• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Editorial 20 Apr 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’u Rwanda yashyikirije Ikigo cyo mu gihugu cya Uganda gikora ubushakashatsi mu bijyanye n’ubuhinzi cyitwa (International Institute of Tropical Agriculture-Uganda-IITA) moto yacyo yibwe muri iki gihugu iza gufatirwa mu Rwanda.

Iyo moto yo mu bwoko bwa Yamaha ifite nomero ziyiranga UDX339Z yafashwe ku itariki 27 Werurwe na sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngarama, mu karere ka Gatsibo

Igikorwa cyo kuyihererekanya cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru ku itariki 19 Mata hagati y’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi Mpuzamahanga n’ubutwererane muri Polisi Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP), Anthony Kulamba n’abakozi babiri ba IITA ari bo Ochola John na Ruzindana Antony.

Bamaze kuyishyikirizwa, Ochola yagize ati:” Iyi moto yibiwe i Kabare ku itariki 16 Mata. Ku munsi wakurikiyeho twamenyesheje Polisi y’iwacu ko twayibwe maze itwizeza ko igiye kubikurikirana.”

Yakomeje agira ati:”Mu izina rya IITA ndashima cyane Polisi y’u Rwanda kubera iki gikorwa cy’indashyikirwa cyo gufata moto yacu twari twibwe ndetse ikaba inayidushyikirije.”

Ruzindana yamwunganiye agira ati:”Ikimara kwibwa twabimenyesheje umuyobozi wacu, ndetse mwizeza ko niba uwayibye yayijyanye mu Rwanda izafatwa nta kabuza. Nyuma y’ibyumweru bibiri yarampamagaye arambwira ati: ‘Ibyo wambwiye bibaye impamo moto yacu yafatiwe mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati:”Ndashima Polisi y’u Rwanda n’iki gihugu muri rusange kuko gifite inzego z’ubuyobozi zihamye zikora ibikorwa nk’ibi by’indashyikirwa ndetse n’ibindi bitandukanye.”

ACP Kulamba yavuze ko imikoranire myiza isanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda ari yo yatumye iyi moto ndetse n’ibindi bintu bifatwa hanyuma bigashyikirizwa ba nyirabyo.

Yongeyeho ko hari izindi moto eshatu na none zafatiwe mu Rwanda mu minsi ishize zibwe muri Uganda zizashyikirizwa ba nyirazo mu minsi iri imbere.

Yagize ati:”Kurwanya ibyaha ndenga mipaka bisaba ubufatanye hagati y’ibihugu cyane cyane Polisi zabyo binyuze mu guhanahana amakuru yatuma hafatwa abafite imigambi yo kubikora cyangwa abamaze kubikora.”

ACP Kulamba yakomeje agira ati:”Umuntu wibiwe mu Rwanda ndetse n’ucyeka ko icyo yibwe cyazanywe mu Rwanda ajye abitumenyesha ku gihe kugira ngo tubikurikirane mu maguru mashya tubashe kubifatana uwakibye.”

Yasabye abaturage gukomeza kugira uruhare mu kwicungira umutekano birinda ibyaha muri rusange kandi baha Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego zibishinzwe amakuru yatuma harwanywa ikintu cyose kinyuranije n’amategeko.

RNP

2016-04-20
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer  Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Umunyezamu Ntwari Fiacre yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo

Editorial 28 Jul 2024
Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Guinée bashimye Serivisi za Isange One Stop Center

Editorial 16 Nov 2016
Perezida wa Djibouti  avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Editorial 07 Mar 2016
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Editorial 13 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo
INKURU NYAMUKURU

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Editorial 06 Jul 2019
Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa
ITOHOZA

Agashya : Abakandida muri Guverinoma ya Nahimana bari kumukwepa

Editorial 24 Jan 2017
Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 03 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru