• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere
Perezida Uhuru Kenyatta

Perezida Kenyatta aramenya ibye kuri uyu wa mbere

Editorial 19 Nov 2017 POLITIKI

Kuri uyu wa  mbere tariki 20 uku kwezi nibwo Perezida Uhuru Kenyatta azamenya yuko tariki 28 na none z’uku kwezi agomba kurehirira kuzongera kuyobora Kenya muri manda ya kabiri ari nayo ya nyuma.

Nk’uko bitangazwa na Perezida w’urukiko rw’ikirebga, Chief Justice David Maranga, kuri iyo tariki ya 20 uku kwezi nibwo abacamanza batandatu b’urukiko rw’ikirenga bazafata umwanzuro w’uko mu matotora aherutse Perezida Kenyatta yayatsinze binyuze cyangwa bitanyuze mu kuri.

Amatora ya Perezida wa Repubulika aherutse muri Kenya yabaye tariki 26 z’ugushize aho Uhuru Kenyatta yabonye amajwi angana na 98 %. Aya matora yari ay’isubiramo kuko ibyavuye muyakozwe mbere, tariki 8/8/2018 byari byasheshwe n’urwo rukiko rw’ikirenga ngo kuko rwasanze muri yo hari byinshi byakozwemo kandi bitari byubahirije amategeko.

Muri ayo matora ya tariki 8/8/2018 Uhuru Kenyatta yari yatsinze n’amajwi 54.3 % naho uwo bari bahanganye cyane, Raila Odinga, abona angana na 44.7 %. Amajwi asigaye yagabanywe n’abandi bakandida batandatu biyamamarizaga uwo mwanya w’umukuru w’igihugu.

Nyuma y’aho nibwo Odinga n’ihuriro ry’imitwe ya politike yari ayoboye (NASA) batanze ikirego yuko mu matora no mwibarura ryayo hari ibintu bitari byubahirije amategeko, rusaba urukiko yuko yasubirwamo. Urukiko rw’ikirenga rwaburanishije urwo rubanza rufata umwanzuro yuko koko hari ibyakozwe bitari byubahirije amategeko, rutegeka yuko amatora ya Perezida asuburwamo.

Itariki y’isubirwamo ry’amatora ryegereje Raila Odinga yahamagariye abayoboke be kutazayitabira ngo kuko na none yari agiye gukorwa mu buriganya, buhesha intsinzi Uhuru Kenyatta.

Mu byo Odinga na NASA ye basabaga yuko byahinduka kwari ugukuraho abayobozi ba komisiyiyo y’amatora (IEBC) cyanea cyane Perazida wayo,  Wafula Chebukati, n’icapiro ry’impapuro z’amatora rikamburwa iryo muri Dubai !

Ibyo ntabwo byakozwe Odinga ahamagarira abayoboke be kutazitabira amatora, koko barabikora bituma Kenyatta yibonera ari hafi y’i 100 % ! Aya matora y’isubirwamo yitabiriwe n’abantu bangana na 38.8 %, ugereranyije na 79 % bari bitabiriye aya mbere !

Ibi birego urukuko rw’ilirenga ruzafatira umwanzuro kuwa mbere ntaho bihuriye n’ibyo Odinga yasabaga mbere yuko amatora asubirwamo, nk’uko atari nawe wabitanze. Byatanzwe n’abandi baturage ba Kenya batari no ku rutonde rw’abantu umunani biyamamazaga !

Ikirego cya mbere cyatanzwe n’umucuruzi w’igeze kuba umudepite, John Harun Mwau, naho ikindi gitangwa n’abantu babiri, aribo Njonjo Mue na Khelef Khalifa uyobora Muslims for Human Rights.

Ikirego cya Mwau kivuga yuko mu isubirwamo ry’amatora tariki 26/10/2017 IEBC yagombaga kwandikisha bushya abifuzaga kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ntipfe gusubizaho abari biyamamaje ubushize (tariki 8/8/2017).

Ikirego cya Mue na Khalifa kikavuga yuko imvururu n’iterabwoba byaranze amatora bitari gutuma akorwa mu buryo bwubahirije amategeko.  Bakanavuga kandi yuko na komisiyo y’amatora, cyane iyobowe na Wafula Chebukuti itari gushobora kuyobora neza amatora !

Kuwa mbere rero nibwo ba bacamanza batandatu bazafata umwanzuro. Nibavuga yuko amatora yakozwe mu buryo bwubahirije amategeko, Uhuru Kenyatta azarahira tariki 28 uku kwezi. Abo bacamanza nibaruca ukundi amatora muri icyo gihugu, kimaze kuyarambirwa, akazasubirwamo mu minsi itarenze 60 !

Casmiry Kayumba

2017-11-19
Editorial

IZINDI NKURU

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Editorial 22 Jan 2025
Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Editorial 24 Apr 2017
Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Editorial 19 Sep 2018
Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Editorial 11 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize
UBUKUNGU

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Editorial 05 Dec 2019
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.
Mu Rwanda

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Editorial 05 Sep 2017
Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe
INKURU NYAMUKURU

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Editorial 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru