• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Editorial 07 Dec 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame, yahawe igihembo gikomeye cyatanzwe n’Umuryango w’Abibumbye kubera uruhare imiyoborere ye igira mu kurengera ibidukikije, nka kimwe mu bihembo byatangiwe mu nama yiga ku rusobe rw’ibinyabuzima iri kubera mu mujyi wa Cancún muri Mexico.

Iki gihembo kizwi nka ‘Champions of the Earth award’ cyagenewe Perezida Kagame cyashyikirijwe Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Ukuboza 2016.

‘Champions of the Earth’, ni ibihembo ngarukamwaka bihabwa abantu batandukanye barimo abayobozi muri za guverinoma, imiryango itari iya leta n’abikorera, bagira uruhare rukomeye mu kurengera ibidukikije.
Kuva byatangira gutangwa mu myaka 12 ishize, bimaze guhabwa abantu 78 bari mu nzego zinyuranye.

Itangazo ryagenewe abanyamakuru rivuga ko iki gihembo cyagenewe Perezida Kagame kigamije gushimira u Rwanda kuri gahunda zitandukanye zirimo kurwanya iyangizwa ry’amashyamba, kubungabunga ibishanga, kubungabunga icyanya gituwe n’ingagi, kuba igihugu cya mbere ku Isi cyaciye burundu ikoreshwa ry’amashashi no kwakira inama yemerejwemo ivugurura ry’amasezerano ya Montreal, azatuma hagabanywa dogere 0.50C ku bushyuhe bw’Isi, mbere y’uko iki kinyejana kirangira.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita kubidukikije, Erik Solheim yavuze ko Perezida Kagame atanga urugero rw’imiyoborere ikenewe ngo ibihugu bigire iterambere ridasigana no kurengera ibidukikije.

Ati “Perezida Kagame atanga urugero ry’imiyoborere ikenewe ku Isi mu guhangana n’ingorane zishingiye ku bidukikije duhura nazo uyu munsi n’abazadukomokaho. Yashyize kurengera ibidukikije muri gahunda zo kwitabwaho mu iterambere ry’u Rwanda, yimakaza imyumvire ko kwita ku bidukikije ari ingenzi mu busugire bw’ubukungu n’imibereho myiza yacu.’’

“Gahunda y’u Rwanda yo kongera kubaka ibidukikije ni igihamya ko kwita ku bidukikije bishobora kubyazwa amafaranga no guhaza ibyifuzo by’abaturage bari gutera imbere. Muri make imiyoborere n’icyerekezo bya perezida Kagame byerekanye ko ibihugu biharanira inyungu iri mu gutuma bidukikije bikomeza gusagamba.’’

Ubukungu bw’u Rwanda n’abarutuye bishingiye ku bidukikije birimo ubutaka, amashyamba, amazi n’ibyanya bibungabunzwe, kuko bitanga amahirwe y’ubuhinzi, uburobyi, ingufu n’ubukerarugendo.

Gusa iyo mitungo kamere iri ku gitutu gikomeye kubera abaturage bari kwiyongera, ikoreshwa ryabyo mu buryo budakwiye, isuri itwara ubutaka, kwangiza amashyamba n’ihindagurika ry’ibihe. Gusa u Rwanda ngo rwanabaye icyitegererezo mu iterambere hitawe no ku bidukikije, kugabanya ubukene no gufasha buri wese kumva ko afite inshingano zo kurengera ibidukikije.

Perezida Kagame aheruka kuvuga ko “Ibidukikije biri ku izingiro ry’iterambere ry’u Rwanda’’ ku buryo mu gusigasira umurage bafite birimo ingagi n’amashyamba yo hambere kandi buri wese akumva ko ari inshingano ze, bizazanira ubukungu abaturage bose muri rusange.

Mu kubungabunga ibidukikije, u Rwanda rwabashije guhuza imbaraga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda mu kongera gusana no kubungabunga Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ituwe n’ingagi z’imisozi yari itangiye kwangirika, ubu ni isoko ikomeye y’amadovize asarurwa n’ibyo bihugu.

Perezida Kagame yahawe igihembo hamwe n’abandi mu zindi nzego, barimo Umuhinde Afroz Shah,Ikigo cy’ingufu cyo muri Maroc, Moroccan Sustainable Energy Agency, MASEN, Umuhanga mu binyabuzima wo muri Mexique, Jose Sarukhan Kermez, Leyla Acaroglu wo muri Australia na Berta Cáceres wo muri Honduras, uhawe iki gihembo yaritabye Imana muri Werurwe 2016.

-4895.jpg

-4894.jpg

Perezida Paul Kagame atera igiti

2016-12-07
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Editorial 13 May 2024
Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje ubukangurambaga n’imikwabu bigamije kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 14 Mar 2016
Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Editorial 13 Oct 2016
Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Editorial 27 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu
Mu Rwanda

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Editorial 12 Sep 2018
U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?
UBUKUNGU

U Rwanda rugeze he rwishyura miliyoni 400$ zirimo izubatse Kigali Convention Centre?

Editorial 04 Apr 2019
Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye
Mu Mahanga

Rulindo: Babiri bafatanwe ibiro 400 by’amabuye y’agaciro bari bibye

Editorial 06 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru