• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Perezida Museveni yirukanye Minisitiri Gen.Tumukunde na  IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 04 Mar 2018 ITOHOZA

Kuri icyi cyumweru tariki o4 Werurwe ,Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yashyizeho Elly Tumwiine nka Minisitiri w’umutekano mushya na Mr.Okoth Ochola nk’umukuru w’igipolisi cya Uganda (IGP) ndetse na Brigadier Sabiti Muzeei wagizwe umuyobozi wungirije mukuru wa polisi (DGPO).

Inyandiko ishyiraho aba bayobozi yasinyweho na Perezida Museveni kuri uyu wa 04 Werurwe nkuko bigaragara kurukuta rwe rwa Twitter iragira iti: “Mu bubasha mpabwa n’amategeko nk’umukuru w’igihugu buri mu ngingo ya 113 (1), ingingo ya 213 (2) z’itegekonshinga ya Repubulika ya Uganda, Nshyize mu nshingano Elly Tumwiine nka Minisitiri w’umutekano, Mr. Okoth Ochola nk’umuyobozi wa polisi (IGP) ndetse na Sabiti Muzeei nk’imuyobozi mukuru wungirije wa polisi ya Uganda,”

Amakuru ava Uganda ni uko uyu muyobozi mushya wa Polisi Ocola Okoth niwe wari wungirije Kale Kayihura mu gipolisi naho umwungiriza we mushya Sabiiti Muzei bivugwa ko ari n’umuhungu wa Perezida Museveni yabyaye kuwundi mugore yari hanze kwiga . Ikindi  kivugwa ni uko  Sabiiti Muzei ari umuntu wubashywe murwego rw’igisilikare kubera yabaye uwungirije Special Forces Command ikiyoborwa na Muhoozi Keinarugaba umwana w’imfura wa Perezida Museveni.

Gen. Tumukunde yagiriraga ishyari cyane Kale Kayihura kuko Perezida Museveni amwiyumvamo kumurusha,  biryo yashyizeho ikinyamakuru SoftPower  cy’umudamu wahoze ashinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida Museveni ariko mu by’ukuri ntabwo ari byo! Nubwo uwo mudamu, Sarah Kagingo agikorera akitwa yuko anagikuriye ariko SoftPower.com ni igitangazamakuru  cyashinzwe na Tumukunde murwego rwo gusenya Kale Kayihura no gukora  propaganda z’inzego z’iperereza muri Uganda (CMI)  na ISO, by’umwihariko SoftPower igakoreshwa na Minisitiri w’umutekano muri Uganda, General Henry Tumukunde na murumuna wa Perezida w’icyo gihugu, General Salim Saleh ndetse na CMI.

Mu minsi ishize Gen. Tumukunde  na CMI bijanditse mu bikorwa byo gushimuta abanyarwanda muri Uganda afatanije na RNC ishyaka rya Kayumba Nyamwasa n’undi munyarwanda witwa Rugema Kayumba  ukorera umutwe wa RNC muri ibyo bikorwa. Ariko ibi Museveni akabihakana yivuye inyuma avuga ko atabizi.

Gen. Tumukunde yafunzwe  imyaka 8 na Perezida Museveni kubera ko yari mugatsiko k’abasilikare batishimiye ihindurwa ry’itegeko nshinga muri 2005. Yaje gusabirwa imbabazi na Fist Family kuko afitanye isano ya bugufi na Madamu wa Museveni, aramurekura ariko ajya ku gatebe. Yaje kuba Minisitiri w’Umutekano mu gihugu bivuze ko ari nawe uyobora ISO na ESO.

Nguko uko yatangiye kwihimura kuri Kale  Kayihura  wamufunze  iyo myaka 8,   kubera kwivanga muri politiki; ari naho haturutse urwango rukomeye hagati yabo. Tumukunde  yatangiye  kwamamaza  cyane Perezida Museveni  na NRM byo kwikundwakaza , ariko abikora nabi bimuviramo gukora amakosa  menshi  muri Diplomasi no  gusenya inzego za Polisi ya Uganda. Tumukunde aherutse gushimagiza  cyane Kiiza Besigye ngo ni umuntu ukomeye muri Uganda.

 

2018-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Polisi ya Israel irategura mu buryo bukomeye kuza k’Umukiza (MESSIAH).

Ubwanditsi 12 Jan 2017
U Bwongereza  bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

U Bwongereza bwatangiye iperereza ku banyarwanda batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ubwanditsi 20 Jul 2019
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

RUSHYASHYA 03 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC
Uncategorized

Ikipe ya Rayon Sports yasinyishije Lomami Marcel nk’umutoza wungirije ndetse na Mushimiyimana watandukanye na APR FC

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Ubwanditsi 21 May 2018
Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo
Amakuru

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Ubwanditsi 23 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru