• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Editorial 19 May 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ubwo yitabiraga umuhango wo kurahira kwa Perezida Kaguta Museveni wa Uganda wabaye mu cyumweru gishize, Perezida w’uBurundi Evariste Ndayishimiye yavugiye i Kampala amagambo yatunguye benshi, baba abari baba n’abakurikiraniye hafi ibinyoma bye.

Perezida Ndayishimiye wita Museveni “Umubyeyi w’uBurundi’’ (abenshi babifashe nko gushyanuka), yarihanukiriye avuga ko uRwanda rwafunze umupaka warwo n’uBurundi ngo kugirango ibicuruzwa biva muri Uganda bitagera mu Burundi.

Nyamara isi yose irabizi ko u Burundi aribwo bwafashe iyambere mu gufunga umupaka buhuriyeho n’uRwanda ngo ku mpamvu z’umutekano, buza no gushimangira icyo cyemezo cyo gufunga imipaka yose yo ku butaka, ngo mu rwego rwo kurwanya COVID-19.

Ubwo u Burundi bwafungaga umupaka warwo n’uRwanda, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda cyatangaje ko icyo cyemezo kibangamiye inyungu z’ibihugu byombi, ndetse kikaba kinyuranyije n’amasezerano y’ubuhahirane hagati y’ibihugu bigize Umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba.

Nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye muri Uganda, yanavugiye i Bujumbura ko urwo ruzinduko ngo rwababaje u Rwanda, ariko ntiyavuga umuyobozi wo mu Rwanda nibura umwe wagaragaje ako kababaro, cyangwa icyagateye.

Abasesenguzi bavuga ko aya magambo ya Evariste Ndayishimiye yayavuze agirango ahakwe kuri Museveni, afata nk’umuntu ushobora kumuvuganira ubutegetsi bwe bugatora agatege, dore ko bukomeje gugaragaza ko buhungetwa.

Uko byagenda kose, ibi biyoma bya Evariste Ndayishimiye binyuranye n’ibyo Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame aherutse gutangaza, ubwo yagaragazaga ko uRwanda n’uBurundi biri mu nzira nziza yo kuvana agatotsi mu mubano w’ibihugu byombi.

Birashoboka rero ko u Rwanda rwaba rufite ubushake bwo gusubiza ibintu mu buryo, mu gihe ku rundi ruhande rw’Akanyaru bagishyize imbere uburyarya ngo gushimisha ‘’Papa wabo’’ Museveni utifuriza u Rwanda icyiza na kimwe.

2021-05-19
Editorial

IZINDI NKURU

Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara

Uvira: Biravugwa ko ingabo z’u Burundi zigaruriye ibirindiro bya RED-Tabara

Editorial 08 Nov 2018
Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Amavubi yitegura Sudan aratangira imyitozo, ibitego 25 nibyo byabonetse ku munsi wa 9 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 14 Nov 2022
Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Editorial 17 Feb 2017
Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Editorial 19 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu
Mu Rwanda

Meddy yatunguwe n’umwana wamusabye kutamusiga mu gitaramo cya Airtel Muzika i Rubavu

Editorial 22 Oct 2017
Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura na we yarekuwe by’agateganyo

Editorial 28 Aug 2018
Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo
Amakuru

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Editorial 08 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru