• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Polisi yataye muri yombi Bishop Imanizabayo n’abandi 2 bashinjwa ubutekamitwe bitwaje’ Ubuhanuzi ‘

Editorial 30 Apr 2017 Mu Rwanda

Umutekamutwe Bishop Nkurikiyumukiza Jean de Dieu [ Uzwi cyane ku izina rya Imanizabayo ] wiyita Umuhanuzi n’abandi ba Pasiteri babiri barashinjwa gutekera imitwe umugabo witwa Christopher bakamurya amafaranga, bamubeshya ko ari abahanuzi bamubwira ko hari ibintu bamuteze mu buriri bwe kandi ari bo bari babishyizemo, bakamubwira ko yabaha amafaranga bakajya kubijunya muri Uganda.

Amakuru agera ku kinyamakuru Rushyashya .net avuga ko magingo aya aba ba Pasiteri uko ari batatu bari mu maboko ya polisi kuri station ya Polisi ya Kicukiro ndetse bakaba bamazemo iminsi.

Amakuru dufite ni uko ko bari kwemera icyaha bashinjwa. Bishop Nkurikiyumukiza Jean de Dieu nyuma yo kuva mu itorero Umusozi w’Ibyiringiro, kuri ubu bivugwa ko nta torero afite abarizwamo nkuko Rushyashya.net yabitangarijwe n’umwe mu bahasengeraga w’inshuti ye ya hafi utifuje ko dutangaza izina rye.

Uko ikibazo giteye

Nkurikiyumukiza Jean de Dieu Alias Imanizabayo, wahoze akorera mu itorero Umusozi w’ibyiringiro rikuriwe na Apotre Liliane Mukabandege, ubu butekamitwe ashinjwa yari abufatanyije na Pastor Siriyake n’undi mupasiteri tutabashije kumenya izina rye ndetse na Bishop Imanizabayo avuga ko atamwibuka izina.

-6429.jpg

Bagendagenda mungo biyita abahanuzi, benshi mu bapasiteri twabajije uyu mupasiteri wa gatatu tukabereka ifoto ye, bavuze ko batamuzi.

Tariki 15 Mata 2017 ni bwo aba bapasiteri bagiye i Kabuga gusengera umuntu witwa Christopher bagenda bitwaje ibintu mu mifuka bamubwira ko hari ibintu abanzi be bamuteze biri mu buriri.

Abo bapasiteri bagezeyo ngo bashyira mu buriri bya bintu bari bitwaje, barongera babikuramo, bamubwira ko bazajya kubijugunya muri Uganda. Icyo gihe bamwatse itike, abaha amafaranga 180.000 Frw barayarya. Nyuma yaho baje gusubirayo bajyanye ibindi bintu arabafata.

Bishop Imanizabayo [ CHEF DE BANDE ] nyuma yo gutabwa muri yombi na Polisi, yasabye imbabazi ndetse yemera icyaha yakoze nk’uko birI mu ijwi rye.

Mu itorero Umusozi w’Ibyiringiro hakunze kuvugwa bene ubu butekamutwe, amarozi , kuraguza n’ibindi nkibyo rushyashya .net yagerageje kuvugana na Apotre Liliane Mukabadege ngo tumubaze ku bivugwa kuri Bishop Imanizabayo wahoze ari umwe mu ba Pasiteri bafatanyaga kuyobora itorero Umusozi w’Ibyiringiro, ntitwabasha kumubona kuri terefone ye igendanwa kuku atigeze ayitaba.

Ibi bintu by’ubutekamutwe mu buhanuzi bireze hano mu Rwanda, byagiye bitera amakimbirane mu miryango, gusenya ingo, urwikekwe mu miryango, ubusambanyi kuko hari abagore basambanyirizwa mu byumba by’amasengesho, ubukene n’ibindi… kuko aba biyita abakozi b’Imana hari abo bategeka kugirisha n’ ibyo mu nzu batabyumvikanyeho n’abo bashakanye.

Abandi basigaye babaha imbago z’ibicumba bakamara igihe runaka babigisha uko bazacumbagira mu materaniro noneho bakaza kuvuga ko umwuka wabakozeho bagakira, abandi bakiturahasi ngo barimo abadayimoni. Ibi byose ari ubutekamutwe.

2017-04-30
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Editorial 10 Mar 2017
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Editorial 14 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.
Amakuru

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Editorial 01 Jun 2021
Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro
INKURU NYAMUKURU

Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Editorial 26 Oct 2018
Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe
Mu Rwanda

Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Editorial 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru