• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Editorial 21 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, imbere y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ku nshuro ya 77 yarunze ibibazo bye ku Rwanda aho yavuzeko rwamuteye rwihishe inyuma ya M23. Ibi ntawe byatangaje kuko byari byitezwe urebye ibibazo Perezida wa Kongo ari guhura nabyo mu gihe manda ye iri kurangira.

Kuva Tshisekedi yagera ku butegetsi, nta mutwe numwe witwaje intwaro yigeze atsinda habe na ADF nubwo yahawe umusada na Uganda. Icyo gihe kandi ajya ku butegetsi ntabwo M23 yari yakubuye intwaro. Ahubwo ikivugwa ni uko Tshisekedi yagiranye amasezerano y’ibanga na M23 ko izamufasha gukora Brigade Speciale igizwe na Batayo ebyiri za M23, Batayo ebyiri z’abasirikari ba Jean Pierre Bemba na batayo ya FARDC ikaba ifite ubutumwa budasanzwe bwo kwigizayo imitwe yitwaje intwaro.

M23 yavuye muri Uganda icumbika muri Kongo ku mupaka itegereje ko amasezerano yubahirizwa, aho kubahirizwa ingabo za Kongo zagabye igitero kuri M23 nuko indege zabo zirahanurwa. Tshisekedi yigaranzura M23 kubera kumvira politiki y’imbere mu gihugu.

Tshisekedi ahora yikanga Coup D’Etat dore ko no ku munsi w’ejo Lt Gen Philemon Yav yatawe muri yombi ashinjwa Coup d’Etat ni nyuma ya Francois Beya wabaye umukuru w’inzego z ‘ubutasi. Tshisekedi agomba gushaka uwo yegekaho ibibazo bye kandi agaragaze ko igihugu cye kiri mu ntambara bityo amatora ayasubike.

Tugarutse ku matora, kuva mu mwaka wa 2005, amatora yashobotse kubera MONUSCO kuko niyo yatwara ibikoresho mu gihugu cyose, ariko ubu urabona ko bashaka kwirukana MONUSCO bivuga ko badashaka amatora.

Tshisekedi rero kwifata mu ijambo ry’iminota 39 akavuga u Rwanda iminota hafi 20, bigaragara ko hari icyo muri we ari guhunga. Mu bindi Tshisekedi yise FDLR abatavuga rumwe na Leta yirengagije ko ari umutwe ugizwe nabasize bahekuye u Rwanda kandi yongeraho ko itakibaho. Uku kuvugira uyu mutwe ni uko Raporo y’Itsinda ry’Impuguke za LONI zatangaje ko FDLR ifasha FARDC kurwanya umutwe wa M23.

Mu bindi bibazo Tshisekedi ari guhunga yasize muri Kongo harimo amarozi kurwego rwo hejuru rwa gisirikari aho Col Augustin Kahombo Rambo wari muri Batayo ya 34 yatawe muri yombi ashinjwa kuroga Brig Gen Ghslain Tshinkobo wapfuye tariki 16 Kanama 2022.

Ibi nibyiyongera ku bindi bibazo bya politiki aho usanga abanyekongo bafite uwo bumva nka Perezida kurusha Tshisekedi akaba abona atazatsinda amatora, bityo kwegeka ibibazo bya Kongo ku Rwanda byatuma amara kabiri noneho agasunika amatora atizeye gutsinda.

2022-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Police FC ibifashijwemo na Usengimana yatsinze Muhanga FC

Editorial 12 May 2016
IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

IGP yashimye urubyiruko rw’abakorerabushake anarusaba kuzagira uruhare mu cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Editorial 01 Jun 2016
Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Editorial 20 Mar 2018
ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

ADEPR ivuga iki ku ifungwa n’iyicarubozo ry’abayoboke bayo muri Uganda

Editorial 01 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara
Mu Mahanga

Uko Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma, abayobozi b’inzego na ba Guverineri b’Intara

Editorial 06 Oct 2016
Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame  yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru  mu Karere ka Burera na Gakenke
Mu Rwanda

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Editorial 31 Jul 2017
Addis Ababa: Perezida  Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU
INKURU NYAMUKURU

Addis Ababa: Perezida Kagame yitabiriye inama azatangamo inshingano za AU

Editorial 09 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru