsi waburijwemo mu 2015.

Avuga ku Burundi, Perezida Kagame yagize ati “Ikibazo kiroroshye kandi kiragaragara. Dufashe urugero, ubwo u Burundi bwavugaga ko u Rwanda ari rwo kibazo bufite, abantu bafashe ibyemezo byabo. Tekereza ko u Rwanda nta ruriho, ni ukuvuga ko u Burundi nta kibazo bwaba bufite?”

Mu Ukuboza umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yatangizaga kongere y’Umuryango FPR Inkotanyi yavuze ko u Rwanda rufite abaturanyi babiri batarwifuriza ineza ariko ruzashaka uko rubagusha neza nubwo “rutakwibagirwa kubaka ubushobozi” mu gihe ibintu byaba bitagenze neza.

Src : IGIHE

2019-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Editorial 03 Aug 2019
Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Editorial 09 Jan 2024
U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

Editorial 07 Feb 2018
Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Editorial 19 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa
POLITIKI

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Editorial 09 May 2018
Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Editorial 16 Dec 2017
Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN
IMIKINO

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Editorial 18 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru