• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’ibigo bigize Banki y’Isi

Editorial 12 Nov 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yakiriye Umuyobozi Mukuru muri Banki y’Isi, Kristalina Georgieva, baganira ku ngingo nyinshi zireba iterambere ry’igihugu.

Kristalina ni we Muyobozi Mukuru w’ibigega bibiri bya Banki y’Isi aribyo Banki Mpuzamahanga y’Iterambere, IBRD, n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere, IDA, binyuzwamo inkunga n’inguzanyo bigenewe ibihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere.

Umukuru w’Igihugu yanyujije kuri Twitter ubutumwa bugaragaza ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na Kristalina ku nzego zitandukanye.

Yagize ati “Nishimiye guhura na Kristalina Georgieva. Nanejejwe n’ibiganiro by’ingirakamaro ku gukora ubucuruzi, guteza imbere umubamo dufitanye mu guteza imbere ubushobozi bw’abaturage, ubucuruzi, ibikorwa remezo, ingufu, iterambere ry’imijyi, n’ubuhinzi.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko bishimiye ubufatanye bwiza u Rwanda rufitanye na Banki y’Isi.

Kristalina yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye, bakagirana ibiganiro byiza ku bintu binyuranye byitezweho kuzamura ubukungu bw’u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda na Banki y’Isi ukora mu nzego nyinshi, wita mu gufasha igihugu gukemura ibibazobitandukanye gifite birimo n’iby’amacumbi.

Mu Kuboza 2017 iyi banki yemeje inguzanyo ya miliyoni 150 z’amadolari ya Amerika agenewe ikigega cya miliyoni $250 kizatera inkunga ubwubatsi bw’inzu ziciriritse.

Si aho gusa, kuko nko muri Mata 2018, Banki y’Isi yageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 23$ ziyongera kuri miliyoni 55$ zigenewe umushinga wo kurwanya imirire mibi mu bana.

Mu rugendo igihugu kirimo yo guteza imbere imijyi itandatu yunganira Kigali (uwa Muhanga, Rubavu, Rusizi, Nyagatare, Huye, na Musanze), Banki y’Isi yatanzemo inkunga ya miliyoni $95 mu 2016.

Banki y’Isi itera inkunga imishinga myinshi mu Rwanda kandi ikanishimira uburyo inkunga ruhabwa ikoreshwa neza.

Perezida Kagame yaganiriye na Kristalina Georgieva ku ngingo zitandukanye zireba iterambere ry’ubukungu bw’igihugu

Perezida Kagame afata ifoto y’urwibutso na Kristalina wahawe izi nshingano mu 2016

Bamwe mu bagize guverinoma bitabiriye ibi biganiro

Minisitiri Ingabire Paola ushinzwe Ikoranabuhanga atanga igitekerezo mu kiganiro Kristalina

Amafoto: Village Urugwiro

2018-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Editorial 10 Jul 2017
Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Editorial 08 Sep 2018
Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Imishinga 7000 imaze guhabwa inguzanyo ya VUP kuva yashyirwa ku nyungu ya 2%

Editorial 20 Dec 2019
‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

‘Kuba Amerika yavanye u Rwanda muri AGOA nta gikuba cyacitse’

Editorial 02 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibaruwa ifunguye igenewe Musonera Jonathan ku kinyoma ashinja RPF-Inkotanyi
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye igenewe Musonera Jonathan ku kinyoma ashinja RPF-Inkotanyi

Editorial 03 Apr 2017
Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Kayumba akomeje kuba umwizerwa wa Museveni

Editorial 28 Jan 2019
Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi
Mu Rwanda

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Editorial 07 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru