• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Editorial 18 Dec 2018 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yashimye aho umubano w’Afurika n’u Burayi umaze kugera, asaba kongera imbaraga kugera ngo ugere ku kigero wifuzwaho.

Yabitangarije i Vienne muri Autriche kuri uyu wa Mbere ku mugoroba, mu isangira ryahuje abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Ihuriro rya Afurika n’u Burayi ribera muri uyu mujyi kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza.

Iri sangira ryateguwe na Chancelier wa Autriche ari na we uyoboye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Sebastian Kurz.

Perezida Kagame yavuze ko impande zombi zikomeje kugaragaza imbaraga n’uburyo bushya mu kunoza umubano wa zo.

Kagame witabiriye iri sangira ari kumwe na Perezida wa Misiri Abdel Fattah El Sisi uzamusimbura ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’Umuyobozi wa Komisiyo ya AU Moussa Faki Mahamat, yavuze ko ari ikimenyetso ko umubano n’u Burayi ushyizwe imbere.

Ati “Ibi ni ukugaragaza akamaro duha uyu mubano w’u Burayi na Afurika. Ndatekereza ko hari aho dutangiye kugera.”

Ihuriro rya Afurika n’u Burayi riteganyijwe kuwa 18 Ukuboza 2018. Rizibanda ku bufatanye mu guteza imbere ikoranabuhanga nk’inkingi ikomeye y’ubukungu bw’imigabane yombi.

Chancelier wa Autriche, Sebastian Kurz yari aherutse i Kigali tariki 7 Ukuboza aho yaganiriye na Perezida Kagame ku myiteguro y’iryo huriro no ku mubano hagati y’ibihugu byombi.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko muri iri huriro hazaganirwa ku bintu bitandukanye birimo ishoramari n’ubufatanye bushobora gukomeza guhuza Afurika n’u Burayi, kugira ngo iyi migabane ikomeze kugana ku iterambere ntawe usigaye inyuma.

Hazaganrwa kandi ku kibazo cy’abimukira b’abanyafurika bakomeje kuroama mu Nyanja bajya gushaka ubuzima bwiza i Burayi.

U Burayi niwo mugabane wa mbere ukorana ana Afurika ubucuruzi buri ku kigero kinini kuko bungana na 59 %.

Perezida Kagame aganira na Chancelier Kurz bagaragaza akanyamuneza ku maso

Perezida Kagame ayoboye AU naho Chancelier Kurz ayoboye EU

Perezida Kagame, Umuyobozi wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat na Chancelier Kurz biteguye ihuriro rya Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame, mugenzi we Sisi ugiye kumusimbura ku buyobozi bwa AU na Chancelier Kurz

Perezida Uhuru Kenyatta (hagati) nawe yitabiriye inama y’ihuriro rya Afurika n’u Burayi

Wari umwanya ukomeye wo kungurana ibitekerezo

Perezida Kagame yashimangiye ko umubano wa Afurika n’u Burayi utangiye kugera kure

Abayobozi bakuru bitabiriye inama y’ihuriro rya Afurika n’u Burayi bahuriye mu isangira ryateguwe na Chancelier Kurz

Perezida Kagame na Kenyatta baganira

Perezida Kagame, Chancelier Kurz n’itsinda bari kumwe baganira

Byari ibihe bidasanzwe

2018-12-18
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018
Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Perezida Kagame yabwiye abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi icyatumye u Rwanda rushora imari mu ikoranabuhanga

Editorial 12 Jul 2018
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Editorial 04 May 2019
Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Gahunda ya NEPAD igiye guhindurwa Ikigo cya AU gishinzwe iterambere

Editorial 10 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa yapfushije se atinya kuza gushyingura ngo adatabwa muri yombi
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa yapfushije se atinya kuza gushyingura ngo adatabwa muri yombi

Editorial 06 Apr 2018
Perezida  VLADIMIR PUTIN  yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri  HILLARY CLINTON.
ITOHOZA

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Editorial 16 Dec 2016
Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza
Mu Mahanga

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Editorial 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru