• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yahinduranyije abapolisi muri Centrafurika

Editorial 11 Oct 2016 Mu Mahanga

Umutwe w’abapolisi “Formed Police Unit” cyangwa FPU ugizwe n’abapolisi 140 barimo 23 b’igitsinagore bavuye mu Rwanda ku italiki 10 Ukwakira bagiye mu butumwa bwa Loni bw’umwaka umwe bwitwa “United Nations Multi-dimensional Integrated Stabilisation Mission in Central African Republic” (MINUSCA) mu gihugu cya Centrafurika.

Uyu mutwe (RWAFPUI-III ) uyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Elias Mwesigye, ukaba ugiye gusimbura undi nkawo uyobowe na ACP Gilbert Gumira nawo waraye ugarutse nyuma yo kwambikwa imidari y’ishimwe nk’ikimenyetso cy’imikorere myiza.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, yavuze ko isura y’u Rwanda muri Centrafurika izaterwa n’imyitwarire yabo n’uko bazakora akazi.

Abakangurira kurangwa n’intego, umukuru wa Polisi y’u Rwanda yavuze ko gutanga umusanzu no kugarura amahoro ku rwego mpuzamahanga ari imwe mu ntego za Polisi y’u Rwanda, ari nayo itumye bari mu gihugu cya Centrafurika.

Gukorana n’abandi bapolisi bari muri ubwo butumwa, yavuze ko ari ikintu cy’ ingenzi cyazakomeza kubaranga kandi kizaha agaciro inshingano igihugu cyabashinze.

Yagize ati:” Buri umwe muri mwe afite icyo ashinzwe kandi ikosa ry’umwe ryakwanduza isura yanyu mwese , iya Polisi n’iy’igihugu muri rusange.”

Yabagiriye inama yo kuba ingirakamaro ku mutekano no ku kubaka amahoro mu gihugu bagiyemo , bagumana imyitwarire yabo ya kinyamwuga kandi bakarangwa n’umurimo unoze bakomeza ibyo abababanjirije bakoze.

Hagati aho, ACP Gumira yashimiye Polisi y’u Rwanda muri rusange ku buryo yabafashije kuba ku isonga mu kugaragaza ubushobozi n’ubunyamwuga mu kazi bakoze.

Umutwe yari ayoboye ni umwe mu bapolisi b’u Rwanda 448 bambitswe imidri y’ishimwe na Loni mu kwezi gushize k’uko baharaniye indangagaciro zayo zo kubaha abo mudahuje, ubunyangamugayo n’ubunyamwuga.

ACP Gumira yakomeje avuga ko mu gihe yabayoboraga ; gukorera hamwe n’indi myitwarire myiza ari byo byatumye inshingano bari boherejwemo ziborohera.

Umutwe watahutse mu Rwanda wakoraga akazi ko kurinda abavanywe mu byabo mu gihugu, bubahirije umutekano kandi igihe Papa yasuraga Centrafurika, igihe cy’amatora ndetse no mu rujya n’uruza rw’abaturage mu turere twa 3,4,5,n’aka 8 turangwamo umutekano muke mu murwa mukuru wa Bangui.

Muri iki gihugu, hari imitwe 3 irimo ibiri ya FPU n’umutwe wihariye urinda abayobozi witwa Protection Support Unit (PSU) , ikaba igizwe n’abapolisi 140 buri umwe.

-4330.jpg

Kugeza ubu, u Rwanda rufite abapolisi bagera ku 1000 mu butumwa bw’amahoro bwa Loni, 820 muri bo bakaba bari mu mitwe ishinzwe kurinda FPU na PSU, abandi bakaba mu butumwa umuntu akora ari umwe(Individual Police Officers) , aba bakaba bakora nk’abajyanama.

RNP

2016-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Editorial 26 May 2023
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Editorial 03 Jun 2019
Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Ruharwa Sosthene Munyemana yagejejwe imbere y’ubutabera nyuma y’imyaka 28 hatanzwe ikirego

Editorial 14 Nov 2023
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Editorial 23 May 2017
Amore akomeje kwagura muzika ye
IMIKINO

Amore akomeje kwagura muzika ye

Editorial 04 Mar 2016
Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19
UBUKUNGU

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 11 Frw zo kurufasha guhangana na COVID-19

Editorial 08 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru