• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Perezida Kagame yasubije ibibazo binyuranye mu kiganiro yagiranye na RBA aho yagarutse ku ifatwa rya Kabuga, Rusesabagina n’ibindi

Editorial 07 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro umukuru w’igihugu amaze kugirana n’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru yasobanuye byinshi mu buzima bw’igihugu ndetse n’ingamba zafashe kugirango Abanyarwanda babashe kugaruka mu buzima busanzwe dore ko hari igice cy’ubuzima gisa naho cyahagaze kugirango hirindwe ikwirakwira rya covid 19  yugarije isi muri iyi minsi aho mu Rwanda imaze guhitana abasaga 18.

Mu kiganiro cyanyuze abagikurikiye ku mirongo yose ya RBA banyuzwe n’uburyo umunyamakuru w’umunyamwuga Barore yayoboye icyo kiganiro; Perezida wa Repubulika yatangiye avuga ku itabwa muri yombi rya Paul Rusesabagina avuga ko uwo mugabo yafashijwe kugirwa igitangaza ko ibyo ntacyo bimutwaye, ariko kumufasha guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda ndetse no kumena amaraso y’Abanyarwanda byo agomba kubibazwa n’inkiko, yagize ati ”umuntu ashobora gukora icyiza bikamuha izina yanakora ibibi nabyo bikamuha izina muri Rusesabagina hakubiyemo byinshi”.

Abajijwe ku bivugwa ko uyu mugabo yaba yarafashwe bidakurikije amategeko yagisubije avuga ko byakurikije amategeko ndetse anavuga ko uwo mugabo bisa nkaho ariwe wizanye ibyo yavuze ko byakwitwa nko guhamagara “wrong number”, anavuga ko hari inzego zishinzwe guhiga abantu bashaka guhungabanya igihugu kandi hari n’abandi bafashwe aho bazahurizwa mu rukiko hakagaragazwa ibyaha bagiye bakora byo guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda.

Ku bijyanye na bimwe mu bikorwa by’ubucuruzi umukuru w’igihugu yavuze ko nabo batekerezwaho ariko kubera icyorezo leta izagenda ikora ibishoboka byose ku bufatanye n’abaturage mu kureba aho ibintu bigana kugirango ibikorwa bitarabasha gukomorerwa nabyo bikomorerwe maze ubuzima bw’igihugu bukomeze ku muvuduko bwariho mbere ya covid 19.

Ku bijyanye n’umubano n’ibihugu by’abaturanyi perezida Kagame yavuze ko umubano hagati y’u Burundi na Uganda hakirimo agatotsi, gusa hakaba hari gukorwa ibishoboka byose kugirango bisubire mu buryo cyane cyane ku Burundi bwo busa naho budashyiramo ubushake ahamya ko icyo u Rwanda rwifuza ari amahoro ko ndetse n’abaturanyi byakagenze gutyo, abajijwe ku nama bivugwa ko iri gutegurwa ko izabera I Goma umukuru w’igihugu yavuze ko icyo inama ziba zigamije ari ukureba ukuntu amahoro arambye yaboneka mu karere kandi ko n’u Rwanda aribyo rwifuza.

Ku kibazo kimaze iminsi kivugwa kuri ambasaderi w’u Rwanda muri DR Congo, Perezida Kagame yavuze ko, imyigaragambyo yabereye imbere ya ambasade y’u Rwanda muri Kinshasa iba ishungerewe na bamwe mu bantu bashaka ko umubano w’u Rwanda na Kongo Kinshasa uhora ari mubi mu nyungu zabo kugirango bikureho icyasha cy’ibyaha bagiye bakora birimo nko gukorana n’imitwe y’iterabwoba ikorera muri Kongo aho bagiye banakoresha bamwe mu biyita impuguke bagakora amaraporo menshi ashinja ubwicanyi u Rwanda, aha yagarutse kuri raporo yiswe mapping repport avuga ko iyi nta gaciro ayiha kuko idafite za gihamya ahubwo igamije guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo.

Ku bimaze iminsi bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga n’ingirwa padiri yikuye ibishura ikayoboka politiki buhumyi, Nahimana Thomas bivuga ko Perezida Kagame yaba yaritabye Imana mu magambo yuje ubupfura Perezida Kagame yamuciriye umugani w’ikinyarwanda ugira uti “urucira mukaso rugatwara Nyoko”, bikwereka imitekerereze nkene y’uyu mupadiri, Perezida Kagame akaba yahise avuga ko uwo atamutaho umwanya dore ko ngo nawe ashobora kuzasogongera kuri urwo rupfu yifuriza abandi niba atanabica cyangwa se nawe akisanga mu Rwanda dore ko yanagiye yumvikana apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yunzemo ati uwo mugabo ashobora no kuza kuvuga “ko uyu mwavuganaga Atari njye ari undi dusa ko njye napfuye” , kuri iyi ngingo yavuze ko icyo yakwisabira urubyiruko ari ukujya ku mbuga nkoranyambaga ariko bagashishoza ibyo babonaho dore ko uko iterambere riza ari nako ibihuha byiyongera kurusha mbere.

Yanabajijwe kandi ku nkuru zimaze iminsi zivugwa kuri polisi y’igihugu yaba ikoresha imbaraga z’umurengera harimo iraswarya hato na hato rimaze iminsi rivugwa umukuru w’igihugu yasubije ko igipolisi cy’u Rwanda gifite indangagaciro kigenderaho ariko ibimaze iminsi bivugwa biri gukurikiranwa dore ko abapolisi baba bafite uburyo batojwe bwo gufata umuntu wakoze icyaha ku buryo hakwirindwa ikoreshwa ry’ingu z’umurengera birangira zivuyemo impfu yizeza abanyarwanda ko vuba aha babona impinduka.
Ku bibazo by’abanyereza umutungo wa Leta bakunze kwitwa ibifi binini yavuze uko byagenda kose bazagezwa imbere y’ubutabera kuko kunyereza umutungo wa leta bigira ingaruka nyinshi cyane cyane mu bihe nk’ibi by’icyorezo ku kuba yadohora yavuze ko na Covid itadohora kandi buri muntu wabigizemo uruhare azabibazwa maze imitungo y’Abanyarwanda ikajya ikoreshwa ibyo yagenewe aho kurigitira mu mifuka ya bamwe kandi ari inyungu rusange.

Muri iki kiganiro kandi abanyarwanda bahawe umwanya babaza ibibazo byabo, hari umubyeyi wo  mu murenge wa Nyabimata wiciwe umugabo mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FLN wahakoraga ibikorwa by’ubwicanyi, aho yasabye ko abagize uruhare muri ibyo bikorwa bakwishyura indishyi z’akababaro maze umukuru w’igihugu amusezeranya ko azabona ubutabera ndetse ko na Leta izagerageza kumufasha mu bushobozi buhari, ikindi kibazo cyaje kibaza ku bijyanye n’amashuri aho umwe mu banyeshuri biga muri kaminuza yasabye umukuru gufasha abanyeshuri bari mu myaka ya nyuma kuba bafashwa gusoza amasomo yabo, aha umukuru w’igihugu yamusubije ko biri mu nzira kandi biganirwaho mu nama y’abaminisitiri kugirango bizanozwe neza maze abanyeshuri babashe kuba bafashwa gusoza amasomo yabo ku gihe.

Ku bakunda imyidagaduro umukuru w’igihugu abajijwe icyo yabivugaho yasabye abanyarwanda cyane cyane urubyiruko ko bakwihanganira impinduka z’igihe gito igihugu kikabanza guhangana n’icyorezo maze ubuzima bwazasubira mu mujyo muzima bakidagadura dore ko n’ibikorwa remezo byo kwidagadura byagiye byongerwa ndetse yanashimangiye ko bizanakomeza kwiyongera.
Ku kibazo cyo kuba umukuru w’igihugu ubu afite umwuzukuru yanahishuye ko ari umukobwa ubu umaze no kuba inkumi dore ko ari gukura neza cyane, umukuru w’igihugu yavuze ko amasaha yo kugera mu rugo iyo ataragera hari igihe ajya gusura umwuzukuru we akaba anezezwa no kugira umwuzukuru, ko nasoza inshingano ze azabona ibimuhuza nawe.

Barore yasoje asa nk’ukomoza ku bibazo by’umwiryane bivugwa mu ikipe y’umupira w’amaguru isanzwe ikunzwe n’Abanyarwanda benshi ya Rayon Sports maze umukuru w’igihugu asoza avuga ko yabyumviseho avuga ko yahaye inshingano minisitiri ufite imikino mu nshingano ze kubikurikirana ndetse ko yabonaga biri mu murongo wo gukemuka.

2020-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Editorial 24 Feb 2018
Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  

Mu bayoboke 40 b’Itorero rya ADEPR rikorera Kibuye- Kampala, bafashwe na CMI, harimo 9 ba RNC  

Editorial 05 Aug 2019
Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Kwibuka 29: Twiyame Padiri Nahimana n’abandi nkawe, imungu muri Kiliziya zikwiza uburozi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2023
Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Mu Burundi rurageretse hagati y’abaturage n’imbonerakure zibaka amaturo ku gatuza

Editorial 26 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda
Amakuru

Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda

Editorial 13 May 2025
Uko Sarah Kagingo  Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sarah Kagingo Umukozi wihariye ushinzwe ibijyanye n’itumanaho rya Perezida Museveni yakoreshejwe mu gukwirakwiza ibinyoma k’u Rwanda

Editorial 09 Dec 2017
Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Editorial 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru