• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Editorial 05 May 2018 ITOHOZA

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni avuga ko Leta ya Congo, yashyizweho na Bagashakabuhake nyuma yo kwica intwari Patrice Lumumba.

Perezida Museveni yatangaje ibi, ubwo yitabiraga inama y’ishyaka SPLM (Mouvement populaire de libération du Soudan) yatumiwemo na Perezida Salvir Kiir wa Sudani y’Epfo nk’umushyitsi w’imena, ku wa Kane tariki ya 3 Gicurasi 2018.

Perezida Museveni umaze imyaka 32 ayobora Uganda, avuga ko Congo itayobowe n’umunyecongo ufite intekerezo nk’iza Lumumba, ahubwo ko iyobowe n’abo bagashakabuhake bakoresha.

Ati “Ibihugu bya ba Gashakabuhaje byaraje byica Lumumba mu 1960, bimushinja kuba umukominisiti (communiste), biramwica kuko atari baringa, bamaze kumwica bashyiraho uw’agakingirizo, kuva ubwo Loni iri muri Congo”.

Nk’uko ikinyamakuru Jeune Afrique kibitangaza, ngo ntabwo ari inshuro ya mbere Perezida Museveni w’imyaka 73 anenze imikorere ya Loni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ubwo ingabo za Loni (MONUSCO) zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, zagabwagaho igitero mu Ukuboza 2017, muri Kivu y’Amajyaruguru, abasirikare 15 bakomoka muri Tanzania bakahasiga ubuzima, nyuma y’iminsi itatu icyo gitero kibaye, Museveni yahise anenga imikorere y’ingabo za Loni ndetse anashimangira ko zitera inkunga inyeshyamba za ADF/Nalu zimurwanya.

Icyo gitero cyaguyemo abasirikare ba Tanzania 15 abandi 54 bagakomereka, byatangajwe ko cyagabwe n’inyeshyamba za ADF/ Nalu z’abasilamu, zikomoka muri Uganda, zikaba zirwanira mu mashyamba ya Congo.

Izi ngabo za Loni, Perezida Museveni anenga zimaze imyaka isaga 20 ku butaka bwa Congo.

2018-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Editorial 15 Aug 2018
Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Editorial 28 Oct 2023
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Editorial 02 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 08 Dec 2022
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   
Amakuru

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Editorial 28 Sep 2022
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”
Amakuru

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru