• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 May 2017 ITOHOZA

Maze iminsi nitegereza ibintu bibera hano mu Bubiligi ku ipfobya rya Jenoside yakorewe abatutsi bikantera agahinda none niyemeje kugira icyo mbivugaho.

Ku italiki ya 09/04/2017 mu Bubiligi habereye misa yo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Uwo muhango ugayitse, abawuteguye bakanawushyira mu bikorwa bawise ngo « kwibukira hamwe no kwibuka bose ». Igitangaje kandi kinababaje cyane ni uko bamwe mu batutsi bo mu Bubiligi bataye umurongo aribo usanga babishishikayemo cyane ndetse akaba aribo ubona bishyira imbere cyane mu mihango nk’iyo y’amafuti yo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.

-6384.jpg

Abagore ba RNC -Belgique

Ibyo bigakorwa mu nyungu baharanira zidasobanutse. Ubwo abo bose baba barangajwe imbere n’ibigarasha bikuru byo muri RNC nka ba Micombero Jean Marie, Alexis Rudasingwa bita Kanyombya, ndetse n’abandi bafatanya mafuti babo bo muli FDU-Inkingi barimo uwitwa Sebatware, n’abandi.

-6386.jpg

Micombero Jean Marie

-6383.jpg

Ngabo bamwe mu bigarasha by’abagore ba RNC mu ngirwa misa yo ku italiki 09/04/2017. Imbere ni Ingabire Marie Claire akurikiwe na Mukakalisa Josiane na Kayitesi Lydie

-6384.jpg

Kuri iyi photo yindi ibumoso ni Kayitesi Lydie wa RNC, babili hagati bakaba ari ibigarashakazi byo muri FDU, iburyo ni Mukakalisa Josiane wa RNC.

Izo ngirwa misa z’amafuti ziba ziyobowe n’umupadiri w’umuhezanguni kabuhariwe witwa Athanase Mutarambirwa, wavuye mu Rwanda ahunze.

Uyu mu padiri yari yarananiranye muri Diocèse ya Kabgayi kubera ingengabitekerezo ya Jenoside n’ubuhezanguni bye. Buri gihe aba yigamba ko ko akomoka mu miryango y’abaparimehutu bo kwa Kayibanda Grégoire.

-6385.jpg

Umuhezanguni Padiri Mutarambirwa Athanase

Iyo urebye bamwe muri abo bantu bishyira imbere mu mihango nk’iyo ipfobya Jenoside yakorewe abatutsi bigutera kwibaza.

Nk’uriya mugore witwa Kayitesi Lydie, akomoka mu muryango wa nyakwigendera Pasteur Gatsinzi Fidèle. Uyumusaza uherutse kwitaba Imana yari umuntu w’inyangamugayo kandi wubahwaga n’abari bamuzi bose.

Uyu mu Pasteur yaje kujya mu Burayi agiye kwivuza maze ageze mu Bubiligi yakirwa n’umukobwa we Kayitesi Lydie. Umukobwa aba afatanyije se n’ububabare bw’uburwayi amwumvisha ko ngo kugira ngo abashe kuvurwa agomba kwinjira muri RNC.
-6387.jpg

Kayumba Nyamwasa umuhuza bikorwa wa RNC

Cyakora umusaza yaje kwitaba Imana atarajya muri ayo mafuti. Ubwo nyuma hakurikiraho amakimbirane yo kwohereza umurambo we gushyingurwa mu Rwanda.

Ikigarasha Lydie yashakaga ko ibyo kwohereza umurambo wa se bikorwa na RNC yo mu Bubiligi, ariko abandi basigaye bo mu muryango bose baranga bavuga ko badashaka RNC mu muryango wabo.

Ubwo umurambo waje kwoherezwa mu Rwanda bikozwe n’abandi bana ba Pasteur baba mu Bubiligi ndetse babifashijwemo na Ambassade y’u Rwanda mu Bubiligi.
Kayitesi Lydie afatwa atyo nk’umuntu utagira ubwenge ndetse n’igicibwa mu muryango ku buryo atigeze yemererwa no gusezera bwa nyuma kumurambo wa se mbere y’uko woherezwa mu Rwanda. None nguwo aririrwa mu mafuti ngo yo « kwibuka bose ».

Umusomyi wa Rushyashya

2017-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Jonathan Musonera  yatetse umutwe abeshya ko  yatumwe n’ umuryango  Col. Karegeya?

Jonathan Musonera yatetse umutwe abeshya ko yatumwe n’ umuryango Col. Karegeya?

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ibyo wamenya ku Banyarwanda bagiye gukurikiranwa n’inkiko z’u Bubiligi

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye
Amakuru

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18
Amakuru

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Ubwanditsi 17 Nov 2023
Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye
IMIKINO

Hagiye kubaho guma guma Superstar yabayitwaye

Ubwanditsi 26 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru