• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Editorial 23 Oct 2016 Mu Mahanga

Umwami Mohammed VI wa Maroc yerekeje muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania nyuma y’uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, igihugu yagezemo kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2016.

Ni uruzinduko rwaranzwe no gusinya amasezerano y’ubutwererane mu nzego zinyuranye hagati y’u Rwanda n’ubwami bwa Maroc, arimo 19 yashyizweho umukono kuwa Gatatu tariki 19 Ukwakira, arebana n’ishoramari mu mabanki, ubutwererane n’imikoranire isesuye hagati yabyo, korohereza abafite pasiporo z’abadipolomate n’izo kuva mu gihugu bajya mu kindi n’andi.

Hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi kuwa 20 Ukwakira 2016, kuwa 21 Ukwakira hasinywa amasezerano hagati y’Umuryango Imbuto Foundation n’Umuryango w’Umwami Mohammed VI wa Maroc ugamije iterambere rirambye, azareba iterambere ry’inzego z’ ubuzima uburezi, ubukungu n’iterambere ry’urubyiruko n’abagore.

Harimo aho banki ya Attijariwafa yemerewe kuba umunyamigabane w’ibanze muri Cogebanque, Uruganda rukora imiti rwo muri Maroc, Cooper Pharma ruzubaka ishami ryarwo mu Rwanda; ubufatanye bwa Banki itsura amajyambere y’u Rwanda, BRD, na Sosiyete yo muri Maroc, Palmeraie Development Group mu kubaka inzu 5000 ziciriritse zo guturamo, byose bikuzuzwa n’uko Maroc yafunguye Ambasade mu Rwanda.

-4458.jpg

Abakuru b’ibihugu byombi bishimiye intambwe yatewe mu butwererane bw’ibihugu byombi (Ifoto/Village Urugwiro)

-4459.jpg

Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi bashyize umukono ku masezerano y’ubutwererane (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Observateur du Maroc & d’Afrique, Perezida Kagame yavuze ko uru ruzinduko ari ingenzi cyane ku Rwanda.

Ati ‘‘Kubera uru ruzinduko, twazamuye cyane umubano wacu na Maroc kandi turashaka kugera kure. Hari n’ibindi bihugu mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe byifuza kunyura muri iyi nzira. Umubano wacu tugomba kuwongerera imbaraga ariko bikajyana n’icyo ubyara haba mu ishoramari, ibikorwa remezo, umuco, amacumbi na serivisi z’imari.’’

Hari byinshi byitezwe no muri Tanzania

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane na Afurika y’Uburasirazuba, Dr Augustine Mahiga, muri iki cyumweru yatangaje ko Umwami Mohammed VI aragera muri Tanzania aherekejwe n’itsinda ry’abantu basaga 150, barimo abayobozi muri guverinoma, abacuruzi na bamwe mu bagize umuryango we.

Ati “Ni ubwa mbere Tanzania igiye kwakira umwami uturutse mu kindi gihugu. Bityo rero ruzaba ari uruzinduko rufite indi sura.’’

Biteganyijwe ko hasinywa amasezerano 18 mu nzego zitandukanye, imbere y’Umwami Mohammed VI na Perezida wa Tanzania, Dr. John Magufuli.

Uretse ibiganiro na Perezida Dr Magufuli, umwami wa Maroc azanabonana na Perezida wa Zanzibar, Ali Mohamed Shein, nk’amahirwe yo gukomeza gutsura umubano n’ibihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba, urugendo azakomereza muri Ethiopie.

Mohammed VI ari muri izi ngendo nyuma y’igihe gito Maroc isabye gusubira mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu gihe byitezwe ko muri Mutarama abakuru b’ibihugu bazahurira i Addis Ababa muri Ethiopia.

-4453.jpg

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga i Kanombe Umwami Mohammed VI wa Maroc yaherekejwe na Perezida Paul Kagame

2016-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Editorial 13 Dec 2021
Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Kicukiro: Umunyeshuri yafatanwe kashe 39 z’impimbano

Editorial 17 Jan 2017
Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Cristiano yongeye kwandika amateka mu mikino ya Euro ubwo yafashaga Portugal kugera muri 1/8, uko amakipe azahura.

Editorial 24 Jun 2021
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Editorial 14 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira
IMIKINO

APR FC yanyagiye Gicumbi FC iyisiga mu mazi abira

Editorial 29 Mar 2018
RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be
Mu Rwanda

RCS izatanga ibihembo k’uzafatisha Ntamuhanga na bagenzi be

Editorial 09 Nov 2017
Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Editorial 12 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru