• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Editorial 26 Aug 2018 ITOHOZA

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

Polisi y’u Rwanda ifitiwe icyizere n’abaturage kubera impamvu zitandukanye zirimo; gukurikiza amategeko, kubungabunga umutekano, kurwanya ruswa, imikoranire myiza n’abaturage, uruhare rwayo mu miyoborere myiza n’ibindi.

U Rwanda ruri imbere y’ibihugu bikomeye nk’u Bwongereza buri ku mwanya wa 19, Leta zunze Ubumwe za Amerika ziri ku mwanya wa 22, u Bufaransa ku wa 29 u Budage ku wa 38, u Buyapani kuwa 16 n’u Bushinwa ku wa 60.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP Theos Badege, yavuze  ko iki cyizere abaturage bagikura ku kuba akazi ka polisi kubahiriza amategeko, kubungabunga umutekano n’ibindi.

Ubushakashatsi bugaragaza uburyo abaturage babona ibibakorerwa ‘Citizen Report Card’ bukorwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), buherutse kugaragaza ko Polisi y’Igihugu ifitiwe icyizere n’abaturage ku gipimo kingana na 98.1%.

Muri ubu bushakashatsi bwarebye umwaka wa 2017. Iki cyizere polisi igikesha ibikorwa byegereye abaturage bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo nk’uburezi, ubuzima, Girinka n’ibindi.

Polisi y’u Rwanda buri gihe iharanira ubunyamwuga binyuze mu mahugurwa ahoraho, gushishikariza abaturage kugira uruhare mu kwicungira umutekano no gukorana nayo, gukoresha ikoranabuhanga, imitangire myiza ya serivisi, kutihanganira ruswa na gato n’icyaha icyo ari cyo cyose.

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda, bwashyize Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere mu nzego zirwanya ruswa. Muri Polisi ruswa yari ku kigero cya 15.5% mu 2016 mu 2017 igera ku 8%.

Polisi yafashe ingamba zo kurwanya ruswa zirimo; gushyiraho uburyo abashaka impushya zo gutwara ibinyabiziga babikora hifashishijwe ikoranabuhanga, ikigo cy’amahugurwa cya Polisi n’ubukangurambaga.

Kuva mu 2005, Polisi y’u Rwanda yatangiye gutanga umusanzu mu bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku Isi, aho abagera ku 1200 bamaze koherezwa muri ubwo butumwa.

Boherejwe muri Sudan, Sudan y’Epfo, Centrafurika na Haiti.

Raporo ya WEF igaragaza ko Polisi za Finland, u Busuwisi, Singapore, Norvège na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu nizo ziri ku isonga mu zizerwa n’abaturage cyane ku Isi.

Ibihugu biri ku mwanya mubi cyane muri Afurika ni Afurika y’Epfo iri ku mwanya wa 118 na Nigeria iri ku wa 123.

2018-08-26
Editorial

IZINDI NKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Editorial 19 Mar 2020
Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Editorial 13 Jun 2016
Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Editorial 07 Jan 2019
Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za  M23

Kajugujugu ebyiri z’igisirikare cya Congo zahanuwe n’Ingabo za M23

Editorial 28 Jan 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Bongwa Beatrice
    August 26, 20188:49 pm -

    Nashakishe iyi raporo sinayibona yuko nifuzaga kumenya ubulyo *methodology( bwakoreshejwe ngo bagere ku myanzuro yashingiweho. Umuturanyi aherutse kumbaza ukuntu u Rwanda ruza imbere muri byose ariko hakaba ibivugwa bitandukanye nibiba muri za reports&raporo. Wakwumva ute ukuntu abaturage bgirira icyizere igipolisi mu gihe haba haligishijwe abantu buri munsi kandi ntibazaboneke? Abantu barapfa ntihaboneke ababishe kandi hari igipolisi! Yewe n’ababonetse ntibakurikiranywa. Urugero rwanditswe mu mateka ni uwishe umucuruzi Rwigara ukiri mu ihungabana lirengeje imyaka 3! Ni hehe handi wumva igipolisi kirasa abanyururu bari mu mapingu kikemezako baribagiye gucika! Akarusho rero nuko abaturage aribo birindira umutekano ndetse bakanagura uwo batabashije kurinda. Ku isi ni mu Rwanda hanyine usora ukanarenzaho umusoro wihariye w’umutekano!!! None polisi yacu irushije ubunyamwuga iya Namibiya, iya South Africa n’izindi! Nakeka ari urwenya!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza
IMIKINO

PSG yatsinze Chealsea umikno ubanza

Editorial 17 Feb 2016
Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.
Amakuru

Ntaganda Bernard wokamwe n’amacakubiri nawe ngo nagirwe “Umuziranenge”.

Editorial 27 Feb 2024
Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibyo Kizito na Ingabire bategetswe nyuma yo gufungurwa ku mbabazi za Perezida Kagame

Editorial 16 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru