• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Perezida wa “CAF”Ahmad Ahmad yavuze ko ntacyo yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamwita Vincent De Gaulle

Editorial 13 Mar 2018 IMIKINO

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika ‘CAF’, Ahmad Ahmad  yavuze ko nta kintu na kimwe yaganira na Perezida wa FERWAFA Nzamitwa Vincent De Gaulle ku matora ateganyijwe kuko bitari mu nshingano ze.

Ahmad Ahmad yageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuwa 10 Werurwe 2018 aho bwakeye ajya gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruhereye ku Gisozi aho yunamiye akanaha icyubahiro imibiri iharuhukiye, akaba yaranasobanuriwe byinshi byerekeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Kuri uyu wa 12 Werurwe 2018 yatanze ikiganiro mu nama mpuzamahanga y’Afurika yunze ubumwe yiga ku iterambere ry’itangazamakuru muri Afurika. Nyuma yaho akaba yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru.

Mu kigniro n’itangazamakuru akaba yavuze ko hari byinshi byigiwe muri iyo nama n’ubwo bitarangira ariko akaba yizera ko hari igishobora kuzakorwa amateleviziyo akajya yoroherezwa kwerekana marushanwa y’Afurika.

Yagize ati”Icyo nabwiye iyo urebye igiciro cyo kwerekana umukino umwe muri Afurika kiri hasi cyane aho usanga umukino umwe kugira ngo wemererwe kuwerekana bigusaba amayero 200 gusa ni make cyane, ariko bamwe mu bantu, bamwe mu bafite amateleviziyo, bimwe mu bihugu usanga batabizi icyo turimo gukora ni ukubasobanurira haba hari ikibazo tukaba twagerageza kubasobanurira. Icyo tugamba gukora ni ugushyiraho uburyo bworoshye bwatuma buri muntu yaza kuganira natwe, hari iniora nyinshi turamutse twicaye hamwe tukaganira kuri iyi ngingo tukaba twakibonera igisubizo.”

Perezida wa CAF kandi yabajijwe niba hari ikintu yaba yaganiriye na perezida wa FERWAFA ku matora y’iyi federasiyo ateganyijwe mu mperaza z’uku kwezi maze avuga ko nta na kimwe kuko ibyo CAF na FIFA bafite abo babishinze.

Yagize ati”sinigeze nganira nawe ku byerekeye amatora, ku bwanjye ni perezida w’agateganyo ndi hano mu Rwanda, ni nshuti yanjye, ndasura na federasiyo, amatora ni kintu gikomeza gitwara umwanya …. Hari komite ya CAF na FIFA igomba kuyakurikirana njye ntabwo ngomba kuvuga ikintu na kimwe cyerekeranye n’amatora.”

Biteganyijwe ko Ahmad Ahmad asubira mu Cairo mu Misiri ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Werurwe 2018 nyuma y’uruzinduko rw’iminsi 3 yagiriye mu Rwanda.

yari kumwe n’abaje bamuherekeje

Abanyamakuru bari bitabiriye iki kiganiro

Nzamwita Vincent De Gaulle ni umwe mu bitabiriye iki kiganiro

2018-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Jonathan Vervenne n’ikipe ye ya Quick-Step Devo Team begukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2024

Editorial 18 Feb 2024
Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC

Kayitaba Jean Bosco wakiniraga AS Kigali yatijwe amezi atandatu muri Police FC

Editorial 30 Dec 2022
Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Mu mukino we mbere wa Rwatubyaye Abdoul mu ikipe ya FC Schkupi yo muri Macedonia batangiye bawutsinda igitego kimwe ku busa.

Editorial 04 Mar 2021
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Editorial 15 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.
Mu Rwanda

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Editorial 22 Aug 2017
Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Editorial 25 Aug 2017
Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye
INKURU NYAMUKURU

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Editorial 05 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru