• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Editorial 30 Mar 2019 POLITIKI

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasabye ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) gushakira hamwe umuti w’bibazo bituma ukwihuza kwabyo kugorana kugira ngo bitazakereza umugabane wa Afurika kugera ku ntego y’ubuhahirane no koroshya urujya n’uruza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu i Kigali ubwo yatangizaga umwiherero w’umunsi umwe w’inama y’abaminisitiri b’ibihugu bigize EAC.

Uwo mwiherero ubaye mu gihe u Rwanda arirwo ruyoboye uwo muryango kugira ngo harebwe aho umuryango uvuye mu myaka 20 ishize wongeye kubyutswa, aho ugeze n’ingamba zafatwa ngo ugere aho wifuza kugera.

Umwiherero nk’uyu uheruka kuba mu mwaka wa 2009 ubwo u Rwanda rwari ruyoboye EAC.

Perezida Kagame yavuze ko kubwizanya ukuri no gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bihari ari byo bizatuma intego zo kwishyira hamwe kw’ibihugu bigize umuryango kugerwaho.

Ati “Dukeneye byihutirwa gushyira umuryango wacu ku murongo mu kumva ko ari uwacu, dutanga ibyo dusabwa byose ariko nako duharanira gukorera mu mucyo no kubazwa ibyo dushinzwe mu micungire y’inzego zawo. Nibwo buryo bwonyine bwo gukomeza kuba abizerwa n’abanyagaciro ku baturage bacu. Bizagorana no kugera ku ntego zoroshye twiyemeje mu gihe ibi bidakozwe uko bikwiye.”

Yavuze ko hakwiye gukurwaho imbogamizi zose zituma imishinga ibihugu byiyemeje itagerwaho, cyane cyane izitirwa n’ubushake buke bwa politiki.

Ati “Byinshi muri ibi bisaba gusa ubushake bwa politiki. N’akantu gato iyo kagezweho kagaragaza ubushake bwiza bikongera icyizere cy’abaturage bacu muri EAC. None se kuki twakiyambura ayo mahirwe dufitiye ubushobozi?”

Yagaragaje umumaro wo kwishyira hamwe ashingiye ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika yemerejwe i Kigali, umwaka ushize.

Yavuze ko abacuruzi n’abaturage muri Afurika banyotewe n’ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano azakuraho imbogamizi zatumaga ubuhahirane butagenda neza. Icyakora Perezida Kagame yibukije ko umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba atari wo ukwiye gukerereza urwo rugendo.

Ati “Tuzi akarere kacu n’ibikeneye gukorwa ngo natwe tujye muri uru rugendo. Ntabwo twakwemera gusigara inyuma cyangwa ngo abe ari twe dutinza abandi. EAC ifite igikenewe cyose ngo ibere intangurugero abandi muri uku kwihuza.”

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko uyu muryango ufite amategeko n’imigambi myiza ariko itagerwaho uko bikwiriye kubera ubushake buke bwa politiki.

Yavuze ko muri uyu mwiherero baraganira ku mbogamizi zituma ibyo bidakunda n’icyakorwa ngo ziveho.

Nduhungirehe yanavuze ko abaturage ba EAC badafite amakuru ahagije ku kamaro k’uwo muryango, akaba ari inshingano z’abayobozi kubumvisha ibyiza byawo.

Ati “Ubundi twawushyiriyeho kugira ngo woroshye ubucuruzi, abantu bacuruzanye nta mipaka ariko usanga rimwe na rimwe n’abacuruzi ubwabo batazi neza inyungu babifitemo. Ni twebwe rero bo kugira ngo tuganire nabo ukuntu bagira uruhare mu byemezo dufata.”

Uyu mwiherero ubaye mu gihe u Rwanda na Uganda bifitanye ibibazo mu mubano ariko Nduhungirehe yavuze ko atari byo baribandaho uyu munsi, icyakora nabyo ngo bishobora gukomozwaho kuko bibangamiye intego yo kwihuza.

Umunyamabanga Mukukuru wa EAC, Amb Libérat Mfumukeko yavuze ko nubwo uwo muryango ufite ibibazo, bidakomeye cyane ku buryo bitakemuka.

Uyu muryango wakomeje gutaka ubukererwe bw’imisanzu y’ibihugu ituma inzego za EAC zidakora neza, dore ko no kugeza ubu mu ngengo y’imari ya 2018/2019 ibihugu bimaze gutanga imisanzu ku kigero hafi cya 60 %.

Mfumukeko yavuze ko nubwo hakirimo ubukererwe bidakabije cyane kuko ngo hari indi miryango ibihugu bimara n’imyaka itanu bitaratanga imisanzu.

Ibihugu by’u Burundi na Sudani y’Epfo ntibyitabiriye umwiherero. Nduhungirehe yavuze ko u Burundi bwabandikiye bumenyesha ko butazaza kubera impamvu ziri mu gihugu naho Sudani y’Epfo yo ntacyo yigeze ibamenyesha.

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba washinzwe mu 1967 usenyuka mu 1977. Wongeye kubyutswa mu mwaka wa 1999.

2019-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Kagame na Habineza bemejwe by’agateganyo, abandi bahabwa iminsi 7, kuzuza ibisabwa

Editorial 01 Jul 2017
Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Bombori bombori hagati ya FARDC na Wazalendo

Editorial 22 Nov 2024
Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Editorial 19 Apr 2017
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Administrator 27 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!
Amakuru

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Editorial 26 May 2023
Burundi : Lt. Col  Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.
Mu Rwanda

Burundi : Lt. Col Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.

Editorial 22 Mar 2016
FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”
Amakuru

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”

Editorial 05 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru