• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Editorial 24 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero n’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane ku Isi, Transparency International (TI), nk’umwe mu bayobozi bashyize imbere politiki yo kurwanya ruswa mu bihugu byabo bituma igihugu ayoboye kiri mu birangwamo nke.

Transparency International muri raporo yayo yasohowe ku wa 21 Gashyantare 2018 igaragaza ibipimo by’uko ruswa ihagaze, yerekana ko icyegeranyo cy’uyu mwaka kiri mu murongo wa 2018 w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ugamije gushyira imbaraga mu kurwanya ruswa.

Muri iki gihe, Afurika ihombera nibura miliyari 50 z’amadolari ya Amerika ku mwaka mu bikorwa bitemewe byo guhanahana amafaranga. Aya mafaranga aruta kure ayo uyu mugabane uhabwa nk’inkunga. Ni mu gihe kandi mu myaka 50 ishize, Afurika yahombye miliyari 1000 $ zingana n’amafaranga agenewe ibikorwa by’iterambere yahawe muri icyo gihe.

TI ivuga ko mu buryo bumwe hari icyizere ko ahazaza ha Afurika hazaba heza, ibishingiye ku iterambere ry’u Rwanda na Cape Vert, ibihugu bikomeje kwerekana ko ruswa ishobora kurwanywa mu gihe hashyizwemo ingufu.

Indi mpamvu ni ingamba z’igihe kirekire zo kurwanya ruswa nko mu bihugu bya Côte d’Ivoire na Senegal ariko mu bindi bihugu nka Somalia na Sudani y’Epfo haracyari guseta ibirenge mu kuyirandura.

Mu gihe hakiri ibihugu bimwe biri inyuma mu kurandura ruswa bituma uyu mugabane uri mu hantu yiganje cyane, TI isobanura ko ibihugu birimo u Rwanda, Botswana, Seychelles, Cap Vert na Namibia byose byateye imbere mu kuyirwanya ugereranyije n’ibindi nk’u Butaliyani, u Bugereki na Hongrie.

Muri ubu bushakashatsi, u Rwanda rufite amanota 55 aho rwavuye ku mwanya wa 50 rwariho mu 2016 rukagera ku wa 48 mu 2017 mu bihugu birimo ruswa nke ku Isi.

Kuri rutonde rugaragaza uko ibihugu bikurikirana, Botswana ni yo iri ku mwanya wa mbere muri Afurika, igakurikirwa na Cap Vert, u Rwanda rukaza ari urwa gatatu, umwanya ruhuriyeho n’Ibirwa bya Maurice.

Raporo ya TI hari aho igira iti “Icyo ibihugu bya Afurika biza imbere bihuriyeho ni ubuyobozi budateshuka ku kwiyemeza kurwanya ruswa.”

Ikomeza igira iti “Uhereye ku ngamba za Perezida Kagame zijyanye n’imiyoborere mu Rwanda, ukagera ku buryo Perezida Jorge Fonseca yateje imbere ibijyanye no gukorera mu mucyo kw’inzego cyangwa se uburyo bwo guhanga udushya bwa Perezida Ian Khama muri gahunda yo kurwanya ruswa muri za Minisiteri zo muri Botswana; ibi bihugu byamenye ibyo bigomba gukora binabishyira mu bikorwa ku bushake.”

Perezida Kagame ntahwema gushishikariza abayobozi b’u Rwanda kurwanya ruswa bivuye inyuma ndetse aherutse kwemerera abacamanza n’abandi bakora mu nzego z’ubutabera ko uko bazajya bagira uruhare mu kuyihashya ariko imibereho yabo izajya irushaho kuba myiza.

Ati ’’Uko muzajya mugabanya gufata iriya nkunga idakwiye ni ko nzajya nzamura ikwiye kandi buriya iyo bigabanutse, turwanyije ibigenda mu buryo butaribwo hose no hanze y’ubutabera ariko byanashingira no ku butabera igihugu kirunguka.’’

U Rwanda muri Afurika y’Iburasirazuba (EAC ) ruza ku mwanya wa mbere mu kurwanya ruswa rugakurikirwa na Tanzania iri ku mwanya wa 103 ku Isi n’amanota 36, Kenya ni iya gatatu muri EAC iri mu mwanya wa 143 ku Isi ikagira amanota 28.

Uganda ni iya kane muri EAC ikaza ku mwanya wa 151 ikagira amanota 26 mu gihe u Burundi buza ku mwanya wa nyuma n’amanota 22 bukaba buri ku mwanya wa 157 ku Isi.

Mu Rwanda hashyizweho ingamba mu gukumira no kurwanya ruswa mu gihugu; harimo amategeko, ubushake bwa politiki, kutihanganira na gato abijandika muri ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo.

Ibindi bigarukwaho ni uburyo kugeza ubu himakajwe ikoranabuhanga mu masoko no gusaba akazi hifashishijwe.

Ruswa ni icyaha gihanwa mu Rwanda aho uyitanze n’uyakiriye bose bakurikiranwa n’ubutabera ku buryo bashobora guhabwa ibihano biri hagati y’imyaka ibiri n’itanu.

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

2018-02-24
Editorial

IZINDI NKURU

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Editorial 12 Oct 2018
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Editorial 16 Apr 2018
Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Kuva muri 2016, uwayoboye wese RUD Urunana yarishwe guhera kuri Gen Musare, Gen Afrika, Col Mpiranya na Col Rugema wishwe mu minsi ibiri ishize

Editorial 23 Oct 2020
Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Editorial 25 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye
POLITIKI

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Editorial 24 Mar 2018
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru
Amakuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Editorial 27 Oct 2021
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano
INKURU NYAMUKURU

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Editorial 27 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru