• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Editorial 23 Oct 2016 Mu Mahanga

Umwami Mohammed VI wa Maroc yerekeje muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania nyuma y’uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, igihugu yagezemo kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2016.

Ni uruzinduko rwaranzwe no gusinya amasezerano y’ubutwererane mu nzego zinyuranye hagati y’u Rwanda n’ubwami bwa Maroc, arimo 19 yashyizweho umukono kuwa Gatatu tariki 19 Ukwakira, arebana n’ishoramari mu mabanki, ubutwererane n’imikoranire isesuye hagati yabyo, korohereza abafite pasiporo z’abadipolomate n’izo kuva mu gihugu bajya mu kindi n’andi.

Hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi kuwa 20 Ukwakira 2016, kuwa 21 Ukwakira hasinywa amasezerano hagati y’Umuryango Imbuto Foundation n’Umuryango w’Umwami Mohammed VI wa Maroc ugamije iterambere rirambye, azareba iterambere ry’inzego z’ ubuzima uburezi, ubukungu n’iterambere ry’urubyiruko n’abagore.

Harimo aho banki ya Attijariwafa yemerewe kuba umunyamigabane w’ibanze muri Cogebanque, Uruganda rukora imiti rwo muri Maroc, Cooper Pharma ruzubaka ishami ryarwo mu Rwanda; ubufatanye bwa Banki itsura amajyambere y’u Rwanda, BRD, na Sosiyete yo muri Maroc, Palmeraie Development Group mu kubaka inzu 5000 ziciriritse zo guturamo, byose bikuzuzwa n’uko Maroc yafunguye Ambasade mu Rwanda.

-4458.jpg

Abakuru b’ibihugu byombi bishimiye intambwe yatewe mu butwererane bw’ibihugu byombi (Ifoto/Village Urugwiro)

-4459.jpg

Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi bashyize umukono ku masezerano y’ubutwererane (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Observateur du Maroc & d’Afrique, Perezida Kagame yavuze ko uru ruzinduko ari ingenzi cyane ku Rwanda.

Ati ‘‘Kubera uru ruzinduko, twazamuye cyane umubano wacu na Maroc kandi turashaka kugera kure. Hari n’ibindi bihugu mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe byifuza kunyura muri iyi nzira. Umubano wacu tugomba kuwongerera imbaraga ariko bikajyana n’icyo ubyara haba mu ishoramari, ibikorwa remezo, umuco, amacumbi na serivisi z’imari.’’

Hari byinshi byitezwe no muri Tanzania

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane na Afurika y’Uburasirazuba, Dr Augustine Mahiga, muri iki cyumweru yatangaje ko Umwami Mohammed VI aragera muri Tanzania aherekejwe n’itsinda ry’abantu basaga 150, barimo abayobozi muri guverinoma, abacuruzi na bamwe mu bagize umuryango we.

Ati “Ni ubwa mbere Tanzania igiye kwakira umwami uturutse mu kindi gihugu. Bityo rero ruzaba ari uruzinduko rufite indi sura.’’

Biteganyijwe ko hasinywa amasezerano 18 mu nzego zitandukanye, imbere y’Umwami Mohammed VI na Perezida wa Tanzania, Dr. John Magufuli.

Uretse ibiganiro na Perezida Dr Magufuli, umwami wa Maroc azanabonana na Perezida wa Zanzibar, Ali Mohamed Shein, nk’amahirwe yo gukomeza gutsura umubano n’ibihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba, urugendo azakomereza muri Ethiopie.

Mohammed VI ari muri izi ngendo nyuma y’igihe gito Maroc isabye gusubira mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu gihe byitezwe ko muri Mutarama abakuru b’ibihugu bazahurira i Addis Ababa muri Ethiopia.

-4453.jpg

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga i Kanombe Umwami Mohammed VI wa Maroc yaherekejwe na Perezida Paul Kagame

2016-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Editorial 09 Jun 2022
Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Editorial 12 Mar 2016
Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Editorial 01 Sep 2021
CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Editorial 02 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$
Amakuru

Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Editorial 30 Oct 2023
Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye
INKURU NYAMUKURU

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Editorial 17 Mar 2018
Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya
ITOHOZA

Uganda: Christine Mbabazi Wari Ihabara Rya Kaweesi Arasaba Uburenganzira Bwo Kwidegembya

Editorial 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru