• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 May 2017 ITOHOZA

Maze iminsi nitegereza ibintu bibera hano mu Bubiligi ku ipfobya rya Jenoside yakorewe abatutsi bikantera agahinda none niyemeje kugira icyo mbivugaho.

Ku italiki ya 09/04/2017 mu Bubiligi habereye misa yo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Uwo muhango ugayitse, abawuteguye bakanawushyira mu bikorwa bawise ngo « kwibukira hamwe no kwibuka bose ». Igitangaje kandi kinababaje cyane ni uko bamwe mu batutsi bo mu Bubiligi bataye umurongo aribo usanga babishishikayemo cyane ndetse akaba aribo ubona bishyira imbere cyane mu mihango nk’iyo y’amafuti yo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi.

-6384.jpg

Abagore ba RNC -Belgique

Ibyo bigakorwa mu nyungu baharanira zidasobanutse. Ubwo abo bose baba barangajwe imbere n’ibigarasha bikuru byo muri RNC nka ba Micombero Jean Marie, Alexis Rudasingwa bita Kanyombya, ndetse n’abandi bafatanya mafuti babo bo muli FDU-Inkingi barimo uwitwa Sebatware, n’abandi.

-6386.jpg

Micombero Jean Marie

-6383.jpg

Ngabo bamwe mu bigarasha by’abagore ba RNC mu ngirwa misa yo ku italiki 09/04/2017. Imbere ni Ingabire Marie Claire akurikiwe na Mukakalisa Josiane na Kayitesi Lydie

-6384.jpg

Kuri iyi photo yindi ibumoso ni Kayitesi Lydie wa RNC, babili hagati bakaba ari ibigarashakazi byo muri FDU, iburyo ni Mukakalisa Josiane wa RNC.

Izo ngirwa misa z’amafuti ziba ziyobowe n’umupadiri w’umuhezanguni kabuhariwe witwa Athanase Mutarambirwa, wavuye mu Rwanda ahunze.

Uyu mu padiri yari yarananiranye muri Diocèse ya Kabgayi kubera ingengabitekerezo ya Jenoside n’ubuhezanguni bye. Buri gihe aba yigamba ko ko akomoka mu miryango y’abaparimehutu bo kwa Kayibanda Grégoire.

-6385.jpg

Umuhezanguni Padiri Mutarambirwa Athanase

Iyo urebye bamwe muri abo bantu bishyira imbere mu mihango nk’iyo ipfobya Jenoside yakorewe abatutsi bigutera kwibaza.

Nk’uriya mugore witwa Kayitesi Lydie, akomoka mu muryango wa nyakwigendera Pasteur Gatsinzi Fidèle. Uyumusaza uherutse kwitaba Imana yari umuntu w’inyangamugayo kandi wubahwaga n’abari bamuzi bose.

Uyu mu Pasteur yaje kujya mu Burayi agiye kwivuza maze ageze mu Bubiligi yakirwa n’umukobwa we Kayitesi Lydie. Umukobwa aba afatanyije se n’ububabare bw’uburwayi amwumvisha ko ngo kugira ngo abashe kuvurwa agomba kwinjira muri RNC.
-6387.jpg

Kayumba Nyamwasa umuhuza bikorwa wa RNC

Cyakora umusaza yaje kwitaba Imana atarajya muri ayo mafuti. Ubwo nyuma hakurikiraho amakimbirane yo kwohereza umurambo we gushyingurwa mu Rwanda.

Ikigarasha Lydie yashakaga ko ibyo kwohereza umurambo wa se bikorwa na RNC yo mu Bubiligi, ariko abandi basigaye bo mu muryango bose baranga bavuga ko badashaka RNC mu muryango wabo.

Ubwo umurambo waje kwoherezwa mu Rwanda bikozwe n’abandi bana ba Pasteur baba mu Bubiligi ndetse babifashijwemo na Ambassade y’u Rwanda mu Bubiligi.
Kayitesi Lydie afatwa atyo nk’umuntu utagira ubwenge ndetse n’igicibwa mu muryango ku buryo atigeze yemererwa no gusezera bwa nyuma kumurambo wa se mbere y’uko woherezwa mu Rwanda. None nguwo aririrwa mu mafuti ngo yo « kwibuka bose ».

Umusomyi wa Rushyashya

2017-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021
Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Ubwanditsi 23 Dec 2019
France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

France 24 yongeye kotswa igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye
INKURU NYAMUKURU

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Ubwanditsi 16 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru