• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Oct 2016 Mu Mahanga

Umwami Mohammed VI wa Maroc yerekeje muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania nyuma y’uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, igihugu yagezemo kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2016.

Ni uruzinduko rwaranzwe no gusinya amasezerano y’ubutwererane mu nzego zinyuranye hagati y’u Rwanda n’ubwami bwa Maroc, arimo 19 yashyizweho umukono kuwa Gatatu tariki 19 Ukwakira, arebana n’ishoramari mu mabanki, ubutwererane n’imikoranire isesuye hagati yabyo, korohereza abafite pasiporo z’abadipolomate n’izo kuva mu gihugu bajya mu kindi n’andi.

Hasinywe amasezerano y’ubufatanye mu by’ubuhinzi kuwa 20 Ukwakira 2016, kuwa 21 Ukwakira hasinywa amasezerano hagati y’Umuryango Imbuto Foundation n’Umuryango w’Umwami Mohammed VI wa Maroc ugamije iterambere rirambye, azareba iterambere ry’inzego z’ ubuzima uburezi, ubukungu n’iterambere ry’urubyiruko n’abagore.

Harimo aho banki ya Attijariwafa yemerewe kuba umunyamigabane w’ibanze muri Cogebanque, Uruganda rukora imiti rwo muri Maroc, Cooper Pharma ruzubaka ishami ryarwo mu Rwanda; ubufatanye bwa Banki itsura amajyambere y’u Rwanda, BRD, na Sosiyete yo muri Maroc, Palmeraie Development Group mu kubaka inzu 5000 ziciriritse zo guturamo, byose bikuzuzwa n’uko Maroc yafunguye Ambasade mu Rwanda.

-4458.jpg

Abakuru b’ibihugu byombi bishimiye intambwe yatewe mu butwererane bw’ibihugu byombi (Ifoto/Village Urugwiro)

-4459.jpg

Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi bashyize umukono ku masezerano y’ubutwererane (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru Observateur du Maroc & d’Afrique, Perezida Kagame yavuze ko uru ruzinduko ari ingenzi cyane ku Rwanda.

Ati ‘‘Kubera uru ruzinduko, twazamuye cyane umubano wacu na Maroc kandi turashaka kugera kure. Hari n’ibindi bihugu mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe byifuza kunyura muri iyi nzira. Umubano wacu tugomba kuwongerera imbaraga ariko bikajyana n’icyo ubyara haba mu ishoramari, ibikorwa remezo, umuco, amacumbi na serivisi z’imari.’’

Hari byinshi byitezwe no muri Tanzania

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane na Afurika y’Uburasirazuba, Dr Augustine Mahiga, muri iki cyumweru yatangaje ko Umwami Mohammed VI aragera muri Tanzania aherekejwe n’itsinda ry’abantu basaga 150, barimo abayobozi muri guverinoma, abacuruzi na bamwe mu bagize umuryango we.

Ati “Ni ubwa mbere Tanzania igiye kwakira umwami uturutse mu kindi gihugu. Bityo rero ruzaba ari uruzinduko rufite indi sura.’’

Biteganyijwe ko hasinywa amasezerano 18 mu nzego zitandukanye, imbere y’Umwami Mohammed VI na Perezida wa Tanzania, Dr. John Magufuli.

Uretse ibiganiro na Perezida Dr Magufuli, umwami wa Maroc azanabonana na Perezida wa Zanzibar, Ali Mohamed Shein, nk’amahirwe yo gukomeza gutsura umubano n’ibihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba, urugendo azakomereza muri Ethiopie.

Mohammed VI ari muri izi ngendo nyuma y’igihe gito Maroc isabye gusubira mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu gihe byitezwe ko muri Mutarama abakuru b’ibihugu bazahurira i Addis Ababa muri Ethiopia.

-4453.jpg

Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga i Kanombe Umwami Mohammed VI wa Maroc yaherekejwe na Perezida Paul Kagame

2016-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ibyabaye Kuri Bobi Wine Bigaragaza Ko Besigye Ari Umwe Mu Mishinga Ya Museveni- Ykee Benda

Ubwanditsi 21 Aug 2018
Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Ubwanditsi 04 Feb 2016
How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

How RPF Soldiers Rescued 2000 Tutsi at Saint Paul Centre

Ubwanditsi 21 Jun 2016
Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe
Mu Rwanda

Tuzatora Paul Kagame 100% kuko yabanishije abanyarwanda-Abasheshe Akanguhe

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

Perezida Ouattara yeretswe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu
HIRYA NO HINO

Uko ibitaro byo muri Uganda byanze kwakira Umunyarwanda bimuviramo urupfu

Ubwanditsi 21 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru