• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Editorial 08 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego yaba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo ni imwe mu nkingi ituma habaho kurwanya ibyaha ndenga mipaka ndetse n’ibyaha bikoresha ikoranabuhanga.

Umuyobozi wungirije w’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibyaha ndengamipaka ndetse n’ubutwererane Assistant Commissioner of Police (ACP) Peter Karake yatangaje ko Polisi y’u Rwanda igenda ibona inyungu muri gufatanye hagati y’ibihugu.

ACP Karake yagize ati”ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego buratera imbere uko iminsi igenda ihita cyane cyane mu guhanahana amakuru hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha hagati y’ibihugu bigize umuryango wa Polisi mpuzamahanga, INTERPOL”.

Avuga ko atari u Rwanda gusa rubigiramo inyungu ndetse n’Akarere k’ibiyaga bigari muri rusange aho atangaza ko ubu imipaka igera kuri 13 yashyizweho ikoranabuhanga ribafasha gutanga amakuru ku rwego mpuzamahanga.

Yagize ati” tumaze gufata imodoka z’injurano 12 zivuye mu Buyapani, Uganda, Kenya, Ubwongereza ndetse no mu Bubiligi; ibiyobyabwenge (Cocaine) bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 720, 000; abantu bagera kuri 6 bagiye gucuruzwa hanze ndetse n’amafaranga y’amajurano agera kuri miliyoni 32 kandi yasubijwe ba nyirayo”
ACP Karake yongeyeho ko abacuruzi 9 kabuhariwe mu biyobyabwenge bafashwe ndetse n’abakekwaho gukora ibyaha bya genocide.

Si ibyo gusa kandi byafashwe kuko n’ibicuruzwa bya magendu harimo ibiribwa, imiti ndetse n’urumogi bifite agaciro k’amadolari y’Amerika 40,000 byafashwe kubera ubufatanye hagati y’ibihugu bigize umuryango wa Polisi mpuzamahanga, INTERPOL.
ACP Peter Karake akomeza atangaza ko u Rwanda rwashyize muri za Ambasade zayo mu bihugu nka Kenya, Uganda n’u Burundi, Abapolisi bashinzwe gukurikirana no kuzamura ubwo bufatanye (Police attaché) mu rwego rwo kunoza ibijyanye n’iperereza.

ACP Karake atangaza ko inyungu zageze no ku bapolisi aho bamwe ubu bahawe amasomo atuma bongererwa ubumenyi mu kurwanya ibyaha ndengamipaka harimo nk’icuruzwa ry’abantu, ibyaha bikorerwa kuri mudasobwa (cyber crimes), icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, iterabwoba ndetse n’ibindi.

Ni muri urwo rwego ubu hari abapolisi 8 bari guhabwa amasomo na INTERPOL aho bari gushaka ubunararibonye ibi kandi bikazabafasha mu kazi mu gihe bazaba bagarutse mu Rwanda.

Ubutwererane n’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’amahanga bugaragarira kandi mu bikorwa mpuzamahanga byo kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye, kugeza ubu rukaba rufite abapolisi bagera hafi 900 mu butumwa bwa LONI mu bihugu 6 bitandukanye, ndetse bamwe bakaba bafite imirimo ikomeye aho bayoboye Polisi y’umuryango w’abibumbye muri Cote d’Ivoire (UNOCI) na Sudani y’epfo (UNMISS).

ACP Karake yagize ati” kubera icyizere Polisi y’u Rwanda ifitiwe mu ruhando mpuzamahanga tumaze kwakira amanama akomeye harimo inteko rusange ya INTERPOL, inama mpuzamahanga ishinzwe kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa (KICD), tutibagiwe n’inteko rusange ya Afurika ishinzwe kurwanya ibyaha bikorerwa kuri mudasobwa (cybercrimes)”

ACP Karake asoza avuga ko ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’ibindi bihugu bugikomeje aho bimaze gusinyana amasezerano mu gukumira ndetse no kurwanya ibyaha.

Aya masezerano azibanda ahanini mu guhanahana amakuru ku banyabyaha, ubufatanye mu gukora iperereza ryimbitse, guhererekanya abanyabyaha, kongerera ubumenyi abapolisi ndetse no kongera umubare w’abapolisi bajya mu butumwa bw’amahoro.

RNP

2016-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Editorial 15 Apr 2016
Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Editorial 01 Feb 2022
Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Kwigerera mu Rwanda byahise bihindura byinshi ku mitekerereze ye

Editorial 25 Oct 2016
Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Editorial 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%
INKURU NYAMUKURU

Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%

Editorial 16 Dec 2017
Intore izirusha intambwe ‘ Kagame  Paul’  yatanze Kandidatire  muri Komisiyo y’Amatora
Mu Rwanda

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame Paul’ yatanze Kandidatire muri Komisiyo y’Amatora

Editorial 22 Jun 2017
AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
POLITIKI

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru